Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
18/04/2024
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku watemaguriwe urutoki byavugwaga ko ubuyobozi bwamwirengagije ku mpamvu itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwahakanye ibyavugwaga ko inzego z’ibanze zanze gukurikirana ikibazo cy’umuturage wo mu Murenge wa Kayenzi watemaguriwe intsina na mugenzi we, ngo kuko atazihaye amafaranga.

Umunyamakuru Ndahiro Valens Pappy ukunze gukora inkuru z’ibibazo biba byasakurishije benshi, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yari yagaragaje ikibazo cy’uyu muturage watemewe urutoki.

Mu butumwa bwanditswe na Ndahiro Valens Pappy, yagize ati “Sibomana Valens, umuturage utuye mu Murenge wa Kayenzi mu Kagari ka Kirwa mu Karere Kamonyi aratabaza Polisi y’u Rwanda na RIB nyuma yaho atemaguriwe urutoki na Ahobigeze.”

Uyu munyamakuru akomeza avuga ko uyu muturage “Yatakambiye ubuyobozi bukanga kugira icyo bukora ngo kuko atatanze akayoga mu z’Ibanze.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwemera ko iki kibazo cy’umuturage watemaguriwe intsina cyabayeho, ariko buhakana ibyo kuba ikibazo cye kitarakurikiranywe kubera kudatanga ruswa nk’uko byari byatangajwe n’umunyamakuru Ndahiro.

Mu butumwa busubiza ubwatanganzwe n’uyu munyamakuru, Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi, bwagize buti “Iki kibazo cyabaye ku Cyumweru nimugoroba, bimenyekana ku wa Mbere mu gitondo. Uwatemye insina z’uyu muturage ni se wabo bafitanye amakimbirane kandi yaratorotse aracyashakishwa.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bukomeza buvuga ko nyuma y’uko uwatemye isi ntsina za mugenzi we atorotse, nyiri ugukorerwa icyaha yatanze ikirego ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, kandi ko uru Rwego rufatanyije na Polisi y’u Rwanda bari kugikurikirana no gushakisha uyu wakoze icyaha.

Urutoki rw’umuturage rwaratemwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − three =

Previous Post

Umugaba Mukuru wa UPDF yakiriye intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’izirwanira ku Butaka

Next Post

Impaka zabaye nyinshi kubera itangazo ry’Umujyi wa Kigali risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Impaka zabaye nyinshi kubera itangazo ry’Umujyi wa Kigali risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo

Impaka zabaye nyinshi kubera itangazo ry’Umujyi wa Kigali risaba abantu kutanduza imihanda ya kaburimbo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.