• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika

radiotv10by radiotv10
30/07/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Abahinzi b’umuceri bari babonye umusaruro ushimishije ubu bararira ayo kwarika
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’umuceri bo mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye, bavuga ko bari babonye umusaruro ushimishije, ariko ukaba umaze igihe mu buhunikiro kuko babuze isoko ryawo, ndetse ukaba waratangiye kwangirika.

Aba bahinzi bavuga ko ubwo bari bamaze gusaru, bahise bajyana umusaruro ku bubiko rusange, bizeye ko bazabona isoko, na bo bagatangira kurya ku ifaranga rivuye mu mbaragaza abo.

Umwe yagize ati “Twarasaruye tujyana umusaruro mu bubiko, dutegereza ko bawutwara ngo batwishyure nk’uko byari bisanzwe, turategereza turaheba.”

Aba bahinzi bavuga ko bumvaga ko uyu musaruro wabo ugiye kubafasha kwikemurira ibibazo birimo iby’imibereho yo mu ngo zabo ndetse no kwiteza imbere, none ubu bakaba babayeho nabi.

Ati “Kuva twasarura imiceri iracyari ku mbuga, imifuka yarashwanyaguritse, imiryango yacu yabuze ibyo kurya kubera ko tutagurishije ngo tubone amafaranga, igihombo ni cyinshi.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko iki kibazo kizwi, gusa ngo inzego bireba ziri gukorana kugira ngo gikemuke.

Ati “Abanyenganda ntabwo bitabiriye kugura umuceri, bavuga ko igiciro kiri hejuru, ariko Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi yarabisobanuye. Turi kuganira n’abacuruzi ndetse n’abahinzi kugira ngo iki kibazo gikemuke.’’

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Iterambere ry’Ubucuruzi muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Cassien Karangwa, avuga ko icyo kibazo bakizi kandi ko hari abagenzuzi bohereje hirya no hino mu Gihugu ahahingwa umuceri, kugira ngo bamenye utaragurwa, bityo babone gufata ingamba.

Ni mu gihe abafite inganda zitonora umuceri bavuga ko ko iki kibazo cyatewe no kuba igiciro basabwa kuwufatiraho kiri hejuru.

Bavuga ko ubu bari mu marira
Umuceri wabo watangiye kwangirika

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − ten =

Previous Post

Rutsiro: Haravugwa icyateye impanuka yahitanye uwari ukuriye DASSO ku rwego rw’Akarere

Next Post

Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Ikipe ivugwamo ibibazo by’amikora yikojeje ku isoko igaragaza ko ishaka kugarukana imbaduko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.