Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku cyatumye hasubikwa ibiganiro byari guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko mu biganiro byayihuje n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo ku rwego rw’Abaminisitiri, bitigeze bigira icyo bigeraho mu kuba DRC yaganira n’umutwe wa M23, ndetse ko iki Gihugu gikomeje gukomera ku migambi yacyo mibisha iteye impungenge umutekano w’u Rwanda.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024 nyuma yuko ibiganiro byagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi, bihagaritswe ku munota wa nyuma.

Ni mu gihe ku wa Gatandatu, ba Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga b’Ibihugu byombi bari bongeye guhurira i Luanda muri Angola, aho byavugwaga ko bagiye gutegura inama y’Abakuru b’Ibihugu yari iteganyijwe kuri iki Cyumweru tariki 15 Ukuboza.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko “Mu nama yo ku rwego rw’Abaminisitiri yabayere i Luanda ku ya 14 Ukuboza 2024, ntihigeze hagerwa ku mwanzuro w’ubwumvikane hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ku bushake bwo kuba habaho ibiganiro n’Umutwe w’Abanyekongo M23, mu gushaka umuti ushingiye ku nzira za politiki mu bibazo biri mu burasirazuba bwa DRC.”

Guverinoma y’u Rwanda ikomeza ivuga ko kutagera kuri ubu bwumvikane, bishingiye ku myitwarire mibi y’abategetsi ba Congo, “barimo Perezida ubwe, bakomeje gutsimbarara ku migambi yo gushaka gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda, ndetse no kuba ubutegetsi bw’iki Gihugu bukomeje kohereza ingabo n’abarwanyi mu burasirazuba bwa DRC zirimo FARC, abacancuro b’Abanyaburayi, ingabo z’u Burundi, Wazalendo na FDLR.”

Guverinoma y’u Rwanda igakomeza igira iti “Rero hari ibibazo bikomeye bigomba kubanza gukemurwa birimo ibya FDLR birimo amacenga akomeje kugenda arenzwaho muri iki kibazo.”

U Rwanda ruvuga ko gusubika iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu, bitanga umwanya wo kuba habaho ibiganiro byasabwe na Perezida João Lourenço wa Angola usanzwe ari umuhuza hagati y’u Rwanda na DRC, ndetse na Uhuru Kenyatta wahawe inshingano z’ubuhuza hagati ya M23 na DRC.

Guverinoma y’u Rwanda yasoje ivuga ko hari ingamba zigomba kubanza gufatwa na DRC ubwayo idakomeje kwitwaza u Rwanda irugerekaho ibibazo byayo, icyakora ko iki Gihugu kizakomeza kugira ubushake bwo kuba habaho ibiganiro byatuma haboneka umuti w’ibibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Menya ab’ingenzi b’amazina azwi bize mu Ishuri rya Gisirikare ryarangijemo Brian Kagame

Next Post

Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

Harumvikana kudahuza hagati y’ubuyobozi n’abaturage bavuga ko bamaranye imyaka ibiri ikibazo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.