Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga

radiotv10by radiotv10
09/01/2025
in MU RWANDA
0
Havuzwe icyateye impanuka yatumye habaho umuvundo ukabije w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Muhanga
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yari ipakiye imyaka, yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali igeze Ruyenzi mu Karere ka Kamonyi, ubwo yagongaga izindi enye, na yo ikagwa igaramye mu muhanda, biteza umuvundo w’ibinyabiziga mu muhanda Kigali-Giticyinyoni wamaze amasaha agera muri atatu.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, yakozwe n’imodoka yo mu bwoko Toyota Dyna yavaga mu Karere ka Muhanga yerecyeza mu Mujyi wa Kigali, aho yari ipakiye ibishyimbo, byanamenetse mu muhanda rwagati ubwo yari imaze kugwa.

Umushoferi wari utwaye iyi modoka yakoreye impanuka ahitwa i Rubumba ku Ruyenzi mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bivugwa ko ari we wakoze amakosa, ubwo yanyuraga ku bindi binyabiziga atarebye ko imbere mu muhanda hari ibinyabiziga bari kubisikana, akaza kugongamo imodoma enye.

Polisi y’u Rwanda, ivuga ko uyu mushoferi wari utwaye iyi modoka, yageze aha bita i Rubumba, yanyuze ku binyabiziga byari imbere ye, ari na bwo yahitaga agonga izo modoka zindi zari mu cyerekezo yavagamo zo zikaba zari mu mukono wazo.

Iyi mpanuka yakomerekeyemo abantu barindwi (7) bari muri ibyo binyabiziga, aho batatu (3) muri bo bahise bajya kuvurirwa ku Bitaro bya Nyarugenge, mu gihe abandi bane (4) bagiye kuvurirwa ku Kigo Nderabuzima cya Gihara mu Karere ka Kamonyi.

Iyi modoka ya Toyota Dyna yaguye yubamye (Photp/ Kigali Today)

Polisi y’u Rwanda yibukije abantu kubahiriza amategeko y’umuhanda, kandi bakirinda kunyuranaho mu gihe babona bashobora guteza ibyago.

Iyi mpanuka ibaye nyuma y’iminsi micye n’ubundi mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye, habereye indi yakozwe n’imodoka y’Akarere ka Rusizi yari itwaye umurambo iwukuye mu Karere ka Gatsibo, na bwo yagonganye na Toyota Coaster nyuma yo kunyura ku bindi binyabiziga.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Emmanuel Kayigi, ubwo yavugaga kuri iyi mpanuka yabereye mu Karere ka Huye tariki 01 Mutarama 2025, yavuze ko na yo yatewe n’amakosa y’umushoferi wari utwaye iyi modoka y’Akarere ubwo yanyuraga ku bindi binyabiziga atareba imbere, agahita agonga Coaster.

Icyo gihe SP Emmanuel Kayigi yagize ati “Turongera kugira inama abatwara ibinyabiziga kwirinda gukora inyuranaho ahatemewe kuko biteza impanuka, igihe cyose bakanagendera ku muvuduko wagenwe.”

Iyi mpanuka yabereye ku Ruyenzi yateje umuvundo w’ibinyabiziga (Photo/Kigali Today)

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Igisubizo M23 yahaye u Burayi cyumvikanamo icyo bwirengagije bujya kwamagana ifatwa rya Masisi

Next Post

Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

Related Posts

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers
MU RWANDA

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

15/12/2025
How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

Inkuru y’akabaro y’undi warokotse Jenoside wasanzwe hafi y’iwe yapfuye n’igikekwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.