Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hemejwe ikigiye gukorwa mu rubanza rw’uwari Gitifu aregwamo kwaka ruswa uwari Captain

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara kwaka indonke y’ibihumbi 300 Frw uwari ufite ipeti rya Captain washakaga kubaka inzu, rwasubitswe kugira ngo hashakwe ibimenyetso.

Uru rubanza ruregwamo Bigwi Alain Lolain wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye.

Bigwi Alain Lolain yatawe muri yombi ku wa 05 Ugushyingo 2024, ashinjwa kwaka no kwakira indonke y’ibihumbi 300 Frw, yakiriye muri Kanama 2023, ariko we akaba abihakana avuga ko ari akagambane.

Ubwo Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwaburanishaga uru rubanza Uyoboye inteko iburanisha yatangiye abaza uregwa niba aburana yemera icyaha, undi avuga ko atacyemera.

Umushinjacyaha yavuze  ko   Bigwi  yatse  Rtd Captain Ntaganda Emmanuel, indonke y’ibihumbi 300 Frw, ku wa 26 Kanama 2023, aho uyu wahoze mu Ngabo yashakaga kubaka inzu ahuriyeho n’abantu batatu mu isantere ya Bishya, mu Mudugudu w’Impinga, Akagari ka Mugombwa, Umurenge wa Mugombwa.

Ubushinjacyaha bwavuze ko nyuma ushinzwe ubutaka n’imiturire yamenyesheje uyu wari watanze indonke ko hafashwe icyemezo  ko kubaka bihagarara, ngo muri cyo gihe Bigwi yari ari muri konji, aho uyu wari watanze indonke agahamagara uyu wa Gitifu, amusaba kumusubiza ayo mafaranga amubwira ko ayamushyirira kuri MoMo pay y’umucuruzi witwa Batete Alphonsine.

Uregwa avuga ko ibyo ashinjwa ari ibinyoma afata nk’akagambane, aho avuga ko ashingira kuri raporo y’Ubugenzacyaha yerekana ibyakorewe kuri telefone igaragaza ko nta butumwa cyangwa ko habayeho kuvugana n’umucuruzi ku bijyanye n’ayo mafaranga.

Ikindi ashingiraho, ni ukuba ntaho bigaragara habayeho kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money hagati ye n’umucuruzi.

Ikindi ngo ni uko nta mwihariko w’amajwi agaragara avuga ko  yavuganye n’uwo mucuruzi cyangwa na Ntaganda bavugana ibijyanye n’ayo mafaranga yatse nk’indonke.

Ibi byose akabishingiraho asaba Ubushinjacyaha kugaragaza ibimenyetso bya nyabyo bifatika, agasaba ko ibyatanzwe n’Ubushinjacyaha bitahabwa agaciro.

Uregwa yanavuze ko mu ibazwa rya Rtd Captain Ntaganda wamureze, hari aho yivugiye ko yahoraga yumva bavuga ko Gitifu Bigwi arya ruswa, akiyemeza kujya kubaka inzu i Mugombwa ngo ashaka ‘kumugenza’ ngo azamufatishe kandi nyamara ari ibinyoma.

Me Sebukonoke Innocent na Me Habumuremyi bunganira uregwa, bavuga ko bitumvikana uko Ntaganda wamureze ari we wihaye inshingano zo gutanga ruswa wenyine ku nzu yari asangiye n’abandi, kandi bigaragara ko n’icyangombwa cy’ikibanza nta hantu hagaragara amazina ye.

Banenga Ubushinjacyaha kuko butagaragaza amajwi yumvikanisha ibiganiro bya telefone Bigwi na Ntaganda bemeranywa guhana ruswa, bityo bagasaba ko umukiliya wabo yafungurwa.

Banavuga kandi ko nta gihamya Ubushinjacyaha bwerekana ko Bigwi, yakiriye amafaranga yaba ifoto ayakira cyangwa se ubutumwa bugufi bwa telefone cyangwa ubwa banki.

Umucamanza yabajije uregwa niba uwo munsi yarageze kwa Batete bivugwa ko yahawe amafaranga, asubiza ko yahanyuze yihitira ariko ko ntacyo bavuganye.

Yanamubajije kandi icyo yavuganaga na Atete kuri telefone, avuga ko ariho yari asanzwe ahahira bavuganaga ku byo yabaga akeneye guhaha.

Umushinjacyaha yasabye Urukiko ko rwagenedera ku bimenyetso byabwo rukemeza ko ibyaha aregwa by’iyezandonke, kwaka no kwakira ruswa bigize impurirane rukamukatira gufungwa imyaka 10 no gutanga ihazabu yikubye gatatu y’amafaranga yatse.

Nyuma yo kumva impande zombi, Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwavuze ko mu byatangajwe humvikanamo kwivuguruza kandi ko bigaragara ko hakenewe ibisobanuro by’uwahawe amafaranga ngo ayashyikirize Bigwi ndetse n’ibisobanuro by’uwari ushinzwe imiturire mu Murenge, rufata  icyemezo cyo  gusubika urubanza kugira ngo kugira ngo hashakwe ibindi bimenyetso, rwemeza ko uru rubanza ruzasubukurwa ku wa 10 Werurwe 2025.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + eighteen =

Previous Post

Sanctions: Understanding the Belgians behaviour

Next Post

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

IZIHERUKA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo
AMAHANGA

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Amakuru mashya: Ibya Rayon byongeye gusubirwamo abayobozi bose bakurwaho hahita hatangazwa ab’inzibacyuho

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon yatanze umucyo ku bibaza ku hazaza h’ikipe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.