Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in MU RWANDA
2
Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Ndagijimana Frodouard wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, akaza kwirukanwa bigakurikirwa n’impaka ndende, agasubizwa mu kazi agahabwa kuba Umujyanama wa Njyanama y’Akarere, yandikiwe n’Umuyobozi w’aka Karere byavuzwe ko bafitanye ibibazo, amusaba ibisobanuro ku makosa y’imyitwarire.

Ndagijimana Frodouard n’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith baherutse kugarukwaho cyane, nyuma yuko uyu Muyobozi w’Akarere yasabwe inshuro zirenze ebyiri gusubiza mu kazi uyu wari Gitifu w’Umurenge, ariko akabera ibamba Komisiyo y’Igihugu y’Abakozi n’Umurimo, yabimusabaga.

Byagiye bivugwa ko aba bombi bashobora kuba bafitanye ibibazo, byatumaga uyu Muyobozi w’Akarere atifuza ko Ndagijimana Frodouard asubizwa mu kazi, ndetse hakaba n’abandi bavugaga ko hari imiziro yavugwaga kuri uyu wari Gitifu, itari gutuma akomeza kubera urugero abaturage.

Tariki 04 Ugushyingo 2024, uyu Ndagijimana Frodouard yahawe ibaruwa isubizwa mu kazi nyuma yo kwiyambaza Komisiyo y’Umurimo n’Abakozi, ariko kuri uwo munsi ahita ahabwa indi imumenyesha ko yasubijwe mu kazi ariko yahinduriwe inshingano, aho yari yagizwe Umujyanama wa Njyanama y’Akarere, bivuze ko yahawe kugira inama Umuyobozi w’Akarere batajya imbizi.

Ubu hagaragaye ibaruwa, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith yahise yandikira Ndagijimana Frodouard amusaba ibisobanuro ku makosa y’imyitwaerire yagaragaje akiri Gitifu.

Iyi baruwa bigaraga ko yanditswe tariki 07 Ugushyingo nyuma y’iminsi ibiri gusa ahawe izi nshingano nshya, igaragaza impamvu ivuga ko ari “Gusabwa ibisobanuro mu nyandiko ku makosa y’imyitwarire akuvugwnho igihe wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo.”

Mukanyirigira Judith wabanje kugaragaza ingingo z’amategeko ashingiraho, yagize ati “Ndagusaba gutanga ibisobanuro ku makosa akurikira: Ikosa ryo gukoresha nabi ububasha wahawe ugategeka umukozi witwa UWIMANA Francoise, umukozi shinzwe irangamimerere na Notariya mu Murenge wa Mbogo guhindura amazina ya

MUSENGAYEZU Sankara akitwa USENGA Thomas Sankara, ntacyo ushingiyeho ubitewe gusa n’umubano wihariye wari ufitanye n’uwasabye serivisi ari we USENGA Thomas Sankara w’imyaka cumi n’itanu;

Kuba warakoresheje umwanya w’umurimo mu nyungu zawe bwite ugamije kunoza umubano wihariye wari ufitanye na USENGA Thomas Sankara.”

Umuyobozi w’Akarere agakomeza muri iyi baruwa agira ati “Urasabwa gutanga ibisobanuro mu nyandiko kuri ayo makosa mu gihe kitarenze iminsi itanu uhereye igihe uboneye iyi baruwa.”

Hari amakuru avuga ko nubwo uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa yahawe kuba Umujyanama wa Meya batajya imbizi, badakorana neza.

RADIOTV10

Comments 2

  1. SIBOMANA Jean Damascene says:
    1 year ago

    Buriya ikigihugu cyacu ,harabantu bumvako bafatishije ,uyu mayor wa rulindo nawe arigukoresha ububasha afite munyungu ze bwite kugirango ahutaze umukozi , hari hakwiye gufatwa icyemezo gikwiye kumuyobozi uhoza umukozi kunkeke.

    Reply
  2. XXXX says:
    1 year ago

    Ariko se da!!!
    Nshimye Gitifu yarakoze amakosa.
    Uyu mu mayor we, ko ndeba ari akasamutwe, harya we ubu arifuza iki!
    Sinzi igihe yagereye murwanda,ariko mubigaragara ntago yarubagamo. Nta nubwo aho yabaga yakurikiranaga amakuru y’u Rwanda. Iyo ayakurikira, aba afite amakuru byibura make kumpanuro za Mzehe.
    Ubu se akomeye kuruta BINAGWAHO???!!!

    Nihitiraga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Uwafatanywe ibyo yinjije mu Rwanda abikuye muri Congo yagaragaje imyitwarire ifatwa nk’amayeri

Next Post

I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.