Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bavuga ko bavuga amezi abiri n’igice yihiritse Guverinoma ibizeje gukuraho ikiguzi cya bimwe mu byangombwa bitangwa n’inzego z’ibanze, ariko bagatangazwa n’uko bagicibwa amafaranga igihe bagiye kubisaba. Hasobanuwe impamvu ibi bitarashyirwa mu bikorwa.

Amezi abiri n’igice birihiritse, Guverinoma y’u Rwanda itangaje ko yemeje igabanywa n’ikurwaho ry’imwe mu misoro n’ikiguzi cy’ibyangombwa bikenerwa n’abaturage kuri serivisi zitangwa na Leta.

Icyo gihe Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yavuze ko usibye ku misoro y’ibicuruzwa n’umutungo utimukanwa, Guverinoma yemeje ko n’amafaranga yacibwaga abaturage bagiye guhererekanya umutungo utimukanwa ndetse n’ay’ibyangombwa byatangwaga n’inzego z’ibanze birimo icyemezo cy’ubutaka, kwandikisha ubutaka, icyemzo cy’amavuko, icyangombwa cyo gusana inzu n’ibindi nkabyo, byose azakurwaho.

Abaturage bavuga ko bakimara kubyumva bari bizeye ko bigiye kwihutishwa na bo bagaturwa umuzigo w’ikiguzi kiremereye kuri izi serivisi, ariko ngo batangazwa n’uko bakijya kuzisaba bakazishyuzwa.

Kayijamahe Erneste yagize ati “N’ubu guhererekanya ubutaka biracyasaba amafaranga ibihumbi 30 birenga kandi n’ubundi ni yo bacaga, gusaba icyangombwa cyo gusimbuza indangamuntu nabyo biracyari icya tanu [1 500 Frw].”

Mukamana Daphrose we ati “Njye nta mpinduka ndabona, birakishyuzwa rwose, kandi nk’umuntu udafite ubushobozi bwo kubona ayo mafaranga usanga atabona serivisi, rero nk’uko babitubwiye nibabikore cyangwa se batubwire ko byanze tubimenye.”

Umunyambanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, yavuze ko ibyahise bikurikizwa ari ibijyanye n’umusoro ku ifu y’ibigori n’umuceri kuko byihutirwaga, ariko ibindi byo bigomba guca imbere y’Inteko Ishingamategeko ikabyemeza.

Yagize ati “Ubundi iyo Guverinoma imaze gufata ibyemezo nk’ibi, bihita byohorezwa mu Nteko ikabiganiraho, cyereka ibyihutirwa ni byo dusaba ko bihita bishyirwa mu bikrowa, urugero nk’uyu musoro w’ibiribwa wo birahita bikurkizwa kuko abaturage barabikeneye cyane.”

Nyuma y’amezi abiri avuze ibi, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko akaba n’Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza avuga ko Abadepite babigejejweho ariko ngo basanze hari ibindi bitegerejwe kandi ngo ntabwo bemerewe kubicishaho cyereka babisabwe na Minisitiri w’Intebe.

Ati “Twarabibonye babitugejejeho ariko bisanga hari ibindi nabyo bitegereje kuganirwaho. Ubwo rero twahereye kuri ibyo bihasanzwe kuko buriya tugomba kubikurikiranya uko byagiye biza, cyereka iyo Minisitiri w’Intebe adusabye ko duhita tubikoraho kuko byihutirwa, ariko n’ibyo bindi nabyo vuba turabiganiraho kuko bigiye kugerwaho.”

Umunsi byamaze kuganirwaho n’Inteko Ishinga Amategeko, biteganyijwe ko izo mpinduka zizabanza no gushyikirizwa Umukuru w’Igihugu bikajya mu iteka rya Perezida.

Abaturage basaba ko igihe ibyemezo nk’ibi bifashwe, bikwiye kujya byihutishwa bigahita bishyirwa mu bikorwa kuko hari ibikunze kuvugwa gutya bagategereza ko bizubahirizwa bagaheba.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 2

  1. Kennedy says:
    2 years ago

    Ibitihutirwa nibihe Uzi gusembera knd ufite ubutaka utemerewe kubwubaka cg kuba munzu yenda kukugeraho knd ubutaka ninzu byose aribyawe wiguriye ariko kuki mutima abaturage babangamirwa nimiyoborere ubuse niba umuntu asabwa amafaranga kuri burikintu cyose agiye gukora kumutungo yitirirwa ko aruwe ariko akawukoramo ibyabandi bashaka ubwo ubwo uburenganzira kubyawe nubuhe nyakubaho perezida Paul Kagame ahora abuza abayobozi kwiga kuburyo Leta yabona amafaranga ariko itabangamiye abaturage ark abandi bayobozi ntibabyumva ibyobintu rero rwose birabangamye hhhhh ibaze iyo umuturage arindira ko abadepite bemezako ahomba kwemererwa gusana icumbirye koko nkibyo biba bitwayiki Leta

    Reply
  2. Charles says:
    2 years ago

    Ndashima ko TV10 yabikurikiranye nanjye nari maze iminsi mbyibaza. Gusa ntabwo byunvikana ukuntu umwanzuro wafashwe mu nama ya cabinet meeting umara aya mezi yose. Byihutishwe naho ubundi imyanzuro yajya idindizwa na procedures!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − one =

Previous Post

Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’

Next Post

DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n'abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.