Monday, February 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibaruwa ifunguye y’umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yandikiye Perezida wa Rayon

radiotv10by radiotv10
09/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
2
Ibaruwa ifunguye y’umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda yandikiye Perezida wa Rayon

Kazungu uvuga ko Perezida wa Rayon, Uwayezu Jean Fidèle, yagakwiye kugura Umunyezamu amazi atararenga inkombe

Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruganda rwa siporo byumwihariko mu mupira w’amaguru, abatazi izina Kazungu Clever, ni bacye. Ni umunyamakuru urambye mu mwuga, uzwiho ubusesenguzi bwuzuye kureba kure, kuvuga ibintu mu mazina yabyo, no gucukumbura cyane. Ubu yandikiye Perezida wa Rayon Sports.

Kazungu Clever usanzwe ari umunyamakuru wa Radio 10, yateruye inyandiko ye agaruka ku byaranze Uwayezu Jean Fidèle kuva yafata umwanya wo kuyobora ikipe ya Rayon Sports.

Dore inyandiko y’ibitekerezo bwite bya Kazungu Clever:

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidèle mu myaka 3 ayiyoboye yakuwemo akajagari ayishyira ku murongo. Kuri ubu ni ikipe ifite ibiro byayo aho ibarizwa Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, kandi ifite abakozi benshi.

Yagerageje gushaka abafatanyabikorwa kugira ngo ibeho mu buzima bwiza nkuko amakipe yandi akomeye muri Afurika abayeho kandi yarabishoboye nubwo bitaraba 100%, gusa kugeza ubu ni we muyobozi wa Rayon Sports wagerageje guhembera igihe abakinnyi n’abatoza.

Uwayezu Jean Fidèle ni umwizerwa kandi ni umunyakuri, ni yo mpamvu ku bwanjye (Kazungu Clever) nabonye yaba umuyobozi mwiza wa FERWAFA imaze kunanira abatandukanye.

Ariko impungenge kuri Rayon imaze imyaka 4 idatwara igikombe cya Shampiyona, ikaba imyaka 3 kuri Jean Fidele na we ataratwara igikombe cya Shampiyona kuva yayobora Rayon Sports kandi ntacyo adakora mu bushobozi afite!

Impungenge ku mwaka utaha w’imikino itaha wa 2023-24, ni uko imigurire y’abakinnyi ndetse n’abatoza bajya muri Rayon Sports n’abo bongerera amasezerano bashoje bishobora gukomeza uko byakorwaga. Abenshi baba batari ku rwego rwo gukina muri Rayon Sports cyangwa kuyitoza kubera ko Uwayezu Jean Fidèle yizera abajyanama be kuko ataramenyera cyane ibyo kugura abakinnyi no gushaka abatoza, bakamuyobya mu nyungu zabo bwite kubera kwishakira za komisiyo bashobora guhabwa n’abasinyishwa.

Urugero rworoshye, uyu mwaka w’imikino turimo gusoza amakipe 3, asanzwe ari mato ubu ya nyuma ku rutonde rwa Shampiyona, Rayon Sports ya yaguzemo abakinnyi ibintu bidakunze kubaho ku kipe ishaka igikombe cya Shampiyona!

Ayo makipe ni Bugesera FC ya 14 ku rutonde, aho Rayon Sports yayiguzemo abakinnyi 3, Umunyezamu Twagirayezu Amani, myugariro Mucyo Didier na Rafael Osaluwe. Rutsiro FC yayiguzemo umukinnyi umwe Rutahizamu Iraguha Hadji, mu gihe Espoir FC yamaze kumanuka, Rayon yayiguzemo abakinnyi 2 aribo Nkurunziza Felicien na Tuyisenge Arsene.

Kubera ko ibyari bikenewe cyane kwari ugutunganya no gushyira ku murongo Rayon Sports, Perezida Uwayezu yabikoze kandi neza, nadatwara igikombe cya Amahoro bigatuma Rayon itazasohoka mu myaka 4 ikurikiranye, ibyo yakoze byose nta gaciro bizagira imbere y’abafana ba Rayon bakumbuye gutwara igikombe byibura kimwe muri 2 bikinirwa mu Rwanda.

Rayon Sports iheruka gutwara igikombe cya Shampiyona muri 2019, i Nyakarambi – Kirehe batsinze Kirehe FC. Ku bwanjye (Kazungu Clever) nagira inama Perezida Uwayezu Jean Fidèle ko nadatwara igikombe cy’Amahoro (Peace Cup) kwegura kugira ngo atazangiza ibyiza yakoze bizorohera abazamusimbura.

Umunyamakuru Kazungu Clever
Perezida wa Rayon, Uwayezu Jean Fidele

Kazungu Clever

Comments 2

  1. Danny says:
    3 years ago

    Nibyi#@ Aho turemeranya bwa kazungu azahite yigendera ku neza

    Reply
  2. Tuyishime Tharcisse says:
    3 years ago

    Aho uvuze ukuri pe kuko abandi bayiyoboye hazagamo akajagari ariko we yaragaciye

    Reply

Leave a Reply to Tuyishime Tharcisse Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 3 =

Previous Post

Kigali: Urujijo ku mugabo wari umaze iminsi atagaragara bongeye kubona yarapfuye

Next Post

Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

Related Posts

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwanze icyifuzo cy'ikipe ya Al Hilal yifuzaga ko umukino wayo na APR uri ku wa...

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

by radiotv10
08/02/2026
0

Djibouti yakiriye Inteko Rusange ya CECAFA yabereyemo amatora ya komite nshya igaragaramo Umunyarwanda Shema Fabrice usanzwe ayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru...

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

Hatanzwe umucyo nyuma y’ibisa no kwigaragambya bivugwa kuri rurangiranwa Cristiano Ronaldo

by radiotv10
06/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Shampiyona yo muri Saudi Arabia (Saudi Pro League) bwashyize hanze itangazo risobanura uko shampiyona yabo ikora kandi ko...

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

Namenye Patrick wabaye mu buyobozi bwa Rayon Sports yagizwe umuyobozi wa Radio SK FM

by radiotv10
06/02/2026
0

Uwahoze ari Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Namenye Patrick yatangajwe nk’Umuyobozi mushya Mukuru wa Radio SK FM, asimbura Uwera Jean...

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

Dore bimwe mu byamamare muri ruhago y’Isi byizihiza isabukuru

by radiotv10
05/02/2026
0

Tariki 05 Gashyantare, ni umunsi havutseho ibyamamare binyuranye muri ruhago y'Isi, barimo rurangiranwa Cristiano Ronaldo uri muri ba rutahizamu b'ibihe...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

by radiotv10
09/02/2026
0

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

09/02/2026
Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

09/02/2026
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare mu Rwanda bwavuze ku iperereza riri gukorwa kuri Brig.Gen.Gakwerere wahoze mu buyobozi bwa FDLR

09/02/2026
Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

09/02/2026
Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

Umunyarwenya Burikantu arishimira kugura imodoka y’inzozi ze

09/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

Icyatumye abarimo Dubai wagarutsweho na Perezida n’uwabaye Mayor basubirayo bataburanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How Rwanda’s Digital ID will let citizens control their personal information

Polisi y’u Rwanda yavuze amakuru yamenye ku muntu ukekwaho ubujura umaze iminsi itanu muri rigore

Amakuru mashya: Urukiko rwateye utwatsi ubujurire bwa Dj Toxxyk

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.