Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana, Dr Antoine Rutayisire anenga amwe mu madini n’amatorero adatanga inyigisho zifasha abayoboke bayo, ahubwo agataramana imigirire y’andi matorero, akabibona nko kureshya abayoboke mu buryo budakwiye nkuko bikorwa ku mbuga nkoranyambaga.

Rev. Pasiteri Dr Antoine Rutayisire usanzwe ari Umuyobozi wa Paruwasi ya Remera mu Itorero Angilikani, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko amadini abereyeho guhindura abantu, bakayoboka inzira nziza, ariko ko hari n’abajya mu nsengero ntibigire icyo bibahinduraho kubera inyigisho bavomayo.

Ni mu gihe muri iki gihe, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara inyigisho abantu bagakwiye gusanga mu nsengero ku buryo hari bamwe batakirirwa bajya guteranira mu nsengero kuko baba bakurikiye inyigisho kuri iryo koranabuhanga rya YouTube risanzwe rinanyuzwaho ubutumwa bwa byacitse.

Ati “Ikibazo mfite ntabwo ari ukujya mu kiliziya cyangwa mu nsengero cyangwa kutajyayo. Ikibazo mfite, abajyayo bo byabunguye iki? Ni cyo kibazo twagombye kwibaza twese abantu bafite insengero twagombye kwibaza tuti ‘ese ibyo Yesu yadutumye turimo turabikora ku buryo bubyara umusaruro yari ategereje ko bibyara.”

Yakomeje avuga ko amadini n’amatorero aramutse akora akazi kayo, abantu baba barahindutse ku buryo abajya mu nsengero bagombye kuba bagendera mu nzira igororotse.

Pastor Rutayisire avuga ko ikibazo atari uko umuntu yakurikirana inyigisho ku mbuga nkoranyambaga cyangwa mu nsengero, kuko yaba ababutanga ndetse n’ababwumva aba ari bamwe.

Ati “Ibiba kuri YouTube ni na byo biba mu nsengero. Uzajye mu nsengero, hari ahantu ujya ukicara nk’umuntu akamara iminota mirongo itatu ari kwigisha ku bandi bapasitoro, ari kwigisha ku yandi matorero. Ukifata utya ukavuga uti ‘ubundi ko njyewe naje nje kuvoma, ibyo nshaka kuvoma si byo uri kumpa’.”

Uyu mukozi w’Imana avuga ko hari amatorero yigisha inyigisho zo gusebya andi madini, aho kugira ngo yigishe ibyagirira akamaro abakristu.

Ati “Ntabwo ikibazo nkibona muri YouTube. Ikibazo ndakibona muri twebwe. None se niba umuntu ajya ku karubanda agakoronga, iyo ari wenyine abigenza ate? Insengero zacu zisa nka YouTube, usanga abantu bari ku rusengero bakamara iminota bigisha ku bandi. Yesu yigeze adutuma gusebanya, yigeze adutuma kunegurana?”

Rutayisire kandi avuga ko iyi ari ingeso yeze mu madini n’amatorero hafi ya yose y’iki gihe, nyamara ijambo ry’Imana, ribuza abantu izi ngeso mbi.

 

IKIGANIRO CYOSE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 − 3 =

Previous Post

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Next Post

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.