Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibigo na Hoteli zirimo izifite amazina aremereye byahaniwe kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

radiotv10by radiotv10
07/01/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibigo na Hoteli zirimo izifite amazina aremereye byahaniwe kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwahannye amahoteli, resitora n’ahandi hakira abantu, byose hamwe 18, kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID19.

RDB yaboneyeho kongera kwibutsa ibigo by’ubukerarugendo n’ibindi byakira abantu ko bigomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, kuko ibigo cyangwa abakiriya batubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda bishobora kubaviramo ibihano.

Ibigo byafunzwe uko ari 18:

  • Airport Inn Motel, Kanombe: Gufunga by’agateganyo igihe cy’amezi 3 no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Amaris Hotel, Kimihurura: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi
  • Canal Olympia, Rebero: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi.
  • Chez Lando Hotel, Remera: Gufunga by’agateganyo igihe cy’icyumweru no gutanga ihazabu y’aamafaranga 150,000.
  • Hotel Tech, Kabeza: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Colours Club Spa and Garden Resort, Kibagabaga: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi.
  • Igitego Apart Hotel, Kicukiro: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • Parador Boutique Hotel, Sonatubes: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • Pegase Resort Inn, Rebero: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Rebero Resort, Rebero: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • T2000 Hotel, Nyarugenge: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • People Club, Kacyiru:  Gufunga by’agateganyo igihe cy’amezi 3 no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Papyrus Restaurant Bar and Night Club, Kimihurura: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • Pili Pili Invest Ltd, Kibagabaga: Kwihangangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • La Villa Cafe & Suites, Nyarutarama: Kwihangangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • Repub Lounge, Kimihurura: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Inka Steakhouse, Kimihurura: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Select Boutique Restaurant, Kimihurura: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.

RDB irasaba abantu bose kugaragaza ibigo by’ubukerarugendo cyangwa ibindi byakira abantu bitubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 bifashishije Email yohererejwe tourism.regulation@rdb.rw cyangwa bahamagara 1415.

Byongeye, abantu bose barasabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 igihe bagiye mu bigo by’ubukerarugendo n’ibindi byakira abantu, cyane cyane bahana intera, bakaraba intoki, bambara agapfukamunwa aho bikenewe kandi, cyane cyane, bubahiriza amasaha yo kugera mu rugo.

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi wa RDB Clare Akamanzi risoza rishimangira ko abazafatwa batabyubahirije na bo bazahanwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 5 =

Previous Post

Amavubi ananiwe guhamya intsinzi atsindwa na Guinea 2-0

Next Post

Sinzi impamvu abantu badasinzira kubera amasezerano yanjye-Mashami

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Sinzi impamvu abantu badasinzira kubera amasezerano yanjye-Mashami

Sinzi impamvu abantu badasinzira kubera amasezerano yanjye-Mashami

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.