Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hemejwe ikigiye gukorwa mu rubanza rw’uwari Gitifu aregwamo kwaka ruswa uwari Captain

radiotv10by radiotv10
26/02/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urubanza ruregwamo uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara kwaka indonke y’ibihumbi 300 Frw uwari ufite ipeti rya Captain washakaga kubaka inzu, rwasubitswe kugira ngo hashakwe ibimenyetso.

Uru rubanza ruregwamo Bigwi Alain Lolain wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara, rwabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Gashyantare 2025 mu Rukiko Rwisumbuye rwa Huye.

Bigwi Alain Lolain yatawe muri yombi ku wa 05 Ugushyingo 2024, ashinjwa kwaka no kwakira indonke y’ibihumbi 300 Frw, yakiriye muri Kanama 2023, ariko we akaba abihakana avuga ko ari akagambane.

Ubwo Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwaburanishaga uru rubanza Uyoboye inteko iburanisha yatangiye abaza uregwa niba aburana yemera icyaha, undi avuga ko atacyemera.

Umushinjacyaha yavuze  ko   Bigwi  yatse  Rtd Captain Ntaganda Emmanuel, indonke y’ibihumbi 300 Frw, ku wa 26 Kanama 2023, aho uyu wahoze mu Ngabo yashakaga kubaka inzu ahuriyeho n’abantu batatu mu isantere ya Bishya, mu Mudugudu w’Impinga, Akagari ka Mugombwa, Umurenge wa Mugombwa.

Ubushinjacyaha bwavuze ko nyuma ushinzwe ubutaka n’imiturire yamenyesheje uyu wari watanze indonke ko hafashwe icyemezo  ko kubaka bihagarara, ngo muri cyo gihe Bigwi yari ari muri konji, aho uyu wari watanze indonke agahamagara uyu wa Gitifu, amusaba kumusubiza ayo mafaranga amubwira ko ayamushyirira kuri MoMo pay y’umucuruzi witwa Batete Alphonsine.

Uregwa avuga ko ibyo ashinjwa ari ibinyoma afata nk’akagambane, aho avuga ko ashingira kuri raporo y’Ubugenzacyaha yerekana ibyakorewe kuri telefone igaragaza ko nta butumwa cyangwa ko habayeho kuvugana n’umucuruzi ku bijyanye n’ayo mafaranga.

Ikindi ashingiraho, ni ukuba ntaho bigaragara habayeho kohererezanya amafaranga kuri Mobile Money hagati ye n’umucuruzi.

Ikindi ngo ni uko nta mwihariko w’amajwi agaragara avuga ko  yavuganye n’uwo mucuruzi cyangwa na Ntaganda bavugana ibijyanye n’ayo mafaranga yatse nk’indonke.

Ibi byose akabishingiraho asaba Ubushinjacyaha kugaragaza ibimenyetso bya nyabyo bifatika, agasaba ko ibyatanzwe n’Ubushinjacyaha bitahabwa agaciro.

Uregwa yanavuze ko mu ibazwa rya Rtd Captain Ntaganda wamureze, hari aho yivugiye ko yahoraga yumva bavuga ko Gitifu Bigwi arya ruswa, akiyemeza kujya kubaka inzu i Mugombwa ngo ashaka ‘kumugenza’ ngo azamufatishe kandi nyamara ari ibinyoma.

Me Sebukonoke Innocent na Me Habumuremyi bunganira uregwa, bavuga ko bitumvikana uko Ntaganda wamureze ari we wihaye inshingano zo gutanga ruswa wenyine ku nzu yari asangiye n’abandi, kandi bigaragara ko n’icyangombwa cy’ikibanza nta hantu hagaragara amazina ye.

Banenga Ubushinjacyaha kuko butagaragaza amajwi yumvikanisha ibiganiro bya telefone Bigwi na Ntaganda bemeranywa guhana ruswa, bityo bagasaba ko umukiliya wabo yafungurwa.

Banavuga kandi ko nta gihamya Ubushinjacyaha bwerekana ko Bigwi, yakiriye amafaranga yaba ifoto ayakira cyangwa se ubutumwa bugufi bwa telefone cyangwa ubwa banki.

Umucamanza yabajije uregwa niba uwo munsi yarageze kwa Batete bivugwa ko yahawe amafaranga, asubiza ko yahanyuze yihitira ariko ko ntacyo bavuganye.

Yanamubajije kandi icyo yavuganaga na Atete kuri telefone, avuga ko ariho yari asanzwe ahahira bavuganaga ku byo yabaga akeneye guhaha.

Umushinjacyaha yasabye Urukiko ko rwagenedera ku bimenyetso byabwo rukemeza ko ibyaha aregwa by’iyezandonke, kwaka no kwakira ruswa bigize impurirane rukamukatira gufungwa imyaka 10 no gutanga ihazabu yikubye gatatu y’amafaranga yatse.

Nyuma yo kumva impande zombi, Urukiko Rwisumbuye rwa Huye rwavuze ko mu byatangajwe humvikanamo kwivuguruza kandi ko bigaragara ko hakenewe ibisobanuro by’uwahawe amafaranga ngo ayashyikirize Bigwi ndetse n’ibisobanuro by’uwari ushinzwe imiturire mu Murenge, rufata  icyemezo cyo  gusubika urubanza kugira ngo kugira ngo hashakwe ibindi bimenyetso, rwemeza ko uru rubanza ruzasubukurwa ku wa 10 Werurwe 2025.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 9 =

Previous Post

Sanctions: Understanding the Belgians behaviour

Next Post

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Ubutumwa Guverineri mushya wa Banki Nkuru y’u Rwanda yageneye Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.