Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bavuga ko bavuga amezi abiri n’igice yihiritse Guverinoma ibizeje gukuraho ikiguzi cya bimwe mu byangombwa bitangwa n’inzego z’ibanze, ariko bagatangazwa n’uko bagicibwa amafaranga igihe bagiye kubisaba. Hasobanuwe impamvu ibi bitarashyirwa mu bikorwa.

Amezi abiri n’igice birihiritse, Guverinoma y’u Rwanda itangaje ko yemeje igabanywa n’ikurwaho ry’imwe mu misoro n’ikiguzi cy’ibyangombwa bikenerwa n’abaturage kuri serivisi zitangwa na Leta.

Icyo gihe Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yavuze ko usibye ku misoro y’ibicuruzwa n’umutungo utimukanwa, Guverinoma yemeje ko n’amafaranga yacibwaga abaturage bagiye guhererekanya umutungo utimukanwa ndetse n’ay’ibyangombwa byatangwaga n’inzego z’ibanze birimo icyemezo cy’ubutaka, kwandikisha ubutaka, icyemzo cy’amavuko, icyangombwa cyo gusana inzu n’ibindi nkabyo, byose azakurwaho.

Abaturage bavuga ko bakimara kubyumva bari bizeye ko bigiye kwihutishwa na bo bagaturwa umuzigo w’ikiguzi kiremereye kuri izi serivisi, ariko ngo batangazwa n’uko bakijya kuzisaba bakazishyuzwa.

Kayijamahe Erneste yagize ati “N’ubu guhererekanya ubutaka biracyasaba amafaranga ibihumbi 30 birenga kandi n’ubundi ni yo bacaga, gusaba icyangombwa cyo gusimbuza indangamuntu nabyo biracyari icya tanu [1 500 Frw].”

Mukamana Daphrose we ati “Njye nta mpinduka ndabona, birakishyuzwa rwose, kandi nk’umuntu udafite ubushobozi bwo kubona ayo mafaranga usanga atabona serivisi, rero nk’uko babitubwiye nibabikore cyangwa se batubwire ko byanze tubimenye.”

Umunyambanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, yavuze ko ibyahise bikurikizwa ari ibijyanye n’umusoro ku ifu y’ibigori n’umuceri kuko byihutirwaga, ariko ibindi byo bigomba guca imbere y’Inteko Ishingamategeko ikabyemeza.

Yagize ati “Ubundi iyo Guverinoma imaze gufata ibyemezo nk’ibi, bihita byohorezwa mu Nteko ikabiganiraho, cyereka ibyihutirwa ni byo dusaba ko bihita bishyirwa mu bikrowa, urugero nk’uyu musoro w’ibiribwa wo birahita bikurkizwa kuko abaturage barabikeneye cyane.”

Nyuma y’amezi abiri avuze ibi, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko akaba n’Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza avuga ko Abadepite babigejejweho ariko ngo basanze hari ibindi bitegerejwe kandi ngo ntabwo bemerewe kubicishaho cyereka babisabwe na Minisitiri w’Intebe.

Ati “Twarabibonye babitugejejeho ariko bisanga hari ibindi nabyo bitegereje kuganirwaho. Ubwo rero twahereye kuri ibyo bihasanzwe kuko buriya tugomba kubikurikiranya uko byagiye biza, cyereka iyo Minisitiri w’Intebe adusabye ko duhita tubikoraho kuko byihutirwa, ariko n’ibyo bindi nabyo vuba turabiganiraho kuko bigiye kugerwaho.”

Umunsi byamaze kuganirwaho n’Inteko Ishinga Amategeko, biteganyijwe ko izo mpinduka zizabanza no gushyikirizwa Umukuru w’Igihugu bikajya mu iteka rya Perezida.

Abaturage basaba ko igihe ibyemezo nk’ibi bifashwe, bikwiye kujya byihutishwa bigahita bishyirwa mu bikorwa kuko hari ibikunze kuvugwa gutya bagategereza ko bizubahirizwa bagaheba.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 2

  1. Kennedy says:
    2 years ago

    Ibitihutirwa nibihe Uzi gusembera knd ufite ubutaka utemerewe kubwubaka cg kuba munzu yenda kukugeraho knd ubutaka ninzu byose aribyawe wiguriye ariko kuki mutima abaturage babangamirwa nimiyoborere ubuse niba umuntu asabwa amafaranga kuri burikintu cyose agiye gukora kumutungo yitirirwa ko aruwe ariko akawukoramo ibyabandi bashaka ubwo ubwo uburenganzira kubyawe nubuhe nyakubaho perezida Paul Kagame ahora abuza abayobozi kwiga kuburyo Leta yabona amafaranga ariko itabangamiye abaturage ark abandi bayobozi ntibabyumva ibyobintu rero rwose birabangamye hhhhh ibaze iyo umuturage arindira ko abadepite bemezako ahomba kwemererwa gusana icumbirye koko nkibyo biba bitwayiki Leta

    Reply
  2. Charles says:
    2 years ago

    Ndashima ko TV10 yabikurikiranye nanjye nari maze iminsi mbyibaza. Gusa ntabwo byunvikana ukuntu umwanzuro wafashwe mu nama ya cabinet meeting umara aya mezi yose. Byihutishwe naho ubundi imyanzuro yajya idindizwa na procedures!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 9 =

Previous Post

Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’

Next Post

DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda
AMAHANGA

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n'abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.