Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo

radiotv10by radiotv10
21/12/2021
in MU RWANDA
0
I Goma byadogereye kubera Imyigaragambyo y’abavuga ko badashaka ko Polisi y’u Rwanda ijyayo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko havuzwe amakuru ko hari itsinda ry’Abapolisi b’u Rwanda bazajya i Goma gufatanya n’abo muri uriya mujyi gucunga umutekano, bamwe mu bawutuye biraye mu mihanda babyamagana bavuga ko bafite Igisirikare n’Igipolisi byihagije.

Iyi myigaragambyo yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 20 Ukuboza, yiganjemo abakiri bato biraye mu kihanda bakayifunga ubundi bagasagarira inzego z’umutekano.

Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho yerekana ibikorwa by’imyigaragambyo iri kubera muri uriya mujyi wa Goma.

Abiraye mu mihanda, bashyiraga ibintu binyuranye mu muhanda nk’amabuye bayifunga ngo hatagira utambuka.

Amakuru avuga ko iyi myigaragambyo yaturutse ku mujinya w’abatuye mu Mujyi wa Goma nyuma batewe n’uruzinduko Umuyobozi wa Polisi ya DRC, General Amuli Bahigwa Dieudonne yagiriye mu Rwanda mu cyumweru gishize.

Nyuma ya ruriya ruzinduko, hari amakuru yavuzwe ko hari itsinda ry’Abapolisi b’u Rwanda bazajya i Goma gufatanya n’Abapolisi ba kiriya Gihugu gucunga umutekano.

Abamagana iby’uko Polisi y’u Rwanda ijya gutanga umusada i Goma bavuga ko byaba ari ukugurisha Igihugu cyabo.

Umwe mu bari muri iyi myigaragambyo, yagize ati “Mu Gihugu cyacu dufite Igisirikare n’Igipolisi bikomeye ariko ntitwumva impamvu Abanyarwanda bagiye kuza kuducungira umutekano.”

Gusa Umuyobozi wa Polisi ya DRC, General Amuli Bahigwa Dieudonne aherutse kwamagana iby’ariya makuru y’uko Polisi y’u Rwanda izajya muri DRC.

Ubwo yaganiraga n’Abanyamakuru, General Amuli Bahigwa Dieudonne yagize ati “Mu masezerano twagiranye na Polisi y’u Rwanda ntiharimo kuzana itsinda ry’abapolisi babo mu mujyi wa Goma kuko sinjye usinya ayo masezerano kuko ntabifitiye ububasha.”

IGP Dan Munyuza wakiriye General Amuli Bahigwa Dieudonne, yavuze ko Ibuhugu by’u Rwanda na DRC birenze ibyo kuba ari ibituranyi ahubwo ko ari ibivadimwe.

Icyo gihe yagize ati “Bikeneye ko twubaka ubufatanye bukomeye ndetse no guhuza imbaraga mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka bihangayikishije aka Karere.”

Yakomeje agira ati “Turashaka gukorera hamwe kugira ngo dutange ubutumwa bukomeye kuri buri wese washaka guhungabanya umutekano ko atabigeraho.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 15 =

Previous Post

Kirehe: Abakora muri VUP ngo ni ugukorera inda gusa iby’iterambere byo ntibyashoboka

Next Post

Umuhanzi w’Imideri Sonia Mugabo yakoze ubukwe yambarirwa n’abarimo Ange Kagame

Related Posts

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal FC yatsinze Bayern Munich ibitego 3-1 mu mukino w'Irushanwa ry'i...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

by radiotv10
27/11/2025
0

In every society, peace is not just the absence of war; it is the presence of unity, justice, and understanding....

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda
MU RWANDA

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

27/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi w’Imideri Sonia Mugabo yakoze ubukwe yambarirwa n’abarimo Ange Kagame

Umuhanzi w’Imideri Sonia Mugabo yakoze ubukwe yambarirwa n’abarimo Ange Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.