Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

I Kigali hagaragaye ikimenyetso gishimangira umubano mwiza w’u Rwanda n’amahanga

radiotv10by radiotv10
16/10/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
I Kigali hagaragaye ikimenyetso gishimangira umubano mwiza w’u Rwanda n’amahanga
Share on FacebookShare on Twitter

I Kigali mu Rwanda hazamuwe ibendera rya Guinée Conakry ahagiye gukorera Ambasade y’iki Gihugu mu Rwanda, mu rwego rwo gukomeza gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi.

Izamurwa ry’iri bendera rya Guinée Conakry ryagaragajwe na Nfaly Sylla usanzwe ari Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imirimo mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, akaba ari na Minisitiri ushinzwe Itumanaho.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Nfaly Sylla yavuze ko Igihugu cye cyishimiye kuba cyazamuye ibendera ryacyo mu Rwanda aho ambasade yacyo mu Rwanda igiye kujya ikorera.

Yagize ati “Umubano wa Conakry-Kigali ukomeje gutera imbere. Harakabaho imikoranire ya Guinée n’u Rwanda Rwanda.”

Agaruka ku gikorwa cyo kuzamura ibendera rya Guinea mu Rwanda, Nfaly Sylla yagize ati “Izamurwa ry’ibendera rya Guinée kuri Ambasade yacu nshya i Kigali, mu rwego rwo gutsimbataza ubucuti hagati y’Ibihugu byacu.”

Montée des couleurs de la Guinée dans notre nouvelle ambassade à Kigali ! 🇬🇳🎉 Pour une amitié renforcée entre nos nations. Merci Monsieur l'ambassadeur pour l'acceuil chaleureux #Diplomatie #CoopérationBilatérale #GuinéeAuRwanda" pic.twitter.com/eKLdKBpaJ7

— Nfaly Sylla (@nfalyfsylla) October 15, 2023

Iyi Ambasade ya Guinée Conakry mu Rwanda ifunguwe nyuma y’amezi atandatu Perezida Paul Kagame agiriye uruzinduko muri ki Gihugu, yagiyeyo muri Mata uyu mwaka wa 2023, ubwo yasuraga Ibihugu binyuranye byo mu burengerazuba bwa Afurika birimo na Guinée Conakry.

Perezida Paul Kagame wageze muri Guinée Conakry tariki 17 Mata 2023, yakiriwe na mugenzi we w’iki Gihugu Colonel Mamadi Doumbouya banagiranye ibiganiro byo guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.

Nfaly Sylla yishimiye kuba Igihugu cye ubu gifite ikirango mu Rwanda
Ambasade ya Guinea mu Rwanda yafunguwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 10 =

Previous Post

Volleyball: Amakipe y’u Rwanda yigaragaje mu irushanwa ryitiriwe Umuperezida uzwi muri Afurika (AMAFOTO)

Next Post

Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Related Posts

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Hari icyo Igihugu cy’igihangange kiri gukora ku by’intambara yongeye guhagurutsa Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.