Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in AMAHANGA
0
Hatarashira icyumweru Gen.Muhoozi atangaje ko avuye kuri X-Twitter yayigarutseho bitunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akaba umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yasubiye ku rubuga nkoranyambaga rwa X [Twitter], habura umunsi umwe ngo yuzuze icyumweru atangaje ko aruvuye.

Tariki 10 Mutarama 2025, General Muhoozi Kainerugaba yari yatangaje ko avuye ku rubuga nkoranyambaga rwa X, nyuma y’iminsi ashyiraho ubutumwa bwatezaga impaka ndende.

Kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2024, General Muhoozi yongeye kubyutsa Konti ye ya X, ariko iza ifite aba-Followers bacye batageze muri miliyoni 1 nk’abo yari ifite mbere yuko atangaza ko ayivuyeho akanayisinziriza.

Mu butumwa yashyize kuri uru rubuga saa tanu n’iminota makumyabiri n’itanu (11:25’) ku masaha yo mu Rwanda, Gen. Muhoozi yagize ati “Ndagarutse.”

Mu butumwa bwasaga nk’ubwa nyuma yari yashyize kuri uru rubuga nkoranyambaga tariki 10 Mutarama, General Muhoozi yari yavuze ko igihe kigeze kugira ngo ave kuri uru rubuga nkoranyambaga, akunze kwisanzuraho agashyiraho ubutumwa buteza impaka.

Icyo gihe yari yagize ati “Ku nshuti zanjye, byari iby’agaciro kubana namwe kuri iyi mihanda mu gihe cy’imyaka igeze ku icumi kuva muri 2014. Ariko rero, igihe kirageze ngendeye ku mabwiriza n’imigisha ituruka kuri Nyagasani Yezu/Yesu Kristu nkagenda nkajya gushyira imbaraga mu gisirikare cye UPDF.”

Iyi konti ya General Muhoozi yongeye kugaragara, bigaragara ko yagiyeho muri 2014 n’ubundi nk’iya mbere, ndetse bumwe mu butumwa yaherukaga gushyiraho, bukaba bukiriho.

Bumwe mu butumwa yari aherutse gushyiraho bwongeye kugaragara, harimo urutonde rw’abantu icyenda (9) yagaragaje ko ari bantu afatiraho icyitegererezo beza ku Isi b’abagabo, barimo Perezida Paul Kagame akunze kwita “My uncle” yashyize ku mwanya wa kabiri, aho akurikira umubyeyi we Yoweri Museveni.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Menya impamvu abakinnyi ba Filimi Nyarwanda bakomeje kwivana mu bihembo biri gutegurwa

Next Post

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.