Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana, Dr Antoine Rutayisire anenga amwe mu madini n’amatorero adatanga inyigisho zifasha abayoboke bayo, ahubwo agataramana imigirire y’andi matorero, akabibona nko kureshya abayoboke mu buryo budakwiye nkuko bikorwa ku mbuga nkoranyambaga.

Rev. Pasiteri Dr Antoine Rutayisire usanzwe ari Umuyobozi wa Paruwasi ya Remera mu Itorero Angilikani, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko amadini abereyeho guhindura abantu, bakayoboka inzira nziza, ariko ko hari n’abajya mu nsengero ntibigire icyo bibahinduraho kubera inyigisho bavomayo.

Ni mu gihe muri iki gihe, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara inyigisho abantu bagakwiye gusanga mu nsengero ku buryo hari bamwe batakirirwa bajya guteranira mu nsengero kuko baba bakurikiye inyigisho kuri iryo koranabuhanga rya YouTube risanzwe rinanyuzwaho ubutumwa bwa byacitse.

Ati “Ikibazo mfite ntabwo ari ukujya mu kiliziya cyangwa mu nsengero cyangwa kutajyayo. Ikibazo mfite, abajyayo bo byabunguye iki? Ni cyo kibazo twagombye kwibaza twese abantu bafite insengero twagombye kwibaza tuti ‘ese ibyo Yesu yadutumye turimo turabikora ku buryo bubyara umusaruro yari ategereje ko bibyara.”

Yakomeje avuga ko amadini n’amatorero aramutse akora akazi kayo, abantu baba barahindutse ku buryo abajya mu nsengero bagombye kuba bagendera mu nzira igororotse.

Pastor Rutayisire avuga ko ikibazo atari uko umuntu yakurikirana inyigisho ku mbuga nkoranyambaga cyangwa mu nsengero, kuko yaba ababutanga ndetse n’ababwumva aba ari bamwe.

Ati “Ibiba kuri YouTube ni na byo biba mu nsengero. Uzajye mu nsengero, hari ahantu ujya ukicara nk’umuntu akamara iminota mirongo itatu ari kwigisha ku bandi bapasitoro, ari kwigisha ku yandi matorero. Ukifata utya ukavuga uti ‘ubundi ko njyewe naje nje kuvoma, ibyo nshaka kuvoma si byo uri kumpa’.”

Uyu mukozi w’Imana avuga ko hari amatorero yigisha inyigisho zo gusebya andi madini, aho kugira ngo yigishe ibyagirira akamaro abakristu.

Ati “Ntabwo ikibazo nkibona muri YouTube. Ikibazo ndakibona muri twebwe. None se niba umuntu ajya ku karubanda agakoronga, iyo ari wenyine abigenza ate? Insengero zacu zisa nka YouTube, usanga abantu bari ku rusengero bakamara iminota bigisha ku bandi. Yesu yigeze adutuma gusebanya, yigeze adutuma kunegurana?”

Rutayisire kandi avuga ko iyi ari ingeso yeze mu madini n’amatorero hafi ya yose y’iki gihe, nyamara ijambo ry’Imana, ribuza abantu izi ngeso mbi.

 

IKIGANIRO CYOSE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Next Post

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

The African time mentality: Harmless jokes or enemies of productivity?

by radiotv10
18/09/2025
0

Across Africa, the phrase “African Time” is often used in conversations, parties, and even workplaces. It is a joking way...

Why do young people quit jobs after a few months?

Why do young people quit jobs after a few months?

by radiotv10
17/09/2025
0

In today’s world, many employers are facing the same challenge: young workers leaving jobs after only a few months. In...

IZIHERUKA

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa
MU RWANDA

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Hemejwe ifungwa ry’abahanzikazi nyarwanda babiri hanamenyekana icyatumye bafatwa

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Amakuru agezweho ku bahanzikazi nyarwanda Ariel Wayz na Babo baherutse gutabwa muri yombi

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.