Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Karere ka Huye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko kuba hari imibiri ya bamwe mu babo itaraboneka, bibatera agahinda, bagasaba ko abafite amakuru y’aho iri bakaba baranze kuyatanga, bakwemera bakayatanga kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Byatangajwe kuri uyu wa 07 Mata 2025 ubwo hatangizwaga icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu murenge wa Karama, hunamiwe abarenga ibihumbi 75 bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Karama hanagarukwa ku mateka yaganishije igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi no ku rugendo rutoroshye rwa bamwe mu barokokeye muri aka gace.

Bamwe mu barokokeye mu Murenge wa Karama bavuga ko bitari biborohere kugira ngo barokoke kuko muri aka gace hishwe Abatutsi benshi bari baturutse mu makomini atandukanye ya Peregitura ya Butare n’iya Gikongoro bari barahahungiye.

Ruzindana Jean Damascene yavuze ko kuva tariki 07 Mara 1994 muri aka gace, ibintu byari bimeze nabi, ariko ko byaje kurushaho tariki 21 Mata.

Ati “Ni bwo haje ibitero byitwaje intwaro zica Abatutsi bari bari hamwe muri Kiliziya ya Karama ndetse no ku kibuga barabica nyuma nabwo haza amakamyo apakiye intwaro ku buryo kurokoka bitari byoroshye.”

Uyu muturage avuga ko yabonye bikomeye ahungira mu Gihugu cy’u Burundi, bigatuma arokoka, ariko ko abo yasize aha bari bari, bose bishwe.

Perezida wa Ibuka mu kKrere Huye, Theodate Siboyintore anenga abagitsimbaraye ku kuterekana ahari imibiri y’abishwe muri Jenosode ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Ati “Hari abagitsimbaraye ku kutavugisha ukuri ku hajugunywe imibiri y’abishwe muri Jenoside, ibi bitera ibikomere abarokotse. Twasaba ko abazi ahari imibiri itarashyingurwa bahagaraza igashyingurwa mu cyubahiro.”

Abantu barenga ibihumbi 75 ni bo bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Karama, bari baturutse muri za Kominizi zitandukanye zo mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare na Gikongoro.

Abaturage baje kwifatanya mu gikorwa cyo Kwibuka
Ruzindana Jean Damascene avuga ko kurokoka muri aka gace bitari byoroshye

Urwibutso rwa Karama ruruhukiyemo abarenga ibihumbi 75

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − three =

Previous Post

Ubutumwa Perezida w’u Bufaransa yageneye Abanyarwanda bujyanye no Kwibuka31

Next Post

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

by radiotv10
11/11/2025
0

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura...

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

IZIHERUKA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda
MU RWANDA

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

Kenya yasobanuye ku byo yashinjwe byo kugira uruhare mu bibazo byo mu Bihugu birimo Congo

11/11/2025
Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze gufungwa akabanza kubura n’ubu abaturage baramutangira ubuhamya

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.