Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibibazo by’ingenzi bikomeye umuntu akwiye kwicara akibaza akiri muzima

radiotv10by radiotv10
17/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UDUSHYA
0
Ibibazo by’ingenzi bikomeye umuntu akwiye kwicara akibaza akiri muzima
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanga mu mitekerereze ya muntu, bavuga ko umuntu nibura agira amahitamo ibihumbi 35 ku munsi, byose bigakorerwa mu bwonko mu kanya nk’ako guhumbya, aho umuntu abanza kwiganiriza, akihata ibibazo, ubundi bikarangira ageze ku mwanzuro, ariko hakaba ibibazo umuntu muzima akwiye kwibaza mbere y’uko ava mu mubiri.

Buri muntu agira umwanya wo kwiganiriza ku munsi, ndetse abahanga mu itumanaho n’indimi, bavuga ko ibyo umuntu avuga byose aba yabanje kubyiganirizaho mu bwonko, ari na byo bituma umuntu atanga igitekerezo bamwe bakumva gifite ireme, mu gihe abandi batanga ibiterezo bidafututse.

Byose biba byahereye mu kwiganiriza mu bwonko bwa muntu, ku buryo iyo umuntu ari wenyine agira umwanya uhagije wo kugira ibibazo yibaza, rimwe na rimwe bikaza birenze imyumvire ye, bigatuma ibitekerezo bye bitarenga umutaru.

Abahanga bavuga ko hari ibibazo bitatu umuntu muzima ufite imitekerereze mizima, kandi udafite uburwayi runaka yaba ubw’umubiri cyangwa ubwo mu mutwe, akwiye kwibaza mu buzima bwe. Dore ibyo bibazo:

Kuki ndiho?

Umuntu wese ku Isi yibaza cyangwa se yibazaga iki kibazo ati “kuki ndiho” kandi koko ku batemera science ntibanemere Imana, bibaza ukuntu umuntu, inyamaswa, ndetse n’ibindi biremwa byose byabayeho.

Iyo umuntu yuririye kuri iki kibazo, hari ibindi byinshi bizamuka mu bitekerezo bye, nk’inkomoko ye, ababyeyi be, bo bakomotse kuri nde, abo bakomotseho se bo bakomotse kuri nde, ugakomezaaa kugeza igihe iherezo ry’iki kibazo riburiye mu biterezo bya muntu.

Nanone kandi nubwo hari abavuga ko umuntu yaremwe n’Imana, abandi bakavuga ko habayeho ibishingiye kuri science hakabaho iturika ry’akantu gato, kavuyemo ibiri ku isi byose, ariko benshi mu bafashe umwanya wo kwibaza iki kibazo, bibaza uko umuntu wa mbere yabayeho, aho we yaje aturuka, uko yaje kororoka, kugera aho bibereye benshi amayobera.

Ibi kandi iyo umuntu afashe umwanya uhagije wo kubitekerezaho, bimufasha kumva ko yaje mu Isi kugira ngo agire icyo ayikoraho, bityo bigatera umuntu umwete wo kuzuza no gutunganya inshingano zose yaba afite.

 

Kuki umuntu atabaho iteka?

Uko umuntu yatinda ku Isi uko ari ko kose, n’ubundi birangira apfuye. Hari abitaba Imana bazize urw’ikirago (uburwayi), abandi bagakora impanuka, cyangwa bakazira izindi mpamvu zinyuranye zihitana ubuzima bwa muntu.

Abahanga bavuga ko umuntu akwiye kujya yibaza impamvu nta muntu ubaho ubuziraherezo, bikaba byanafasha abantu kumva ko igihe kizagera bagatabaruka, bityo bagakoresha neza umwanya wabo mu gihe bagihumeka umwuka w’abazima.

Bavuga kandi ko umuntu wibajije kenshi ikibazo nk’iki, bimwongerera guca bugufi, akumva ko igihe kizagera ibyo umuntu yaba atunze byose, uko yaba yarabayeho kose, icyubahiro cyangwa igitinyiro yaba yaragize byose, bikarangira, kuko nta muntu n’umwe upfa ngo abijyane aho agiye, cyane ko nta n’urahagera ngo agaruke avuge uko hameze.

 

Ese abapfuye bajya he?

Abemeramana bo bemeza ko hapfa umubiri ariko roho yo ihoraho iteka, ndetse bakanabigaragariza mu mvugo zikoreshwa iyo umuntu yapfuye, aho bamwe bavuga ko ‘yavuye mu mubiri’, ‘yashizemo umwuka’, ‘yitabye Imana’,…

Kiliziya Gatulika yo inavuga ko Roho z’abapfuye hari ahantu ziba ziteraniye [muri Puligatori]. Hari n’abigira hirya y’ibi bakavuga ko hazabaho umuzuko w’abapfuye, ubundi bose bakagaruka ku Isi, bagacirwa imanza z’ibyo bakoze n’uko bitwaye mu gihe bari bakiri bazima.

Ni mu gihe hari n’abavuga ko iyo umuntu apfuye, ibye biba birangiriye aho, ndetse ko nta handi hantu ajya cyangwa ngo kimwe mu bice by’ibyari bimugize, bigire ahandi bijya nk’uko hari ababitekereza uko.

Iki kibazo na cyo ni kimwe mu bikwiye kujya byibazwa na muntu mu gihe akiri muzima, kuko gishobora kumwibutsa ko hari iherezo y’ubu buzima tubona, kandi ko ibizakurikiraho atabizi, bityo ko ibyo mu gihe azi akwiye kubigenderaho akagira uburyo abyitwaramo.

Abahanga bavuga ko uretse kuba ibi bibazo byafasha umuntu kugira uko yitwara mu muryango mugari, ariko bishobora no kwagura imitekerereze ye yanamuganisha kubaho atagize uwo abangamira.

Isimbi Noella AKIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + nine =

Previous Post

Menya abakinnyi b’abanyamahanga binjiye mu makipe mashya mu Rwanda n’ayabibitseho

Next Post

Indwara yateye Isi impungenge nyuma y’uko igaragaye i Burayi hari Ibihugu byashyizeho ingamba zikomeye

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara yateye Isi impungenge nyuma y’uko igaragaye i Burayi hari Ibihugu byashyizeho ingamba zikomeye

Indwara yateye Isi impungenge nyuma y’uko igaragaye i Burayi hari Ibihugu byashyizeho ingamba zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.