Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

radiotv10by radiotv10
30/05/2025
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri gusa mu banyeshuri batandatu bahiciwe muri Werurwe 1997 ubwo bagabwagaho igitero n’abacengezi.

Mujawamahoro Marie Chantal wakomokaga mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Kagano ndeste na Ndemeye Valens wavukaga aha i Nyange muri Ngororero, ni bo gusa bashyinguye inyuma y’ishuri ryari iry’umwaka wa gatandatu biciwemo n’abacengezi.

Ubwo abacengezi basabaga abanyeshuri bo mu wa 6 kwitandukanya ngo “Abahutu bajye ukwabo n’Abatutsi ukwabo”, bivugwa ko Mujawamahoro Marie Chantal ari we wahise avuga ko bose ari Abanyarwanda batari bwitandukanye bigatuma yicwa mu ba mbere.

Naho Ndemeye Valens wari warasubiye mu ishuri nyuma yo kuva mu gisirikare cy’Inkotanyi, na we mbere yo kwicwa ngo  yaranzwe n’ubutwari butazibagirana aho yafashe umucengezi amuturutse inyuma akamubuza kurasa abandi banyeshuri bigatuma babona uko basohoka ariko na we akaraswa n’undi mucengezi wamuturutse inyuma.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe, Nkusi Deo avuga ko itumanaho icyo gihe ryari rigoye bituma ababyeyi ba Mujawamahoro bari i Nyamasheke batinda kumenya ayo makuru mabi, n’aho bahagereye basaba ko yashyingurwa muri iri shuRi kuko kugeza umurambo we mu cyari perefegitura ya Cyangugu icyo gihe byari bigoye.

Agira ati “Babimenye rero batinzemo gacyeya, telephone mobile zari zitaraza, umuhanda ujyayo utameze neza imodoka ari nkeya, bahagera batinze bumvikana n’ishuri umwana bamushyingura hariya.”

Ndemeye Valens wabanje kujyanwa mu Bitaro bya Kabgayi akaba ari ho apfira, bashiki be babiri bari barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bari hafi y’iri shuri, bari bamushyinguye iwabo mu rugo ariko aza kuhavanwa kubera impamvu Deo Nkusi akomeza asobanura.

Ati “Baje kuhagurisha kugira ngo bashake imibereho, hanyuma rwiyemezamirimo wahaguze ashaka kuhubaka ibikorwa by’iterambere, bigeze aho asaba abashinzwe ibicumbi by’intwari ko bamufasha kwimura umubiri we, hanyuma batwemerera ko tumwimura ariko tukamushyira ku gicumbi cy’intwari”.

Abandi banyeshuli bane bapfanye na bo bagiye bashyingurwa n’imiryango yabo yabashije kuhagera igatwara imibiri yabo.

Muri 2001 abigaga mu wa 6 aho igitero cyatangiriye baba abo cyatwaye ubuzima n’abakirokotse, bose bagizwe intwari z’u Rwanda mu cyiciro cy’Imena, ndeste iri shuli ry’i Nyange riza kuvugururwa ariko icyumba biciwemo gishyirwamo ibiranga ayo mateka y’ubutwari kugira ngo n’abandi babigireho.

Mujawamahoro ashyinguye kuri iri shuri yiciweho
Na mugenzi we Ndemeye
Ishuri bigagamo ubu ribumbatiye amateka y’ibyahabereye

Abanyeshuri bose bigaga muri uwo mwaka wa gatandatu bagizwe Intwari

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + twenty =

Previous Post

Bidasubirwa Rayon Sports yatangaje umutoza mushya wayo inaha isezerano abakunzi bayo

Next Post

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.