Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Herekanywe abakurikiranyweho ibyaha birimo kwiyitirira Abagenzacyaha no kurema umutwe w’abagizi ba nabi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye abantu bakurikiranyweho ibyaha bitandukanye, barimo abakekwaho kwiyitirira Abagenzacyaha bizeza abantu kuzabafungurira ababo bafunze, ndetse n’abakekwaho kurema umutwe w’abagizi ba nabi bagurisha ubutaka butari ubwabo bakoresheje impapuro mpimbano.

Aba bantu beretswe itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki 10 Werurwe 2025, barimo kandi abantu barindwi (7) barimo abagore babiri (2) bakurikinyweho kwiyitirira Abagenzacyaha bagasaba amafaranga abantu bafite ababo bafunze kubera ibyaha bakekwaho babizeza kubafungura.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry avuga ko muri aba bantu barindwi harimo uwitwa Mukahabimana Beatrice wakoranaga na Siborurema Jean Claude ukiri gushakishwa kuko yatorotse nyuma yo kumenya ko bagenzi be bafashwe, bashakishaga amakuru y’abantu bafunzwe kugira ngo babone uko bariganya abantu amafaranga.

Ati “Bamara kuyabona [amakuru] bakayakoresha bahamagara abavandimwe, umugore cyangwa umugabo, w’umwe muri abo bantu bafunzwe. Uwitwa Mukahabimana Beatrice nk’umugore, arahamagara kuko bizwi neza ko abagore iyo agize aho ahamagara, ntabwo abagore bazwi muri ibi bikorwa by’uburiganya.”

Dr avuga ko uyu Beatrice yabaga yiyitiriye ko akorera Ubugenzacyaha cyangwa Polisi y’u Rwanda, ku buryo abashukwaga bamwizeraga kuko bumvaga bahamagawe n’umugore.

Ati “Amuhamagara yigize Umugenzacyaha akamubwira amakuru ku muntu we ari umuvandimwe, umugabo cyangwa umugore we ufunze, hanyuma uyu Niyigena Claudine [undi mu berekanywe], na we anyuzwaho amafaranga baciwe.”

Dr Murangira avuga ko iyo uyu wahamagaraga yumvise ko uwo yahamagaye bahuza, atangira kumwumvisha ko dosiye y’umuntu we ufunze ikomeye, ariko ko yabimugiramo kugira ngo yorohe.

Nanone kandi, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwerekanye kandi abandi bantu batanu (5) bakurikiranyweho kurema umutwe w’abagizi ba nabi bagurisha ubutaka butari ubwabo bakoresheje impapuro mpimbano.

Ubutumwa bwatanzwe n’uru Rwego rugira ruti “RIB iributsa Abaturarwanda ko Serivise z’Ubugenzacyaha nta kiguzi zigira, bityo bajya bagira amakenga bakanatanga amakuru igihe hari ubatse indoke yiyitirira umugenzacyaha.”

Bukomeza bugira buti “RIB kandi irabasaba kujya bagira amakenga no gushishoza igihe cyose bagiye kugura umutungo runaka mu rwego rwo kwirinda kugwa mu mutego w’abatekamutwe.”

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko serivisi z’uru Rwego zitagurwa

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 15 =

Previous Post

Hamenyekanye ibyari byanditse ku kandiko kohererejwe Muhire Kevin wa Rayon mu kibuga

Next Post

Perezida yagaragaje umwanya u Rwanda rwazaho mu bifuza amabuye muri Congo utagakwiye gutuma ruhozwaho inkeke

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Perezida yagaragaje umwanya u Rwanda rwazaho mu bifuza amabuye muri Congo utagakwiye gutuma ruhozwaho inkeke

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.