Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo hakorwaga igikorwa cyo gufata abana bavugwaho guteza umutekano mucye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye batandatu bari bamaze kwiba bihishe mu miferege y’amazi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, ubwo aba bana batandatu bari hagati y’imyaka 10 na 15 bari bamaze kwiba radio na telefone ariko abantu bakayoberwa aho barengeye.

Bahise binjira mu miferege y’amazi, byanatumye abaturage biyambaza Polisi kugira ngo bafatanye kubakuramo, biba ngombwa ko hacukurwa umuferege bari binjiyemo kugeza igihe babakuriyemo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yagize ati “Ku makuru twahawe n’abaturage, Polisi yakoze igikorwa cyo gushakisha abateza umutekano mucye muri aka gace cyane cyane mu bikorwa bitandukanye by’ubujura aho muri iki gitondo bari bamaze kwiba abaturage smart phone imwe na radio nto imwe bagahungira mu muferege w’amazi upfundikiye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, akomeza avuga ko abafashwe ari batandatu bari hagati y’imyaka 10 na 15.

SP Emmanuel Habiyaremye yaboneyeho kuburira abishoye muri izi ngeso mbi, ati “Turaburira abishora muri ibi korwa bibi by’ubujura n’ibindi byaha kubivamo kuko Polisi ikomeje ibikorwa byayo byo kubahigwa bukware.”

Bamwe mu batuye mu karere ka Huye byumwihariko mu Murenge wa Tumba, bavuga ko ikibazo cy’abana nk’aba bambura abaturage bakanatobora inzu atari gishya ndetse ko kimaze gufata indi ntera mu mujyi wa Huye no mu nkengero zawo.

Aba bana bambura abaturage bakaniba mu ngo zabo, bavuga ko baba  barabitangiye bakiri bato cyane, aho batangira basabiriza ku mihanda ndetse no mu ngo nyuma bamara kuba bakuru bakajya bashikuza abaturage ibyo bafite.

Abaturage bari baje kwirebera uko aba bana bafatwa

Byabaye ngombwa ko basenya ibikorwa remezo kugira ngo bafatwe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Next Post

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.