Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in MU RWANDA
0
Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yari ipakiye imyaka, yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali igeze Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi, ubwo yagongaga izindi enye, na yo ikagwa igaramye mu muhanda, biteza umuvundo w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Giticyinyoni wamaze amasaha agera muri atatu.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, yakozwe n’imodoka yo mu bwoko Toyota Dyna yavaga mu Karere ka Muhanga yerecyeza mu Mujyi wa Kigali, aho yari ipakiye ibishyimbo, byanamenetse mu muhanda rwagati ubwo yari imaze kugwa.

Umushoferi wari utwaye iyi modoka yakoreye impanuka ahitwa i Rubumba ku Ruyenzi mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bivugwa ko ari we wakoze amakosa, ubwo yanyuraga ku bindi binyabiziga atarebye ko imbere mu muhanda hari ibinyabiziga bari kubisikana, akaza kugongamo imodoma enye.

Polisi y’u Rwanda, ivuga ko uyu mushoferi wari utwaye iyi modoka, yageze aha bita i Rubumba, yanyuze ku binyabiziga byari imbere ye, ari na bwo yahitaga agonga izo modoka zindi zari mu cyerekezo yavagamo zo zikaba zari mu mukono wazo.

Iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu barindwi (7) bari muri ibyo binyabiziga, aho batatu (3) muri bo bahise bajya kuvurirwa ku Bitaro bya Nyarugenge, mu gihe abandi bane (4) bagiye kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Gihara mu Karere ka Kamonyi.

Iyi modoka ya Toyota Dyna yaguye yubamye (Photp/ Kigali Today)

Polisi y’u Rwanda yibukije abantu kubahiriza amategeko y’umuhanda, kandi bakirinda kunyuranaho mu gihe babona bashobora guteza ibyago.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’iminsi micye n’ubundi mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye, habereye indi yakozwe n’imodoka y’Akarere ka Rusizi yari itwaye umurambo iwukuye mu Karere ka Gatsibo, na bwo yagonganye na Toyota Coaster nyuma yo kunyura ku bindi binyabiziga.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, ubwo yavugaga kuri iyi mpanuka yabereye mu Karere ka Huye tariki 01 Mutarama 2025, yavuze ko na yo yatewe n’amakosa y’umushoferi wari utwaye iyi modoka y’Akarere ubwo yanyuraga ku bindi binyabiziga atareba imbere, agahita agonga Coaster.

Icyo gihe SP Emmanuel Kayigi yagize ati “Turongera kugira inama abatwara ibinyabiziga kwirinda gukora inyuranaho ahatemewe kuko biteza impanuka, igihe cyose bakanagendera ku muvuduko wagenwe.”

Iyi mpanuka yabereye ku Ruyenzi yateje umuvundo w’ibinyabiziga (Photo/Kigali Today)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 5 =

Previous Post

Igisubizo M23 yahaye u Burayi cyumvikanamo icyo bwirengagije bujya kwamagana ifatwa rya Masisi

Next Post

Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

Related Posts

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

IZIHERUKA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye
MU RWANDA

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

04/12/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.