Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
27/06/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA, kiratangaza ko irangamuntu nshya y’ikoranabuhanga izaba irimo amakuru yisumbuye ku yabaga ari ku isanzwe, aho abazajya bayihabwa bazajya bafatwa ibipimo ndangamiterere birimo imboni z’amaso yabo n’ibikumwe ku ntoki zose uko ari 10, kandi nyirayo agahitamo amakuru aha uyimwatse.

Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Josephine Mukesha avuga ko icyo iyi rangamuntu nshya irusha isanzweho, ari uko igendera ku kwemeza ibipimo ndagamiterere (Biometry) by’umuntu.

Ati “Tuzafata ifoto, dufate imboni, dufate n’intoki zose uko ari icumi, kandi tuzayiha umuntu kuva akivuka. Ubu irangamuntu ntabwo tuzongera kujya tuyitanga guhera ku myaka 16, ariko dufotore gusa abana bato guhera ku myaka itanu, dutange bya bipimo ndangamiterere.”

Iyi rangamuntu koranabuhanga kandi izaba ishobora gutangwa mu bwoko butatu; ubwo kuba umuntu yayihabwa mu buryo bufatika nk’iyi isanzwe ariko igaragaraho amakuru macye.

Ati “Uyu munsi iyo uyirebye uba ubona imyaka yanjye,… hari andi makuru atari ngombwa ko uyaha buri muntu wese buri gihe, ubundi ayo yakagombye gutangwa ku mpamvu izwi ariko kuvuga ngo nitwa Mukesha Josephine ntabwo ari ibanga, uko nsa nk’ifoto yanjye ibyo byo si ibanga.”

Iyi rangamuntu izajya itangwa muri ubu buryo bufatika, izajya iba iriho kode [QR Code] ishobora kwifashishwa n’umuntu cyangwa urwego runaka bifuza amakuru yisumbuye ku yagaragaraho.

Hari kandi uburyo umuntu ashobora kujya ayihabwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, akajya ayigendana muri telefone ngendanwa, ku buryo yayerekana muri telefone aho ikenewe.

Hari n’uburyo bwo kuba umuntu ashobora guhabwa nimero, akayifata mu mutwe ku buryo ageze aho ikenewe yajya atanga iyo mibare ubundi bakabasha kubona amakuru bamukeneyeho.

Josephine Mukesha avuga ko gutanga iyi rangamuntu byegereje, ariko ko mbere yabyo, abantu bagomba kuzabanza kwemeza ko amakuru ari mu kigo cy’Igihugu cy’Irangamuntu ari impamo kugira ngo hatazabaho amakosa.

Avuga ko iki cyiciro cyo kugenzura amakuru y’abantu ari cyo kizaherwaho, ubundi hakurikireho gufata bya bipimo ndangamiterere, ubundi hatangwe iyi rangamuntu koranabuhanga.

Ati “Uko tubiteganya mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka ni bwo dushaka gutangira, kuko turashaka kugenda n’ibihe aho abantu baba baboneka bose kuko harimo no gufata n’abana, umuryango wose […] Turashaka kubikora mu gihe cy’ibiruhuko kuko ni bwo twumva ko byatuma tubikora mu buryo bwihuse kandi bigera kuri bose.”

Avuga ko nko ku bana bataruzuza imyaka 18 y’amavuko, amakuru yabo agomba kuzemezwa n’ababyeyi babo kuko ari bo babifite uburenganzira kuri bo.

 

Kuki irangamuntu koranabuhanga ikenewe?

Josephine Mukesha avuga ko iyi rangamuntu koranabuhanga ije gukemura ibibazo binyuranye, nko kongera abasanzwe bahabwa ikibaranga ku buryo izajya ihabwa n’abatazihabwaga nk’abana kandi bakeneraga ibibaranga.

