Monday, October 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri bo mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, bavuga ko bari babonye umusaruro ushimishije, ariko ukaba umaze igihe mu buhunikiro kuko babuze isoko ryawo, ndetse ukaba waratangiye kwangirika.

Aba bahinzi bavuga ko ubwo bari bamaze gusaru, bahise bajyana umusaruro ku bubiko rusange, bizeye ko bazabona isoko, na bo bagatangira kurya ku ifaranga rivuye mu mbaragaza abo.

Umwe yagize ati “Twarasaruye tujyana umusaruro mu bubiko, dutegereza ko bawutwara ngo batwishyure nk’uko byari bisanzwe, turategereza turaheba.”

Aba bahinzi bavuga ko bumvaga ko uyu musaruro wabo ugiye kubafasha kwikemurira ibibazo birimo iby’imibereho yo mu ngo zabo ndetse no kwiteza imbere, none ubu bakaba babayeho nabi.

Ati “Kuva twasarura imiceri iracyari ku mbuga, imifuka yarashwanyaguritse, imiryango yacu yabuze ibyo kurya kubera ko tutagurishije ngo tubone amafaranga, igihombo ni cyinshi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko iki kibazo kizwi, gusa ngo inzego bireba ziri gukorana kugira ngo gikemuke.

Ati “Abanyenganda ntabwo bitabiriye kugura umuceri, bavuga ko igiciro kiri hejuru, ariko Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi yarabisobanuye. Turi kuganira n’abacuruzi ndetse n’abahinzi kugira ngo iki kibazo gikemuke.’’

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere ry’Ubucuruzi muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Cassien Karangwa, avuga ko icyo kibazo bakizi kandi ko hari abagenzuzi bohereje hirya no hino mu Gihugu ahahingwa umuceri, kugira ngo bamenye utaragurwa, bityo babone gufata ingamba.

Ni mu gihe abafite inganda zitonora umuceri bavuga ko ko iki kibazo cyatewe no kuba igiciro basabwa kuwufatiraho kiri hejuru.

Bavuga ko ubu bari mu marira
Umuceri wabo watangiye kwangirika

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Next Post

Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Related Posts

Things to leave behind with the end of the week

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
20/10/2025
0

Every new week is a quiet reset, a chance to step forward without dragging the emotional and mental clutter of...

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

by radiotv10
19/10/2025
0

Perezida Bassirou Diomaye Faye wa Senegal warangije uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda rusize Ibihugu byombi birushijeho guteza imbere...

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
1

Rwanda’s ambitious move to introduce a new digital identification system has sparked widespread curiosity among citizens and observers eager to...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, zahaye abanyeshuri 900 biga mu ishuri ry’i Juba ibikoresho binyuranye...

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

by radiotv10
18/10/2025
0

Hasohotse Iteka rya Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, ryirukana abayobozi babiri mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC n’undi umwe wo mu Kigo...

IZIHERUKA

Things to leave behind with the end of the week
MU RWANDA

Things to leave behind with the end of the week

by radiotv10
20/10/2025
0

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

19/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

18/10/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Things to leave behind with the end of the week

Ubutumwa Perezida wa Senegal yageneye Perezida Kagame n’Abanyarwanda nyuma yo gusoza uruzinduko rwe

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.