Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

radiotv10by radiotv10
12/11/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO, UDUSHYA
0
Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugore wo mu Bushinwa, ari mu rujijo nyuma yuko umugabo we amusabye ko batandukana kuko yabyaye umwana wirabura nyamara ngo atarigeze abonana n’umugabo w’umwirabura akaba ataranakandagira muri Afurika.

Ikinyamakuru cyo mu Bushinjwa cyitwa China Times giherutse gutangaza inkuru y’umugore w’imyaka 30 y’amavuko wo muri Shanghai ugisha inama z’uburyo yakwikura mu ihurizo ry’umurgabo we usaba ko batandukana nyuma yuko abyaye umwana abazwe akaza ari umwirabura.

Uyu mugore yifashishije imbuga nkoranyambaga, agaragaza iyi nkuru y’agahinda yabanjirijwe n’ibyishimo byo kuba yari yibarutse impundu zikavuga, ariko hakurikiyeho ibisa n’inzozi mbi, aragisha inama abandi babyeyi uko yarokora urushako rwe ntirusenyuke.

Avuga ko ubwo yari amaze kwibaruka, umugabo we yaje kureba umwana wabo nk’uko bisanzwe ku bandi babyeyi, ariko yakubita amaso uruhinja rwabo akabona rurirabura cyane, akanga kuruterura.

Uyu mugore avuga ko na we agiterura uruhinja rwe, yabonye rwirabura, nyamara “atarigeze akandagira muri Afurika, yewe sinigeze nanahura n’umuntu w’umwirabura.”

Avuga ko umugabo we utarigeze agaragaza ibyishimo byo kuba bibarutse ndetse bikaba bitanamushishikaje, ahubwo yasabye ko hakorwa ibizamini bya gihanga kugira ngo barebe niba uwo mwana ari uwe.

Uyu mubyeyi wemeye ibyasabwaga n’umugabo we, avuga ko yari yizeye ko umugabo we namara kubona ko yari yibeshye, bazabana mu mahoro, ariko ngo si ko byagenze kuko kwizerana hagati yabo kwamaze kuyoyoka.

Ubutumwa bw’uyu mubyeyi bwatunguye benshi, ndetse busakara henshi, ariko bamwe mu bamusubije, bamubwiye ko kuba umwana we yaravutse afite uruhu rwirabura, ari ibintu bisanzwe.

Umwe mu mpuguke yagize ati “Ikibazo nk’iki gishobora kuba ku mpinja kuko uruhu rwabo ruba rworoshye ndetse no kuba gutembera kw’amaraso kwabo kuba kuri hasi. Ni ibintu bisanzwe ko uruhu rwirabura, rushobora kuzaba urwera.”

Undi na we yagize ati “Ibi ni ibintu bisanzwe, ibara ry’uruhu rwe ruzagenda rucya uko iminsi izagenda ishira.”

Abandi bo banenze umugabo w’uyu mugore udafitiye icyizere umugore, we bamugira inama yo kuganira n’umufasha we kugira ngo batisenyera urugo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 2 =

Previous Post

Canada ikomeje kugaragara nk’isoko rigezweho ku bahanzi Nyarwanda

Next Post

Muhanga: Uko hafashwe umugabo wari umaze ibyumweru bitatu ahigwa bukware

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhanga: Abakoresha ubwisungane mu kwivuza binubira ko hari imiti badahabwa

Muhanga: Uko hafashwe umugabo wari umaze ibyumweru bitatu ahigwa bukware

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.