Ati “Aha agomba kuyihabwa kuko serivisi ntabwo ihabwa gusa umuntu mukuru, n’umuto arayihabwa. Ikindi ni ubwo buryo bwaje burimo ibirenze uburyo twayikoreshaga buri physique. Bivuga ngo ahantu hamwe na hamwe wasabaga serivisi bakakwemerera ariko bakavuga ngo uzaze rimwe tukubone tubone kwemeza, ariko aha ngaha kuko ari ibipimo ndangamiterere ushobora kubikora n’iyo utaba uri kumwe n’uwo uguha serivisi.”

Avuga ko indi mpamvu iyi rangamuntu ari ngombwa, ari uko umuntu azajya aba afite uburenganzira bwo guha amakuru runaka bitewe n’akenewe, no kuyabambura.

Ati “Kuko mu irangamuntu koranabuhanga, uzajya unamenya ngo nemereye runaka na runaka, kino kigo ko baba bafite amakuru, kuba warabibemereye, ushobora na bo kubibuza ko bongera kubireba.”

Atanga nk’urugero rwo kuba umuntu yakoreshaga banki runaka, akaza kuyivamo akajya mu yindi, ku buryo ashobora guhita yima uburenganzira iyo banki yimutsemo bwo kujya babasha kugera ku makuru ye.

Uyu Muyobozi wa NIDA avuga ko gutanga izi rangamuntu koranabuhanga na byo bitazagorana ahubwo ko bizanihuta ku buryo mu myaka itanu iri imbere abantu benshi bazaba bazifite.

Ati “Muri 2030 ngira ngo abazaba bafite irangamuntu ifatika igendanwa bazaba ari bacye cyane, icyo cyo turabibona kuko uburyo bwo gukoresha digital ni bwo bworoshye.”

Josephone Mukesha avuga kandi ko ubwo hazaba hamaze gutangwa izi rangamuntu, hazavuka serivisi nyinshi kuko n’umubare w’abazifata uzaguka kuko n’abana bakivuka bazaba bemerewe kuzifata.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 12 =

Previous Post

Ingabo z’u Rwanda zamaganye itangazo ryazitiriwe ry’amakuru y’ibihuha

Next Post

Guverinoma yasubije abakomeje kuzamura amakuru y’ibihuha

Related Posts

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, wafatanywe umutwe w’inka yari yabuze nyuma yo kwibwa, yisobanuye avuga...

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

by radiotv10
20/10/2025
0

Mu gihe hari abaturage bavuga ko batarya cyangwa ngo bagaburire abana babo inyama z’imbeba za kizungu zizwi nka sumbirigi, ihindiya...

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

by radiotv10
20/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, batangaje ko mu gikorwa cyabaye mu minsi itanu, mu Rwanda...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
20/10/2025
0

Nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umuntu ujya mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Kigali akaryamamo mu bikomeje gukoreshwa...

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

by radiotv10
20/10/2025
0

Umunya-Somalia wahoze ayobora Ibitaro bikuru by'Igihugu, washakishwaga n’inzego z’ubutabera za kiriya Gihugu zimukekaho ibyaha birimo gufata ku ngufu no gufata...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

by radiotv10
20/10/2025
0

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

20/10/2025
BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

20/10/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Amakuru avugwa mu mirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

20/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku wagaragaye mu bikomeje kwiyongera ku mbuga nkoranyambaga

20/10/2025
Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

Hamenyekanye inzira zakoreshejwe n’Umunya-Somalia wari waratorotse ubutabera akagera mu Rwanda akanahafatirwa

20/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvugizi w’u Rwanda yageneye ubutumwa Abanyekongo bacye batibonamo Perezida Kagame nk’abandi Banyafurika bose

Guverinoma yasubije abakomeje kuzamura amakuru y’ibihuha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo wafatanywe umutwe w’inka yari yibwe ari nzima

Rusizi: Inyama z’imbeba mu byatsinsuye imirire mibi mu bana bato

BREAKING: Herekanywe ibifite agaciro ka Miliyoni 100Frw byafatiwe mu mukwabu w’ibitujuje ubuziranenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.