Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa

radiotv10by radiotv10
05/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
2
Hatanzwe umucyo ku byashimishije Abanyarwanda bikaba bimaze amezi abiri bitarakorwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bavuga ko bavuga amezi abiri n’igice yihiritse Guverinoma ibizeje gukuraho ikiguzi cya bimwe mu byangombwa bitangwa n’inzego z’ibanze, ariko bagatangazwa n’uko bagicibwa amafaranga igihe bagiye kubisaba. Hasobanuwe impamvu ibi bitarashyirwa mu bikorwa.

Amezi abiri n’igice birihiritse, Guverinoma y’u Rwanda itangaje ko yemeje igabanywa n’ikurwaho ry’imwe mu misoro n’ikiguzi cy’ibyangombwa bikenerwa n’abaturage kuri serivisi zitangwa na Leta.

Icyo gihe Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yavuze ko usibye ku misoro y’ibicuruzwa n’umutungo utimukanwa, Guverinoma yemeje ko n’amafaranga yacibwaga abaturage bagiye guhererekanya umutungo utimukanwa ndetse n’ay’ibyangombwa byatangwaga n’inzego z’ibanze birimo icyemezo cy’ubutaka, kwandikisha ubutaka, icyemzo cy’amavuko, icyangombwa cyo gusana inzu n’ibindi nkabyo, byose azakurwaho.

Abaturage bavuga ko bakimara kubyumva bari bizeye ko bigiye kwihutishwa na bo bagaturwa umuzigo w’ikiguzi kiremereye kuri izi serivisi, ariko ngo batangazwa n’uko bakijya kuzisaba bakazishyuzwa.

Kayijamahe Erneste yagize ati “N’ubu guhererekanya ubutaka biracyasaba amafaranga ibihumbi 30 birenga kandi n’ubundi ni yo bacaga, gusaba icyangombwa cyo gusimbuza indangamuntu nabyo biracyari icya tanu [1 500 Frw].”

Mukamana Daphrose we ati “Njye nta mpinduka ndabona, birakishyuzwa rwose, kandi nk’umuntu udafite ubushobozi bwo kubona ayo mafaranga usanga atabona serivisi, rero nk’uko babitubwiye nibabikore cyangwa se batubwire ko byanze tubimenye.”

Umunyambanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, yavuze ko ibyahise bikurikizwa ari ibijyanye n’umusoro ku ifu y’ibigori n’umuceri kuko byihutirwaga, ariko ibindi byo bigomba guca imbere y’Inteko Ishingamategeko ikabyemeza.

Yagize ati “Ubundi iyo Guverinoma imaze gufata ibyemezo nk’ibi, bihita byohorezwa mu Nteko ikabiganiraho, cyereka ibyihutirwa ni byo dusaba ko bihita bishyirwa mu bikrowa, urugero nk’uyu musoro w’ibiribwa wo birahita bikurkizwa kuko abaturage barabikeneye cyane.”

Nyuma y’amezi abiri avuze ibi, umwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko akaba n’Umuyobozi w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza avuga ko Abadepite babigejejweho ariko ngo basanze hari ibindi bitegerejwe kandi ngo ntabwo bemerewe kubicishaho cyereka babisabwe na Minisitiri w’Intebe.

Ati “Twarabibonye babitugejejeho ariko bisanga hari ibindi nabyo bitegereje kuganirwaho. Ubwo rero twahereye kuri ibyo bihasanzwe kuko buriya tugomba kubikurikiranya uko byagiye biza, cyereka iyo Minisitiri w’Intebe adusabye ko duhita tubikoraho kuko byihutirwa, ariko n’ibyo bindi nabyo vuba turabiganiraho kuko bigiye kugerwaho.”

Umunsi byamaze kuganirwaho n’Inteko Ishinga Amategeko, biteganyijwe ko izo mpinduka zizabanza no gushyikirizwa Umukuru w’Igihugu bikajya mu iteka rya Perezida.

Abaturage basaba ko igihe ibyemezo nk’ibi bifashwe, bikwiye kujya byihutishwa bigahita bishyirwa mu bikorwa kuko hari ibikunze kuvugwa gutya bagategereza ko bizubahirizwa bagaheba.

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Comments 2

  1. Kennedy says:
    2 years ago

    Ibitihutirwa nibihe Uzi gusembera knd ufite ubutaka utemerewe kubwubaka cg kuba munzu yenda kukugeraho knd ubutaka ninzu byose aribyawe wiguriye ariko kuki mutima abaturage babangamirwa nimiyoborere ubuse niba umuntu asabwa amafaranga kuri burikintu cyose agiye gukora kumutungo yitirirwa ko aruwe ariko akawukoramo ibyabandi bashaka ubwo ubwo uburenganzira kubyawe nubuhe nyakubaho perezida Paul Kagame ahora abuza abayobozi kwiga kuburyo Leta yabona amafaranga ariko itabangamiye abaturage ark abandi bayobozi ntibabyumva ibyobintu rero rwose birabangamye hhhhh ibaze iyo umuturage arindira ko abadepite bemezako ahomba kwemererwa gusana icumbirye koko nkibyo biba bitwayiki Leta

    Reply
  2. Charles says:
    2 years ago

    Ndashima ko TV10 yabikurikiranye nanjye nari maze iminsi mbyibaza. Gusa ntabwo byunvikana ukuntu umwanzuro wafashwe mu nama ya cabinet meeting umara aya mezi yose. Byihutishwe naho ubundi imyanzuro yajya idindizwa na procedures!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − eleven =

Previous Post

Imibereho ya Perezida Kagame yafasha buri wese kutagira aho ahurira na ‘stress’

Next Post

DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n’abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

DRC: Abasirikare ba EAC bashotowe n'abaturage bitunguranye nabo babakorera ibyo batari biteguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.