Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye

radiotv10by radiotv10
15/08/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
1
Hateguwe isengesho ryo gusabira Buravan urembye
Share on FacebookShare on Twitter

Uyu munsi haraba isengesho ryo gusengera umuhanzi Yvan Buravan umaze iminsi arembye, ryateguwe mu rwego rwo kumusabira ngo akire.

Umuhanzi Yvan Buravan umaze iminsi arwaye, ubu ari kubarizwa mu Buhindi aho yagiye kwivuriza indwara amaranye iminsi.

Kuri uyu wa Mbere tariki 15 Kanama 2022, habara igitambo cya misa kihariye cyo gusengera uyu muhanzi urembye.

Uwahaye amakuru RADIOTV10, avuga ko iki gitambo cya misa kimaze iminsi gitegurwa, kikaba kiri bube ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere saa kumi n’ebyiri (18:00’) kuri kiliziya yitiriwe Mutagatigu Dominiko ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, aho asanzwe asengera.

Kuri iki Cyumweru tariki 14 Kanama 2022, ku mbuga nkoranyambaga hongeye gukwirakwizwa amakuru atari meza ku buzima bwa Yvan Buravan, gusa umwe mu nshuti za hafi z’uyu muhanzi ukomeje gukurikiranira hafi ibye, yemeza ko akiri muzima.

Yagize ati “Ni muzima rwose, gusa nyine ni ukumusengera tukongera amasengesho kuko ararembye.”

Mu ntangiro z’uku kwezi ubwo Buravan yajyaga kwivuriza mu Buhindi, hacicikanye amakuru ku mbuga nkoranyambaga ko yitabye Imana, ariko biza kunyomozwa n’umwe mu bavandimwe be.

Icyo gihe umuvandimwe wa Buravan ubwo yaganiraga n’Umunyamakuru, yagize ati “Ameze neza ni amahoro, ni amahoro cyane […] ibyo ku mbuga nkoranyambaga ntubizi se!?”

Buravan kandi na we yaje gushyira hanze itangazo amenyesha abantu ko yagiye kwivuriza hanze, aboneraho gushimira abakunzi be bakomeje kumusengera ndetse na Guverinoma y’u Rwanda yamuhaye ubufasha kugira ngo abashe kujya kwivuza.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Milly kabera says:
    3 years ago

    Yes nibyo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Sadate arahamagarira abayoboke b’Ishyaka rya Frank Habineza kumwirukana vuba na bwangu

Next Post

AMAKURU MASHYA: William Ruto atsinze amatora yo gusimbura Kenyatta yari abereye V/Perezida

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa
AMAHANGA

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

22/12/2025
UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

21/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAKURU MASHYA: William Ruto atsinze amatora yo gusimbura Kenyatta yari abereye V/Perezida

AMAKURU MASHYA: William Ruto atsinze amatora yo gusimbura Kenyatta yari abereye V/Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.