Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n’Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko atishimiye uburyo afatwa.
Amakuru avuga ko uyu wari Umutoza Wungirije wa Rayon Sports, Haruna Ferouz atishimiye uko yafashwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe.
Amakuru y’itandukana rye na Rayon Sports yatangiye kuvugwa cyane nyuma y’uko Rayon Sports itsinzwe na APR FC ibitego 4-1 mu mukino wa Super Cup 2025. Bivugwa ko Haruna yasabye abatoza bakorana ndetse n’ubuyobozi kudakinisha abakinnyi bashya bose, ariko igitekerezo cye nticyahabwa agaciro, bikarangira batsinzwe ibitego byinshi.

Biravugwa ko Ferouz yahawe imishahara y’amezi abiri, nk’uko byari bikubiye mu masezerano yari yaragiranye na Rayon Sports muri Kamena 2025, atangazwa ku mugaragaro muri Nyakanga 2025, aho yari umwe mu batoza bungirije Afahmia Lotfi, wari umutoza mukuru.
Mbere yo kugera mu Rwanda, Ferouz yari yaratoje amakipe atandukanye yo mu Burundi, arimo Vital’O FC, Burundi Sport Dynamik na Flambeau du Centre. Yari yasinyanye na Rayon Sports amasezerano y’umwaka umwe.
RADIOTV10










