Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibigo na Hoteli zirimo izifite amazina aremereye byahaniwe kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

radiotv10by radiotv10
07/01/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibigo na Hoteli zirimo izifite amazina aremereye byahaniwe kurenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB) rwahannye amahoteli, resitora n’ahandi hakira abantu, byose hamwe 18, kubera kurenga ku mabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID19.

RDB yaboneyeho kongera kwibutsa ibigo by’ubukerarugendo n’ibindi byakira abantu ko bigomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19, kuko ibigo cyangwa abakiriya batubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda bishobora kubaviramo ibihano.

Ibigo byafunzwe uko ari 18:

  • Airport Inn Motel, Kanombe: Gufunga by’agateganyo igihe cy’amezi 3 no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Amaris Hotel, Kimihurura: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi
  • Canal Olympia, Rebero: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi.
  • Chez Lando Hotel, Remera: Gufunga by’agateganyo igihe cy’icyumweru no gutanga ihazabu y’aamafaranga 150,000.
  • Hotel Tech, Kabeza: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Colours Club Spa and Garden Resort, Kibagabaga: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi.
  • Igitego Apart Hotel, Kicukiro: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • Parador Boutique Hotel, Sonatubes: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • Pegase Resort Inn, Rebero: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Rebero Resort, Rebero: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • T2000 Hotel, Nyarugenge: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • People Club, Kacyiru:  Gufunga by’agateganyo igihe cy’amezi 3 no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Papyrus Restaurant Bar and Night Club, Kimihurura: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • Pili Pili Invest Ltd, Kibagabaga: Kwihangangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • La Villa Cafe & Suites, Nyarutarama: Kwihangangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 300,000.
  • Repub Lounge, Kimihurura: Gufunga by’agateganyo igihe cy’ukwezi no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Inka Steakhouse, Kimihurura: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.
  • Select Boutique Restaurant, Kimihurura: Kwihanangirizwa no gutanga ihazabu y’amafaranga 150,000.

RDB irasaba abantu bose kugaragaza ibigo by’ubukerarugendo cyangwa ibindi byakira abantu bitubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 bifashishije Email yohererejwe tourism.regulation@rdb.rw cyangwa bahamagara 1415.

Byongeye, abantu bose barasabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 igihe bagiye mu bigo by’ubukerarugendo n’ibindi byakira abantu, cyane cyane bahana intera, bakaraba intoki, bambara agapfukamunwa aho bikenewe kandi, cyane cyane, bubahiriza amasaha yo kugera mu rugo.

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi wa RDB Clare Akamanzi risoza rishimangira ko abazafatwa batabyubahirije na bo bazahanwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Amavubi ananiwe guhamya intsinzi atsindwa na Guinea 2-0

Next Post

Sinzi impamvu abantu badasinzira kubera amasezerano yanjye-Mashami

Related Posts

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

IZIHERUKA

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije
IMIBEREHO MYIZA

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sinzi impamvu abantu badasinzira kubera amasezerano yanjye-Mashami

Sinzi impamvu abantu badasinzira kubera amasezerano yanjye-Mashami

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.