Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

radiotv10by radiotv10
06/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibice byafashwe na M23 yaba igamije kubigumana ngo izabiyobore?-Icyo Umusesenguzi abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi mu bya politiki akaba n’inzobere mu mategeko, Gatete Nyiringabo avuga ko kuba umutwe wa M23 ukomeje gufata ibice binyuranye, utagamije kubigumana ngo uzabiyobore, ahubwo ko ushaka kotsa igitutu ubutegetsi bwa Congo kugira ngo bwemere ibiganiro.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, umutwe wa M23 watangaje ko wabohoje igice cya Masisi cyaje kiyongera ku bindi bice birimo ibyo imaze imyaka ibiri ibohoje n’ubu ikigenzura, nka Bunagana yafashe muri Kamena 2022.

Umutwe wa M23 kandi wavuze kenshi ko udateze kurambika intwaro hasi, igihe cyose ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, butarashyira mu bikorwa ibyo usaba, kandi ko ntayindi nzira bizavamo atari ibiganiro.

Ni mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa na bwo butahwemye gutsemba ko budateze kuganira n’uyu mutwe bwamaze kwita uw’iterabwoba, bushinja gufashwa n’Ibihugu by’amahanga birimo u Rwanda, na rwo rwabihakanye kenshi.

Ibiganiro byagombaga guhuza Perezida Paul Kagame na Felix Tshisekedi i Luanda tariki 15 Ukuboza 2024, byahagaze ku munota wa nyuma, nyuma yuko Guverinoma ya Congo yisubiyeho ko itazaganira n’uyu mutwe wa M23, mu gihe mu myiteguro y’iyi nama, Congo noneho yari yemeye ko izicarana ku meza y’ibiganiro na M23.

Umusesenguzi mu bya politiki, akaba n’impuguke mu mategeko, Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, yavuze ko M23 ikomeje imirwano kuko yamaze kubona ko ntayandi mahitamo, yo kugira ngo ubutegetsi bwa Congo bwemere ko bagirana ibiganiro.

Yagize ati “Aho Isi igeze, imishyikirano igaragazwa n’icyagezweho. Kandi noneho ubu ntabwo imishyikirano, ari ya yindi izaza gusa ari iyo gusinya amasezerano ku mpapuro ngo ibintu bihite bihagarara. Ubu aho bigeze, M23 izasaba ko igaragarizwa icyizere cy’uko hazashyirwa mu bikorwa ibizaba bikubiye mu masezerano.”

Uyu musesenguzi akomeza avuga ko akurikije uko M23 iri kwitwara, bigaragaza ko ubutegetsi bwa Congo buzisanga ntayandi mahitamo uretse kuganira n’uyu mutwe bwamaze kwita uw’iterabwoba.

Ati “Nimujya mwumva M23 iri gufata ibice, ntabwo ishyize imbere gufata za Teritwari, ahubwo iba ishaka kugira ngo habeho ibiganiro, iravuga iti ‘mwavuze ko muzaturwanya natwe tuzirwanaho duharanira uburenganzira bwacu’.”

Gatete akomeza avuga kuri we atabona ko umuti w’iki kibazo uzava mu mirwano nkuko bishyizwe imbere n’ubutegetsi bwa Congo, kuko igihe cyose hari ibibazo nk’ibi haba hakenewe ibiganiro n’imishyikirano kandi ko ari cyo M23 igamije nubwo ikomeje gufata ibindi bice.

Ati “Kuva M23 ikomeje gufata ibice, ntabwo mbona ko bafite ubushake bwo kuyobora izo Teritwari, bo bafite ubushake bwo gufata izo Teritwari kugira ngo bashyire igitutu ku butegetsi bwa Kinshasa, kugira ngo izagere aho yemere gushyikirana na bo, kandi inashyire mu bikorwa ibyo bemeranyijweho.”

Umutwe wa M23 ugizwe n’abanyekongo baharanira uburenganzira bwa benewabo bavuga Ikinyarwanda bakomeje guhohoterwa n’ubutegetsi bwa Congo bufatanyije n’imitwe yitwaje intwaro byumwihariko uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Rusizi: Igikekwa ku mugabo wari umuzamu basanze yapfiriye aho yacungiraga umutekano

Next Post

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w’iyo yakiniraga mu Rwanda

Hagaragaye igishimangira ko rutahizamu uvuye i Burayi ashobora kwerecyeza muri mucyeba w'iyo yakiniraga mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.