Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha

radiotv10by radiotv10
02/10/2024
in MU RWANDA
0
Huye: Mu mukwabu wo guhiga abana bavugwaho ubujura hagaragaye amayeri adasanzwe bakoresha
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo hakorwaga igikorwa cyo gufata abana bavugwaho guteza umutekano mucye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye batandatu bari bamaze kwiba bihishe mu miferege y’amazi.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024, ubwo aba bana batandatu bari hagati y’imyaka 10 na 15 bari bamaze kwiba radio na telefone ariko abantu bakayoberwa aho barengeye.

Bahise binjira mu miferege y’amazi, byanatumye abaturage biyambaza Polisi kugira ngo bafatanye kubakuramo, biba ngombwa ko hacukurwa umuferege bari binjiyemo kugeza igihe babakuriyemo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye yagize ati “Ku makuru twahawe n’abaturage, Polisi yakoze igikorwa cyo gushakisha abateza umutekano mucye muri aka gace cyane cyane mu bikorwa bitandukanye by’ubujura aho muri iki gitondo bari bamaze kwiba abaturage smart phone imwe na radio nto imwe bagahungira mu muferege w’amazi upfundikiye.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, akomeza avuga ko abafashwe ari batandatu bari hagati y’imyaka 10 na 15.

SP Emmanuel Habiyaremye yaboneyeho kuburira abishoye muri izi ngeso mbi, ati “Turaburira abishora muri ibi korwa bibi by’ubujura n’ibindi byaha kubivamo kuko Polisi ikomeje ibikorwa byayo byo kubahigwa bukware.”

Bamwe mu batuye mu karere ka Huye byumwihariko mu Murenge wa Tumba, bavuga ko ikibazo cy’abana nk’aba bambura abaturage bakanatobora inzu atari gishya ndetse ko kimaze gufata indi ntera mu mujyi wa Huye no mu nkengero zawo.

Aba bana bambura abaturage bakaniba mu ngo zabo, bavuga ko baba  barabitangiye bakiri bato cyane, aho batangira basabiriza ku mihanda ndetse no mu ngo nyuma bamara kuba bakuru bakajya bashikuza abaturage ibyo bafite.

Abaturage bari baje kwirebera uko aba bana bafatwa

Byabaye ngombwa ko basenya ibikorwa remezo kugira ngo bafatwe

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 1 =

Previous Post

Abamaze guhitanwa n’icyorezo cya Marburg mu Rwanda bageze mu 10

Next Post

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Related Posts

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

by radiotv10
26/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo muri Pfunda mu Karere ka Rutsiro bashengurwa no kuba bagurirwa umusaruro wabo ku giciro cyo...

Why humans naturally copy each other’s behavior

Why humans naturally copy each other’s behavior

by radiotv10
26/01/2026
0

Humans often copy each other without realizing it. We copy accents, gestures, emotions, and even habits. This behavior is natural...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

IZIHERUKA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba
AMAHANGA

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

Ubukire bumva ku bo bahinga igihingwa kimwe bibaza igihe buzabagereraho bikabashobera

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Mozambique: RDF yizeje gukaza ibitero byo guhashya ibyihebe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.