Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibaruwa ifunguye y’umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yandikiye Perezida wa Rayon

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Ibaruwa ifunguye y’umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yandikiye Perezida wa Rayon

Kazungu uvuga ko Perezida wa Rayon, Uwayezu Jean Fidèle, yagakwiye kugura Umunyezamu amazi atararenga inkombe

Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruganda rwa siporo byumwihariko mu mupira w’amaguru, abatazi izina Kazungu Clever, ni bacye. Ni umunyamakuru urambye mu mwuga, uzwiho ubusesenguzi bwuzuye kureba kure, kuvuga ibintu mu mazina yabyo, no gucukumbura cyane. Ubu yandikiye Perezida wa Rayon Sports.

Kazungu Clever usanzwe ari umunyamakuru wa Radio 10, yateruye inyandiko ye agaruka ku byaranze Uwayezu Jean Fidèle kuva yafata umwanya wo kuyobora ikipe ya Rayon Sports.

Dore inyandiko y’ibitekerezo bwite bya Kazungu Clever:

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle mu myaka 3 ayiyoboye yakuwemo akajagari ayishyira ku murongo. Kuri ubu ni ikipe ifite ibiro byayo aho ibarizwa Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, kandi ifite abakozi benshi.

Yagerageje gushaka abafatanyabikorwa kugira ngo ibeho mu buzima bwiza nkuko amakipe yandi akomeye muri Afurika abayeho kandi yarabishoboye nubwo bitaraba 100%, gusa kugeza ubu ni we muyobozi wa Rayon Sports wagerageje guhembera igihe abakinnyi n’abatoza.

Uwayezu Jean Fidèle ni umwizerwa kandi ni umunyakuri, ni yo mpamvu ku bwanjye (Kazungu Clever) nabonye yaba umuyobozi mwiza wa FERWAFA imaze kunanira abatandukanye.

Ariko impungenge kuri Rayon imaze imyaka 4 idatwara igikombe cya Shampiyona, ikaba imyaka 3 kuri Jean Fidele na we ataratwara igikombe cya Shampiyona kuva yayobora Rayon Sports kandi ntacyo adakora mu bushobozi afite!

Impungenge ku mwaka utaha w’imikino itaha wa 2023-24, ni uko imigurire y’abakinnyi ndetse n’abatoza bajya muri Rayon Sports n’abo bongerera amasezerano bashoje bishobora gukomeza uko byakorwaga. Abenshi baba batari ku rwego rwo gukina muri Rayon Sports cyangwa kuyitoza kubera ko Uwayezu Jean Fidèle yizera abajyanama be kuko ataramenyera cyane ibyo kugura abakinnyi no gushaka abatoza, bakamuyobya mu nyungu zabo bwite kubera kwishakira za komisiyo bashobora guhabwa n’abasinyishwa.

Urugero rworoshye, uyu mwaka w’imikino turimo gusoza amakipe 3, asanzwe ari mato ubu ya nyuma ku rutonde rwa Shampiyona, Rayon Sports ya yaguzemo abakinnyi ibintu bidakunze kubaho ku kipe ishaka igikombe cya Shampiyona!

Ayo makipe ni Bugesera FC ya 14 ku rutonde, aho Rayon Sports yayiguzemo abakinnyi 3, Umunyezamu Twagirayezu Amani, myugariro Mucyo Didier na Rafael Osaluwe. Rutsiro FC yayiguzemo umukinnyi umwe Rutahizamu Iraguha Hadji, mu gihe Espoir FC yamaze kumanuka, Rayon yayiguzemo abakinnyi 2 aribo Nkurunziza Felicien na Tuyisenge Arsene.

Kubera ko ibyari bikenewe cyane kwari ugutunganya no gushyira ku murongo Rayon Sports, Perezida Uwayezu yabikoze kandi neza, nadatwara igikombe cya Amahoro bigatuma Rayon itazasohoka mu myaka 4 ikurikiranye, ibyo yakoze byose nta gaciro bizagira imbere y’abafana ba Rayon bakumbuye gutwara igikombe byibura kimwe muri 2 bikinirwa mu Rwanda.

Rayon Sports iheruka gutwara igikombe cya Shampiyona muri 2019, i Nyakarambi – Kirehe batsinze Kirehe FC. Ku bwanjye (Kazungu Clever) nagira inama Perezida Uwayezu Jean Fidèle ko nadatwara igikombe cy’Amahoro (Peace Cup) kwegura kugira ngo atazangiza ibyiza yakoze bizorohera abazamusimbura.

Umunyamakuru Kazungu Clever
Perezida wa Rayon, Uwayezu Jean Fidele

Kazungu Clever

Comments 2

  1. Danny says:
    3 years ago

    Nibyi#@ Aho turemeranya bwa kazungu azahite yigendera ku neza

    Reply
  2. Tuyishime Tharcisse says:
    3 years ago

    Aho uvuze ukuri pe kuko abandi bayiyoboye hazagamo akajagari ariko we yaragaciye

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 15 =

Previous Post

Kigali: Urujijo ku mugabo wari umaze iminsi atagaragara bongeye kubona yarapfuye

Next Post

Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

Related Posts

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

by radiotv10
25/11/2025
0

Umukinnyi w’Umunya-Senegal, Idrissa Gana Gueye ukinira Everton yo mu Bwongereza waherewe ikarita itukura mu mukino wabahuje na Manchester United nyuma...

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

Icyo umunyabigwi muri ruhago y’u Rwanda Haruna avuga ku gutsindwa kw’amakipe akomeye arimo Rayon

by radiotv10
25/11/2025
0

Haruna Niyonzima wakiniye amakipe anyuranye mu Rwanda no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, avuga ko gutsindwa kw’amakipe akomeye mu Rwanda...

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

by radiotv10
21/11/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC) ku nshuro ya mbere mu mateka yashyize hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu...

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

25/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

25/11/2025
Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

Mahama: Abana biga mu ishuri ry’impunzi bahaye Leta y’u Rwanda icyifuzo bamaranye igihe

25/11/2025
Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

Ubutumwa bw’umukinnyi w’Umunya-Senegal ukina i Burayi nyuma yo gukubita urushyi uwo bakinana

25/11/2025
Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

Dore ibyavugiwe mu rubanza rw’umwarimu uvugwaho kurya ibiraha by’abana b’abakobwa yarangiza akabasambanya

25/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Eng.-Former Israeli soldiers including war veterans, arrive in Rwanda for a week-long visit

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.