Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatunguranye amakuru y’abakinnyi bagiye gukinira ikipe y’Igihugu ikomeye ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatunguranye amakuru y’abakinnyi bagiye gukinira ikipe y’Igihugu ikomeye ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Hugo Lloris w’imyaka 36, na Raphaël Varane w’imyaka 30, byitezwe ko bazagaragara mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa izitabira irushanwa ry’imikino Olympique ya 2024, mu gihe bari baherutse gusezera mu ikipe y’Igihugu.

Nubwo aba bakinnyi bari barasezeye mu ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa nyuma y’igikombe cy’Isi cya 2022, Hugo Lloris, umunyezamu wa Tottenham Hotspur, ndetse na Raphaël Varane, Myugariro wa Manchester United, biravugwa ko, kuri iyi nshuro, bashobora kongera kugaragara mu myenda y’ubururu, bakinira yambarwa n’ikipe y’Igihugu cyabo.

Amategeko y’imikino Olympique avuga ko umukinnyi wese, uri munsi y’imyaka 23, yakina muri iri rushanwa, ariko hakiyongeraho ko buri Gihugu gishobora guhamagara nibura abakinnyi 3 bafite cyangwa barengeje imyaka 23.

Rutahizamu wa Paris Saint Germain n’ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa, Kylian Lottin Mbappe, w’imyaka 24, ni we mukinnyi uri kuvugwa cyane mu bazitabira imikino Olympique ya 2024 izabera i Paris mu Bufaransa.

Iyi mikino iba mu mpeshyi ntiba iri ku ngengabihe ya FIFA, ikaba iteganyijwe kuba hagati y’imikino y’igikombe cy’u Burayi cya 2024 izabera mu Budage n’intangiriro z’umwaka w’imikino wa 2024-2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ‘L’équipe’, aravuga ko Hugo Lloris ashaka kugaragara muri iri rushanwa kandi ko yaboneka igihe cyose u Bufaransa bwakenera Umunyezamu bukamuhamagara kandi ko na Raphaël Varane na we ashobora kuba yakwishimira guhamagarwa muri iyi mikino Olympique ya 2024.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + ten =

Previous Post

Hafashwe abapasiteri bari barafungiranye abarwayi mu rusengero rudasanzwe babakorera ibitemewe

Next Post

Rubavu: Umwe mu biyise ‘Abuzukuru ba Shitani’ ibye ntibyamuramukiye neza

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery
IMIBEREHO MYIZA

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

02/01/2026
Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

01/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Umwe mu biyise ‘Abuzukuru ba Shitani’ ibye ntibyamuramukiye neza

Rubavu: Umwe mu biyise 'Abuzukuru ba Shitani' ibye ntibyamuramukiye neza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.