Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byo Kazungu yavugiye mu Rukiko byibajijweho na benshi

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatanzwe umucyo ku byo Kazungu yavugiye mu Rukiko byibajijweho na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Kazungu Denis avugiye mu Rukiko ko umugambi mubisha akekwaho wo kwica abantu 14, yawutewe no kuba baramwanduje SIDA ku bushake, hatanzwe umucyo kuri iki gisobanuro, ndetse hahishurwa ko uyu mugabo nta bwandu bw’aka gakoko afite.

Kuri uyu wa kane tariki 21 Nzeri 2023, ni umwe mu minsi yari itegerejwe na benshi mu bucamanza bw’u Rwanda, ubwo Kazungu Denis w’imyaka 34 ukekwaho kwica abantu 14 biganjemo abakobwa, yagezwaga bwa mbere imbere y’Urukiko.

Icyatumaga benshi bagirira amatsiko iby’uru rubanza, ni ibikekwa kuri Kazungu byumvikanamo ubugome ndengakamere, aho bimwe mu byo akekwaho, ari ukwica abantu biganjemo abakobwa yatahanaga iwe ababwira ko bagiye kwinezeza, yabagezayo akabambura ibyo bafite, ubundi akabica.

Nta magambo menshi Kazungu yavugiye mu cyumba cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro yagejejwemo bwa mbere agiye kuburana ku ifungwa ry’agateganyo, kuko yemereye Urukiko ko ibyaha byose akurikiranyweho uko ari 10 abyemera.

Gusa yabanje gusaba Urukiko ko urubanza rwe rwashyirwa mu muhezo ngo kuko ibyaba yakoze biremereye, akaba atifuza ko byanyura mu itangazamakuru ngo bibe byayobya rubanda.

Ubushinjacyaha bwasobanuye mu ncamake ibyaha biregwa uyu musore ndetse n’ibikorwa bibigize, aho bwagaragaje ko bamwe mu batangabuhamya barimo n’abamucitse ubwo yari agiye kubica, bwavuze ko abakobwa yishe yabagezaga iwe akababoha, ubundi akabatera ubwoba, akanabambura ibyabo yaba amafaranga na telefone, ubundi akabicisha ibikoresho birimo imikasi, inyundo n’ibyuma.

Ubushinjacyaha bwavugaga kandi ko yabanzaga gusambanya abo bakobwa, icyakora we akaba yariyemereye ko uwo yasambanyije ari umwe, bwasabiye uregwa gufungwa by’agateganyo iminsi 30, kuko ibyo aregwa bikomeye kandi ko aramutse arekuwe akagera hanze yakongera agahohotera abamutanzeho ubuhamya.

Kazungu abajijwe n’Umucamanza icyo avuga kuri ibi byaha, yavuze ko abyemera kandi ko nta byinshi ashaka kubivugaho.

Umucamanza yamubajije icyo yahoye aba bantu, mu magambo macye asubiza agira ati “Ni uko abo nabikoreye nanjye babanje kunyanduza SIDA kandi ku bushake bwabo.”

Aya makuru yanyomojwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwavuze ko ari ikinyoma, kuko Kazungu yakorewe ibizamini, bikagaragaza ko nta bwandu bwa Virusi itera SIDA, afite.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko ubwo hakorwaga iperereza ry’Ibanze n’uru rwego, hakozwe ibizamini bimwe na bimwe birimo n’ibya Virusi itera SIDA.

Ati “Ibisubizo byaje bigaragaza ko ntayo afite. Impamvu yavuze biriya ubwo Urukiko ni rwo ruzacukumbura ukuri kwabyo.”

Ibi Kazungu yatangarije mu rukiko, byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavugaga ko ibi bisobanuro bye bidafatika, kuko bitumvikana uburyo yicaga abantu akimara kubasambanya, akanamenya ko bamwanduje SIDA ako kanya.

Banavugaga kandi ko abo bantu bose uko ari 14 atabahoye kuba baramwanduje SIDA kuko iyi Virusi atayandura inshuro irenze imwe, kandi ko umuntu wakwanduza SIDA, bitavuze ko umwishyura kumwica.

Uru rubanza ku ifungwa ry’agateganyo rwahise runapfundikirwa, bikaba biteganyijwe ko icyemezo cy’Urukiko kizasomwa tariki 26 Nzeri 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 4 =

Previous Post

Mali: Havuzwe icyatumye Igisirikare gisubika bitunguranye igikorwa gikomeye

Next Post

Bitunguranye isomwa ry’urubanza rwa Titi Brown ruri kugarukwaho cyane ryasubitswe

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Bitunguranye isomwa ry’urubanza rwa Titi Brown ruri kugarukwaho cyane ryasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.