Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Kigali hagaragaye ikimenyetso gishimangira umubano mwiza w’u Rwanda n’amahanga

radiotv10by radiotv10
16/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
I Kigali hagaragaye ikimenyetso gishimangira umubano mwiza w’u Rwanda n’amahanga
Share on FacebookShare on Twitter

I Kigali mu Rwanda hazamuwe ibendera rya Guinée Conakry ahagiye gukorera Ambasade y’iki Gihugu mu Rwanda, mu rwego rwo gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Izamurwa ry’iri bendera rya Guinée Conakry ryagaragajwe na Nfaly Sylla usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, akaba ari na Minisitiri ushinzwe Itumanaho.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Nfaly Sylla yavuze ko Igihugu cye cyishimiye kuba cyazamuye ibendera ryacyo mu Rwanda aho ambasade yacyo mu Rwanda igiye kujya ikorera.

Yagize ati “Umubano wa Conakry-Kigali ukomeje gutera imbere. Harakabaho imikoranire ya Guinée n’u Rwanda Rwanda.”

Agaruka ku gikorwa cyo kuzamura ibendera rya Guinea mu Rwanda, Nfaly Sylla yagize ati “Izamurwa ry’ibendera rya Guinée kuri Ambasade yacu nshya i Kigali, mu rwego rwo gutsimbataza ubucuti hagati y’Ibihugu byacu.”

Montée des couleurs de la Guinée dans notre nouvelle ambassade à Kigali ! 🇬🇳🎉 Pour une amitié renforcée entre nos nations. Merci Monsieur l'ambassadeur pour l'acceuil chaleureux #Diplomatie #CoopérationBilatérale #GuinéeAuRwanda" pic.twitter.com/eKLdKBpaJ7

— Nfaly Sylla (@nfalyfsylla) October 15, 2023

Iyi Ambasade ya Guinée Conakry mu Rwanda ifunguwe nyuma y’amezi atandatu Perezida Paul Kagame agiriye uruzinduko muri ki Gihugu, yagiyeyo muri Mata uyu mwaka wa 2023, ubwo yasuraga Ibihugu binyuranye byo mu burengerazuba bwa Afurika birimo na Guinée Conakry.

Perezida Paul Kagame wageze muri Guinée Conakry tariki 17 Mata 2023, yakiriwe na mugenzi we w’iki Gihugu Colonel Mamadi Doumbouya banagiranye ibiganiro byo guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Nfaly Sylla yishimiye kuba Igihugu cye ubu gifite ikirango mu Rwanda
Ambasade ya Guinea mu Rwanda yafunguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + twenty =

Previous Post

Volleyball: Amakipe y’u Rwanda yigaragaje mu irushanwa ryitiriwe Umuperezida uzwi muri Afurika (AMAFOTO)

Next Post

Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.