Sunday, December 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyatumye hasubikwa ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko mu biganiro byayihuje n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo ku rwego rw’Abaminisitiri, bitigeze bigira icyo bigeraho mu kuba DRC yaganira n’umutwe wa M23, ndetse ko iki Gihugu gikomeje gukomera ku migambi yacyo mibisha iteye impungenge umutekano w’u Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024 nyuma yuko ibiganiro byagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, bihagaritswe ku munota wa nyuma.

Ni mu gihe ku wa Gatandatu, ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi bari bongeye guhurira i Luanda muri Angola, aho byavugwaga ko bagiye gutegura inama y’Abakuru b’Ibihugu yari iteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko “Mu nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yabayere i Luanda ku ya 14 Ukuboza 2024, ntihigeze hagerwa ku mwanzuro w’ubwumvikane hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku bushake bwo kuba habaho ibiganiro n’Umutwe w’Abanyekongo M23, mu gushaka umuti ushingiye ku nzira za politiki mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko kutagera kuri ubu bwumvikane, bishingiye ku myitwarire mibi y’abategetsi ba Congo, “barimo Perezida ubwe, bakomeje gutsimbarara ku migambi yo gushaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse no kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bukomeje kohereza ingabo n’abarwanyi mu burasirazuba bwa DRC zirimo FARC, abacancuro b’Abanyaburayi, ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR.”

Guverinoma y’u Rwanda igakomeza igira iti “Rero hari ibibazo bikomeye bigomba kubanza gukemurwa birimo ibya FDLR birimo amacenga akomeje kugenda arenzwaho muri iki kibazo.”

U Rwanda ruvuga ko gusubika iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu, bitanga umwanya wo kuba habaho ibiganiro byasabwe na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari umuhuza hagati y’u Rwanda na DRC, ndetse na Uhuru Kenyatta wahawe inshingano z’ubuhuza hagati ya M23 na DRC.

Guverinoma y’u Rwanda yasoje ivuga ko hari ingamba zigomba kubanza gufatwa na DRC ubwayo idakomeje kwitwaza u Rwanda irugerekaho ibibazo byayo, icyakora ko iki Gihugu kizakomeza kugira ubushake bwo kuba habaho ibiganiro byatuma haboneka umuti w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Menya ab’ingenzi b’amazina azwi bize mu Ishuri rya Gisirikare ryarangijemo Brian Kagame

Next Post

Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.