Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye abantu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye, barimo abakekwaho kwiyitirira Abagenzacyaha bizeza abantu kuzabafungurira ababo bafunze, ndetse n’abakekwaho kurema umutwe w’abagizi ba nabi bagurisha ubutaka butari ubwabo bakoresheje impapuro mpimbano.

Aba bantu beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025, barimo kandi abantu barindwi (7) barimo abagore babiri (2) bakurikinyweho kwiyitirira Abagenzacyaha bagasaba amafaranga abantu bafite ababo bafunze kubera ibyaha bakekwaho babizeza kubafungura.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko muri aba bantu barindwi harimo uwitwa Mukahabimana Beatrice wakoranaga na Siborurema Jean Claude ukiri gushakishwa kuko yatorotse nyuma yo kumenya ko bagenzi be bafashwe, bashakishaga amakuru y’abantu bafunzwe kugira ngo babone uko bariganya abantu amafaranga.

Ati “Bamara kuyabona [amakuru] bakayakoresha bahamagara abavandimwe, umugore cyangwa umugabo, w’umwe muri abo bantu bafunzwe. Uwitwa Mukahabimana Beatrice nk’umugore, arahamagara kuko bizwi neza ko abagore iyo agize aho ahamagara, ntabwo abagore bazwi muri ibi bikorwa by’uburiganya.”

Dr avuga ko uyu Beatrice yabaga yiyitiriye ko akorera Ubugenzacyaha cyangwa Polisi y’u Rwanda, ku buryo abashukwaga bamwizeraga kuko bumvaga bahamagawe n’umugore.

Ati “Amuhamagara yigize Umugenzacyaha akamubwira amakuru ku muntu we ari umuvandimwe, umugabo cyangwa umugore we ufunze, hanyuma uyu Niyigena Claudine [undi mu berekanywe], na we anyuzwaho amafaranga baciwe.”

Dr Murangira avuga ko iyo uyu wahamagaraga yumvise ko uwo yahamagaye bahuza, atangira kumwumvisha ko dosiye y’umuntu we ufunze ikomeye, ariko ko yabimugiramo kugira ngo yorohe.

Nanone kandi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwerekanye kandi abandi bantu batanu (5) bakurikiranyweho kurema umutwe w’abagizi ba nabi bagurisha ubutaka butari ubwabo bakoresheje impapuro mpimbano.

Ubutumwa bwatanzwe n’uru Rwego rugira ruti “RIB iributsa Abaturarwanda ko Serivise z’Ubugenzacyaha nta kiguzi zigira, bityo bajya bagira amakenga bakanatanga amakuru igihe hari ubatse indoke yiyitirira umugenzacyaha.”

Bukomeza bugira buti “RIB kandi irabasaba kujya bagira amakenga no gushishoza igihe cyose bagiye kugura umutungo runaka mu rwego rwo kwirinda kugwa mu mutego w’abatekamutwe.”

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko serivisi z’uru Rwego zitagurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 1 =

Previous Post

Hamenyekanye ibyari byanditse ku kandiko kohererejwe Muhire Kevin wa Rayon mu kibuga

Next Post

Perezida yagaragaje umwanya u Rwanda rwazaho mu bifuza amabuye muri Congo utagakwiye gutuma ruhozwaho inkeke

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Perezida yagaragaje umwanya u Rwanda rwazaho mu bifuza amabuye muri Congo utagakwiye gutuma ruhozwaho inkeke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.