Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Kigali hagaragaye ikimenyetso gishimangira umubano mwiza w’u Rwanda n’amahanga

radiotv10by radiotv10
16/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
I Kigali hagaragaye ikimenyetso gishimangira umubano mwiza w’u Rwanda n’amahanga
Share on FacebookShare on Twitter

I Kigali mu Rwanda hazamuwe ibendera rya Guinée Conakry ahagiye gukorera Ambasade y’iki Gihugu mu Rwanda, mu rwego rwo gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Izamurwa ry’iri bendera rya Guinée Conakry ryagaragajwe na Nfaly Sylla usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, akaba ari na Minisitiri ushinzwe Itumanaho.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Nfaly Sylla yavuze ko Igihugu cye cyishimiye kuba cyazamuye ibendera ryacyo mu Rwanda aho ambasade yacyo mu Rwanda igiye kujya ikorera.

Yagize ati “Umubano wa Conakry-Kigali ukomeje gutera imbere. Harakabaho imikoranire ya Guinée n’u Rwanda Rwanda.”

Agaruka ku gikorwa cyo kuzamura ibendera rya Guinea mu Rwanda, Nfaly Sylla yagize ati “Izamurwa ry’ibendera rya Guinée kuri Ambasade yacu nshya i Kigali, mu rwego rwo gutsimbataza ubucuti hagati y’Ibihugu byacu.”

Montée des couleurs de la Guinée dans notre nouvelle ambassade à Kigali ! 🇬🇳🎉 Pour une amitié renforcée entre nos nations. Merci Monsieur l'ambassadeur pour l'acceuil chaleureux #Diplomatie #CoopérationBilatérale #GuinéeAuRwanda" pic.twitter.com/eKLdKBpaJ7

— Nfaly Sylla (@nfalyfsylla) October 15, 2023

Iyi Ambasade ya Guinée Conakry mu Rwanda ifunguwe nyuma y’amezi atandatu Perezida Paul Kagame agiriye uruzinduko muri ki Gihugu, yagiyeyo muri Mata uyu mwaka wa 2023, ubwo yasuraga Ibihugu binyuranye byo mu burengerazuba bwa Afurika birimo na Guinée Conakry.

Perezida Paul Kagame wageze muri Guinée Conakry tariki 17 Mata 2023, yakiriwe na mugenzi we w’iki Gihugu Colonel Mamadi Doumbouya banagiranye ibiganiro byo guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Nfaly Sylla yishimiye kuba Igihugu cye ubu gifite ikirango mu Rwanda
Ambasade ya Guinea mu Rwanda yafunguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − 1 =

Previous Post

Volleyball: Amakipe y’u Rwanda yigaragaje mu irushanwa ryitiriwe Umuperezida uzwi muri Afurika (AMAFOTO)

Next Post

Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Related Posts

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Uruganda ‘Agashinguracumu’ ruherereye mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, rwari rwarahawe uruhushya rwo kwenga inzoga rukoresheje ibitoki, rwatahuwe...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

by radiotv10
20/11/2025
0

A major road linking the districts of Nyanza in the Southern Province and Bugesera and Ngoma in the Eastern Province...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yavugiye Aba-Rayon ikibari ku mutima

by radiotv10
20/11/2025
0

Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB, gutabara mu muryango w’Ikipe ya Rayon Sports, kugira...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.