Tuesday, May 13, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye

radiotv10by radiotv10
11/11/2024
in MU RWANDA
2
Havutse izindi mpaka hagati ya ‘Mayor’ na Gitifu bagarutsweho cyane ibyabo bikinjirwamo n’inzego zikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Ndagijimana Frodouard wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo mu Karere ka Rulindo, akaza kwirukanwa bigakurikirwa n’impaka ndende, agasubizwa mu kazi agahabwa kuba Umujyanama wa Njyanama y’Akarere, yandikiwe n’Umuyobozi w’aka Karere byavuzwe ko bafitanye ibibazo, amusaba ibisobanuro ku makosa y’imyitwarire.

Ndagijimana Frodouard n’Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith baherutse kugarukwaho cyane, nyuma yuko uyu Muyobozi w’Akarere yasabwe inshuro zirenze ebyiri gusubiza mu kazi uyu wari Gitifu w’Umurenge, ariko akabera ibamba Komisiyo y’Igihugu y’Abakozi n’Umurimo, yabimusabaga.

Byagiye bivugwa ko aba bombi bashobora kuba bafitanye ibibazo, byatumaga uyu Muyobozi w’Akarere atifuza ko Ndagijimana Frodouard asubizwa mu kazi, ndetse hakaba n’abandi bavugaga ko hari imiziro yavugwaga kuri uyu wari Gitifu, itari gutuma akomeza kubera urugero abaturage.

Tariki 04 Ugushyingo 2024, uyu Ndagijimana Frodouard yahawe ibaruwa isubizwa mu kazi nyuma yo kwiyambaza Komisiyo y’Umurimo n’Abakozi, ariko kuri uwo munsi ahita ahabwa indi imumenyesha ko yasubijwe mu kazi ariko yahinduriwe inshingano, aho yari yagizwe Umujyanama wa Njyanama y’Akarere, bivuze ko yahawe kugira inama Umuyobozi w’Akarere batajya imbizi.

Ubu hagaragaye ibaruwa, Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith yahise yandikira Ndagijimana Frodouard amusaba ibisobanuro ku makosa y’imyitwaerire yagaragaje akiri Gitifu.

Iyi baruwa bigaraga ko yanditswe tariki 07 Ugushyingo nyuma y’iminsi ibiri gusa ahawe izi nshingano nshya, igaragaza impamvu ivuga ko ari “Gusabwa ibisobanuro mu nyandiko ku makosa y’imyitwarire akuvugwnho igihe wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mbogo.”

Mukanyirigira Judith wabanje kugaragaza ingingo z’amategeko ashingiraho, yagize ati “Ndagusaba gutanga ibisobanuro ku makosa akurikira: Ikosa ryo gukoresha nabi ububasha wahawe ugategeka umukozi witwa UWIMANA Francoise, umukozi shinzwe irangamimerere na Notariya mu Murenge wa Mbogo guhindura amazina ya

MUSENGAYEZU Sankara akitwa USENGA Thomas Sankara, ntacyo ushingiyeho ubitewe gusa n’umubano wihariye wari ufitanye n’uwasabye serivisi ari we USENGA Thomas Sankara w’imyaka cumi n’itanu;

Kuba warakoresheje umwanya w’umurimo mu nyungu zawe bwite ugamije kunoza umubano wihariye wari ufitanye na USENGA Thomas Sankara.”

Umuyobozi w’Akarere agakomeza muri iyi baruwa agira ati “Urasabwa gutanga ibisobanuro mu nyandiko kuri ayo makosa mu gihe kitarenze iminsi itanu uhereye igihe uboneye iyi baruwa.”

Hari amakuru avuga ko nubwo uyu wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa yahawe kuba Umujyanama wa Meya batajya imbizi, badakorana neza.

RADIOTV10

Comments 2

  1. SIBOMANA Jean Damascene says:
    6 months ago

    Buriya ikigihugu cyacu ,harabantu bumvako bafatishije ,uyu mayor wa rulindo nawe arigukoresha ububasha afite munyungu ze bwite kugirango ahutaze umukozi , hari hakwiye gufatwa icyemezo gikwiye kumuyobozi uhoza umukozi kunkeke.

    Reply
  2. XXXX says:
    6 months ago

    Ariko se da!!!
    Nshimye Gitifu yarakoze amakosa.
    Uyu mu mayor we, ko ndeba ari akasamutwe, harya we ubu arifuza iki!
    Sinzi igihe yagereye murwanda,ariko mubigaragara ntago yarubagamo. Nta nubwo aho yabaga yakurikiranaga amakuru y’u Rwanda. Iyo ayakurikira, aba afite amakuru byibura make kumpanuro za Mzehe.
    Ubu se akomeye kuruta BINAGWAHO???!!!

    Nihitiraga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + six =

Previous Post

Uwafatanywe ibyo yinjije mu Rwanda abikuye muri Congo yagaragaje imyitwarire ifatwa nk’amayeri

Next Post

I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

Related Posts

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
13/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye Faye yavuze ko u Rwanda rumaze kuba indashyikirwa mu kubyaza umusaruro ikoranabuhanga, bityo ko n’ibindi...

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

AMAFOTO: Perezida Kagame muri Côte d’Ivoire yahuye n’Abayobozi batandukanye

by radiotv10
13/05/2025
0

Perezida Paul Kagame witabiriye Inama muri Côte d’Ivoire yanatangiyemo ikiganiro, yahuye n’abayobozi batandukanye barimo Abakuru b’Ibihugu bagenzi be banaganiriye ku...

IZIHERUKA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo
MU RWANDA

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
13/05/2025
0

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

13/05/2025
Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

13/05/2025
Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

Ubutumwa Rayon yageneye umufana wayo wahuye n’isanganya agakorerwa ibyamaganywe na benshi

13/05/2025
Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

Perezida w’Igihugu kimwe muri Afurika yatanzeho u Rwanda urugero rw’ibyo ibindi byarwigiraho

13/05/2025
Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

Iby’ibibazo by’amikoro bivugwa mu ikipe iri mu zikomeye mu Rwanda byashyize hanze n’abakozi bayo

13/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

I Burundi umugati urarya umugabo ugasiba undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.