Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Bushinwa, ari mu rujijo nyuma yuko umugabo we amusabye ko batandukana kuko yabyaye umwana wirabura nyamara ngo atarigeze abonana n’umugabo w’umwirabura akaba ataranakandagira muri Afurika.

Ikinyamakuru cyo mu Bushinjwa cyitwa China Times giherutse gutangaza inkuru y’umugore w’imyaka 30 y’amavuko wo muri Shanghai ugisha inama z’uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umurgabo we usaba ko batandukana nyuma yuko abyaye umwana abazwe akaza ari umwirabura.

Uyu mugore yifashishije imbuga nkoranyambaga, agaragaza iyi nkuru y’agahinda yabanjirijwe n’ibyishimo byo kuba yari yibarutse impundu zikavuga, ariko hakurikiyeho ibisa n’inzozi mbi, aragisha inama abandi babyeyi uko yarokora urushako rwe ntirusenyuke.

Avuga ko ubwo yari amaze kwibaruka, umugabo we yaje kureba umwana wabo nk’uko bisanzwe ku bandi babyeyi, ariko yakubita amaso uruhinja rwabo akabona rurirabura cyane, akanga kuruterura.

Uyu mugore avuga ko na we agiterura uruhinja rwe, yabonye rwirabura, nyamara “atarigeze akandagira muri Afurika, yewe sinigeze nanahura n’umuntu w’umwirabura.”

Avuga ko umugabo we utarigeze agaragaza ibyishimo byo kuba bibarutse ndetse bikaba bitanamushishikaje, ahubwo yasabye ko hakorwa ibizamini bya gihanga kugira ngo barebe niba uwo mwana ari uwe.

Uyu mubyeyi wemeye ibyasabwaga n’umugabo we, avuga ko yari yizeye ko umugabo we namara kubona ko yari yibeshye, bazabana mu mahoro, ariko ngo si ko byagenze kuko kwizerana hagati yabo kwamaze kuyoyoka.

Ubutumwa bw’uyu mubyeyi bwatunguye benshi, ndetse busakara henshi, ariko bamwe mu bamusubije, bamubwiye ko kuba umwana we yaravutse afite uruhu rwirabura, ari ibintu bisanzwe.

Umwe mu mpuguke yagize ati “Ikibazo nk’iki gishobora kuba ku mpinja kuko uruhu rwabo ruba rworoshye ndetse no kuba gutembera kw’amaraso kwabo kuba kuri hasi. Ni ibintu bisanzwe ko uruhu rwirabura, rushobora kuzaba urwera.”

Undi na we yagize ati “Ibi ni ibintu bisanzwe, ibara ry’uruhu rwe ruzagenda rucya uko iminsi izagenda ishira.”

Abandi bo banenze umugabo w’uyu mugore udafitiye icyizere umugore, we bamugira inama yo kuganira n’umufasha we kugira ngo batisenyera urugo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Canada ikomeje kugaragara nk’isoko rigezweho ku bahanzi Nyarwanda

Next Post

Muhanga: Uko hafashwe umugabo wari umaze ibyumweru bitatu ahigwa bukware

Related Posts

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

by radiotv10
31/07/2025
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye yivuye inyuma Umudipolomate wayo uherutse gufatirwa muri Bulgarie ari mu modoka itwaye...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

IZIHERUKA

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC
MU RWANDA

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

Icyo Congo ivuga ku Mudipomate wayo wafatiwe i Burayi mu modoka itwaye ibiyobyabwenge

31/07/2025
Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa

Muhanga: Uko hafashwe umugabo wari umaze ibyumweru bitatu ahigwa bukware

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.