Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki akaba n’inzobere mu mategeko, Gatete Nyiringabo avuga ko kuba umutwe wa M23 ukomeje gufata ibice binyuranye, utagamije kubigumana ngo uzabiyobore, ahubwo ko ushaka kotsa igitutu ubutegetsi bwa Congo kugira ngo bwemere ibiganiro.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, umutwe wa M23 watangaje ko wabohoje igice cya Masisi cyaje kiyongera ku bindi bice birimo ibyo imaze imyaka ibiri ibohoje n’ubu ikigenzura, nka Bunagana yafashe muri Kamena 2022.

Umutwe wa M23 kandi wavuze kenshi ko udateze kurambika intwaro hasi, igihe cyose ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, butarashyira mu bikorwa ibyo usaba, kandi ko ntayindi nzira bizavamo atari ibiganiro.

Ni mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa na bwo butahwemye gutsemba ko budateze kuganira n’uyu mutwe bwamaze kwita uw’iterabwoba, bushinja gufashwa n’Ibihugu by’amahanga birimo u Rwanda, na rwo rwabihakanye kenshi.

Ibiganiro byagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi i Luanda tariki 15 Ukuboza 2024, byahagaze ku munota wa nyuma, nyuma yuko Guverinoma ya Congo yisubiyeho ko itazaganira n’uyu mutwe wa M23, mu gihe mu myiteguro y’iyi nama, Congo noneho yari yemeye ko izicarana ku meza y’ibiganiro na M23.

Umusesenguzi mu bya politiki, akaba n’impuguke mu mategeko, Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, yavuze ko M23 ikomeje imirwano kuko yamaze kubona ko ntayandi mahitamo, yo kugira ngo ubutegetsi bwa Congo bwemere ko bagirana ibiganiro.

Yagize ati “Aho Isi igeze, imishyikirano igaragazwa n’icyagezweho. Kandi noneho ubu ntabwo imishyikirano, ari ya yindi izaza gusa ari iyo gusinya amasezerano ku mpapuro ngo ibintu bihite bihagarara. Ubu aho bigeze, M23 izasaba ko igaragarizwa icyizere cy’uko hazashyirwa mu bikorwa ibizaba bikubiye mu masezerano.”

Uyu musesenguzi akomeza avuga ko akurikije uko M23 iri kwitwara, bigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo buzisanga ntayandi mahitamo uretse kuganira n’uyu mutwe bwamaze kwita uw’iterabwoba.

Ati “Nimujya mwumva M23 iri gufata ibice, ntabwo ishyize imbere gufata za Teritwari, ahubwo iba ishaka kugira ngo habeho ibiganiro, iravuga iti ‘mwavuze ko muzaturwanya natwe tuzirwanaho duharanira uburenganzira bwacu’.”

Gatete akomeza avuga kuri we atabona ko umuti w’iki kibazo uzava mu mirwano nkuko bishyizwe imbere n’ubutegetsi bwa Congo, kuko igihe cyose hari ibibazo nk’ibi haba hakenewe ibiganiro n’imishyikirano kandi ko ari cyo M23 igamije nubwo ikomeje gufata ibindi bice.

Ati “Kuva M23 ikomeje gufata ibice, ntabwo mbona ko bafite ubushake bwo kuyobora izo Teritwari, bo bafite ubushake bwo gufata izo Teritwari kugira ngo bashyire igitutu ku butegetsi bwa Kinshasa, kugira ngo izagere aho yemere gushyikirana na bo, kandi inashyire mu bikorwa ibyo bemeranyijweho.”

Umutwe wa M23 ugizwe n’abanyekongo baharanira uburenganzira bwa benewabo bavuga Ikinyarwanda bakomeje guhohoterwa n’ubutegetsi bwa Congo bufatanyije n’imitwe yitwaje intwaro byumwihariko uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 10 =

Previous Post

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Next Post

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w'iyo yakiniraga mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.