Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Huye: Abarokotse Jenoside bongeye kugaragaza ikikibatera agahinda
Share on FacebookShare on Twitter

Abo mu Karere ka Huye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuga ko kuba hari imibiri ya bamwe mu babo itaraboneka, bibatera agahinda, bagasaba ko abafite amakuru y’aho iri bakaba baranze kuyatanga, bakwemera bakayatanga kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

Byatangajwe kuri uyu wa 07 Mata 2025 ubwo hatangizwaga icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Huye mu murenge wa Karama, hunamiwe abarenga ibihumbi 75 bashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Karama hanagarukwa ku mateka yaganishije igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi no ku rugendo rutoroshye rwa bamwe mu barokokeye muri aka gace.

Bamwe mu barokokeye mu Murenge wa Karama bavuga ko bitari biborohere kugira ngo barokoke kuko muri aka gace hishwe Abatutsi benshi bari baturutse mu makomini atandukanye ya Peregitura ya Butare n’iya Gikongoro bari barahahungiye.

Ruzindana Jean Damascene yavuze ko kuva tariki 07 Mara 1994 muri aka gace, ibintu byari bimeze nabi, ariko ko byaje kurushaho tariki 21 Mata.

Ati “Ni bwo haje ibitero byitwaje intwaro zica Abatutsi bari bari hamwe muri Kiliziya ya Karama ndetse no ku kibuga barabica nyuma nabwo haza amakamyo apakiye intwaro ku buryo kurokoka bitari byoroshye.”

Uyu muturage avuga ko yabonye bikomeye ahungira mu Gihugu cy’u Burundi, bigatuma arokoka, ariko ko abo yasize aha bari bari, bose bishwe.

Perezida wa Ibuka mu kKrere Huye, Theodate Siboyintore anenga abagitsimbaraye ku kuterekana ahari imibiri y’abishwe muri Jenosode ngo ishyingurwe mu cyubahiro

Ati “Hari abagitsimbaraye ku kutavugisha ukuri ku hajugunywe imibiri y’abishwe muri Jenoside, ibi bitera ibikomere abarokotse. Twasaba ko abazi ahari imibiri itarashyingurwa bahagaraza igashyingurwa mu cyubahiro.”

Abantu barenga ibihumbi 75 ni bo bashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Karama, bari baturutse muri za Kominizi zitandukanye zo mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare na Gikongoro.

Abaturage baje kwifatanya mu gikorwa cyo Kwibuka
Ruzindana Jean Damascene avuga ko kurokoka muri aka gace bitari byoroshye

Urwibutso rwa Karama ruruhukiyemo abarenga ibihumbi 75

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 3 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida w’u Bufaransa yageneye Abanyarwanda bujyanye no Kwibuka31

Next Post

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Related Posts

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

by radiotv10
02/07/2025
0

Abacururiza imbuto n’imboga mu isoko rya Kariyeri riherereye mu mjyi wa Musanze, bataka ibihombo bavuga ko baterwa n'uko bashyizwe mu...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
02/07/2025
4

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

by radiotv10
02/07/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Ruvavu, bavuga ko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu REG cyabashingiye amapoto...

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

IZIHERUKA

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo
FOOTBALL

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

by radiotv10
03/07/2025
0

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

02/07/2025
Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

Rubavu: Bashingiwe amapoto none imyaka ibaye ibiri bategereje amashanyarazi barahebye

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze gufungwa akabanza kubura n’ubu abaturage baramutangira ubuhamya

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Bubakiwe isoko rishya rinagezweho ariko bamaze umwaka baricururizamo bafite amaganya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.