Thursday, May 22, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in MU RWANDA
1
Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Rwunge rw’Amashuri rwa Gasumo mu Murenge wa Butare mu Karere ka Rusizi, haravugwa umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya umunyeshuri w’imyaka 15 yigisha agahita atoroka, ndeste n’umwarimukazi wakundanaga n’umunyeshuri w’umuhungu bikanavugwa ko baba bararyamanye bigatuma umubyeyi w’uwo munyeshuri aza kwihaniza mu kigo, byamugeraho na we agatoroka, bivugwa ko banabyiyemereraga ndetse ngo bitegura kurushingana.

Amakuru y’umubano wihariye hagati y’uwo mwarimukazi n’umunyeshuri wiga mu mwaka wa gatanu w’amashuli yisumbuye, yagiye hanze nyuma yuko mwarimu Bonaventure aketsweho gusambanya umunyeshuri w’imyaka 15 yigishaga mu mpera z’icyumweru gishize.

Umuyobozi w’iri shuri, Muronsi Sebagabo Seth avuga ko byabereye hanze y’ikigo na we akabimenya biturutse mu baturage ndeste ko kuva icyo gihe uyu mwarimu atongeye kuboneka.

Agira ati “Hari muri weekend. byabereye iyo mu giturage, amakuru twayamenye tuyabwiwe n’abaturage ko umwarimu yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 15, hanyuma natwe tubigeza ku nzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano.”

Nyuma yaho nibwo iby’urukundo rw’umwarimukazi w’imyaka 22 y’amavuko na we wigisha muri iri shuri n’umunyeshuri w’umuhungu w’imyaka 19 na byo byazamutse, byongeye kuvugwa, aho bivugwa ko mbere aba bombi bari bamaze igihe gito bemereye ubuyobozi bw’ikigo ko bamaze igihe bakundana kandi ko bateganyaga gukora ubukwe, ndetse binakorerwa raporo igashyikirizwa ubuyobozi bwisumbuyeho hakaba hari hategerejwe umurongo kuri byo.

Muronsi Sebagabo Seth ati “Ngo batangiye gukundana kera umwe yiga i Mwezi undi yiga hano. Uwo mwarimukazi aje vuba. Mu nyandiko batwemereye ko ubucuti bwabo ari ubwo kuzakora ubukwe, ngo bari bategereje ko umuhungu asoza kwiga.”

Kuri uyu wa Gatatu inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’Umurenge na polisi zagiye muri iki kigo cy’ishuri gukurikirana ibyo bibazo by’imyitwarire ivugwa ku barezi, aho bivugwa ko mbere ya saa sita uyu mwarimukazi yari mu kigo nk’ibisanzwe ariko nyuma ntiyongere kugaragara.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Butare, Ntibizera Jean Pierre yabwiye RADIOTV10 ko binavugwa ko mwarimukazi yaba yararyamanye n’umunyeshuri.

Ati “Uwo murezi w’umugabo byavuzwe ko yasambanyije umwana twahise tubikurikirana ariko kugeza iyi saha ntaraboneka icyakora twatangiye kumukurikirana mu buryo bw’akazi. Naho uwo murezi w’umugore byavuzwe ko yaba yararyamanye n’umuhungu wiga kuri iki kigo ashingiye ko uwo munyeshuli afite imyaka y’ubukure. Iyo uri umurezi uba uri umubyeyi. Ni ishyano kuko nta mubyeyi wakaryamanye n’umwana.”

Umubyeyi witwa Mukashyaka Lorentine urerera muri iri shuri avuga ko ibivugwa kuri abo barimu biteye isoni kandi bidakwiye ko umunyeshuri akundana n’umwarimu we cyangwa ngo umwarimu asambanye umunyeshuri yigisha.

Ati “Umwarimu ni we munyakakosa, ni we wakamuhaye indero kuko amufiteho inshingano ntabwo yakabaye ateretwa n’umunyeshuri.”

Bivugwa ko umubyeyi w’uyu munyeshuri ukundana n’umwarimukazi ari we wafashe iya mbere akaza kwihaniza mu kigo ndeste ubuyobozi bw’iri shuri bugahamagaza aba bombi bagakora inyandiko bemera ko bamaze igihe bakundana aho uyu mubano wabo ngo waganishaga ku kubana nk’umugore n’umugabo.

Abandi banyeshuri bagaya ibi byabaye mu kigo cyabo

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Comments 1

  1. UFITINEMA Gabriel says:
    4 hours ago

    Ibi nibintu bisanzwe kuko nangye byambayeho Kandi nakintu byanwaye pe .

    Amarangamutima nibintu bisanzwe gusa binafasha umusore kutajarajara mubukobwa.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − fourteen =

Previous Post

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Next Post

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Related Posts

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

by radiotv10
22/05/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yongeye kubazwa ku cyo ari gukora ku bibazo by’u Rwanda na...

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Menya impamvu yatumye urubanza ruregwamo ‘Bishop Gafaranga’ rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
22/05/2025
0

Urubanza ruregwamo Habiyaremye Zacharie uzwi nka ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsinda, rwashyizwe mu muhezo, ku bw'ubusabe bw'uwahohotewe wabyifuje...

Undi Munyarwandakazi wa RDF yarangije amasomo muri America hatarashira ukwezi abandi bane baharangije

Undi Munyarwandakazi wa RDF yarangije amasomo muri America hatarashira ukwezi abandi bane baharangije

by radiotv10
22/05/2025
0

Umunyarwandazi Sous Lieutenant Janet Uwamahoro wo mu Ngabo z’u Rwanda, yarangije amasomo mu Ishuri rya Gisirikare ‘US Coast Guard Academy’...

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyigikira iterambere ryarwo

by radiotv10
22/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’Abibumbye, basinye amasezerano y’imikoranire ya miliyari 1,4 USD yo gushyigikira inzego z’iterambere mu gihe cy’imyaka itanu...

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
21/05/2025
0

Umuyobozi Ushinzwe Afurika mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko iki Gihugu cyifuza...

IZIHERUKA

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka
AMAHANGA

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

by radiotv10
22/05/2025
0

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

22/05/2025
Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

22/05/2025
Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

Perezida Trump yongeye kubazwa ku by’u Rwanda na Congo nabwo arigengesera

22/05/2025
Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Menya impamvu yatumye urubanza ruregwamo ‘Bishop Gafaranga’ rushyirwa mu muhezo

22/05/2025
Ibitaramenyekanye ku ndirimbo ikunzwe muri iki gihe y’umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda

Ibitaramenyekanye ku ndirimbo ikunzwe muri iki gihe y’umuhanzi uri mu bagezweho mu Rwanda

22/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

Umutoza Muvunyi wasezerewe n’ikipe yatozaga yahise abona imugirira icyizere banafitanye amateka meza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.