Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byo Kazungu yavugiye mu Rukiko byibajijweho na benshi

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatanzwe umucyo ku byo Kazungu yavugiye mu Rukiko byibajijweho na benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko Kazungu Denis avugiye mu Rukiko ko umugambi mubisha akekwaho wo kwica abantu 14, yawutewe no kuba baramwanduje SIDA ku bushake, hatanzwe umucyo kuri iki gisobanuro, ndetse hahishurwa ko uyu mugabo nta bwandu bw’aka gakoko afite.

Kuri uyu wa kane tariki 21 Nzeri 2023, ni umwe mu minsi yari itegerejwe na benshi mu bucamanza bw’u Rwanda, ubwo Kazungu Denis w’imyaka 34 ukekwaho kwica abantu 14 biganjemo abakobwa, yagezwaga bwa mbere imbere y’Urukiko.

Icyatumaga benshi bagirira amatsiko iby’uru rubanza, ni ibikekwa kuri Kazungu byumvikanamo ubugome ndengakamere, aho bimwe mu byo akekwaho, ari ukwica abantu biganjemo abakobwa yatahanaga iwe ababwira ko bagiye kwinezeza, yabagezayo akabambura ibyo bafite, ubundi akabica.

Nta magambo menshi Kazungu yavugiye mu cyumba cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro yagejejwemo bwa mbere agiye kuburana ku ifungwa ry’agateganyo, kuko yemereye Urukiko ko ibyaha byose akurikiranyweho uko ari 10 abyemera.

Gusa yabanje gusaba Urukiko ko urubanza rwe rwashyirwa mu muhezo ngo kuko ibyaba yakoze biremereye, akaba atifuza ko byanyura mu itangazamakuru ngo bibe byayobya rubanda.

Ubushinjacyaha bwasobanuye mu ncamake ibyaha biregwa uyu musore ndetse n’ibikorwa bibigize, aho bwagaragaje ko bamwe mu batangabuhamya barimo n’abamucitse ubwo yari agiye kubica, bwavuze ko abakobwa yishe yabagezaga iwe akababoha, ubundi akabatera ubwoba, akanabambura ibyabo yaba amafaranga na telefone, ubundi akabicisha ibikoresho birimo imikasi, inyundo n’ibyuma.

Ubushinjacyaha bwavugaga kandi ko yabanzaga gusambanya abo bakobwa, icyakora we akaba yariyemereye ko uwo yasambanyije ari umwe, bwasabiye uregwa gufungwa by’agateganyo iminsi 30, kuko ibyo aregwa bikomeye kandi ko aramutse arekuwe akagera hanze yakongera agahohotera abamutanzeho ubuhamya.

Kazungu abajijwe n’Umucamanza icyo avuga kuri ibi byaha, yavuze ko abyemera kandi ko nta byinshi ashaka kubivugaho.

Umucamanza yamubajije icyo yahoye aba bantu, mu magambo macye asubiza agira ati “Ni uko abo nabikoreye nanjye babanje kunyanduza SIDA kandi ku bushake bwabo.”

Aya makuru yanyomojwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, rwavuze ko ari ikinyoma, kuko Kazungu yakorewe ibizamini, bikagaragaza ko nta bwandu bwa Virusi itera SIDA, afite.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yatangaje ko ubwo hakorwaga iperereza ry’Ibanze n’uru rwego, hakozwe ibizamini bimwe na bimwe birimo n’ibya Virusi itera SIDA.

Ati “Ibisubizo byaje bigaragaza ko ntayo afite. Impamvu yavuze biriya ubwo Urukiko ni rwo ruzacukumbura ukuri kwabyo.”

Ibi Kazungu yatangarije mu rukiko, byazamuye impaka ku mbuga nkoranyambaga, aho bamwe bavugaga ko ibi bisobanuro bye bidafatika, kuko bitumvikana uburyo yicaga abantu akimara kubasambanya, akanamenya ko bamwanduje SIDA ako kanya.

Banavugaga kandi ko abo bantu bose uko ari 14 atabahoye kuba baramwanduje SIDA kuko iyi Virusi atayandura inshuro irenze imwe, kandi ko umuntu wakwanduza SIDA, bitavuze ko umwishyura kumwica.

Uru rubanza ku ifungwa ry’agateganyo rwahise runapfundikirwa, bikaba biteganyijwe ko icyemezo cy’Urukiko kizasomwa tariki 26 Nzeri 2023.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 3 =

Previous Post

Mali: Havuzwe icyatumye Igisirikare gisubika bitunguranye igikorwa gikomeye

Next Post

Bitunguranye isomwa ry’urubanza rwa Titi Brown ruri kugarukwaho cyane ryasubitswe

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri muzika nyarwanda ufunze yagaragaye yaje kuburana

Bitunguranye isomwa ry’urubanza rwa Titi Brown ruri kugarukwaho cyane ryasubitswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.