Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

radiotv10by radiotv10
22/05/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye basaba ko n’abandi bategetsi bose baryozwa ibyo bakoze, mu gihe hari ababyamaganye.

Imiryango itari iya Leta ikorera muri iki Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ni yo yiganje mu bazamuye izi mpaka zikomeje kuba ndende nyuma yuko Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Gicurasi 2025 rukatiye Matata Ponyo iki gihano.

Umuryango ASADHO (Association Africaine de Défense des Droits de l’Homme, wo uvuga ko mu butabera nk’ubu bwo kurwanya ruswa budakwiye gukora kuri bamwe, ahubwo ko ibyakorewe Matata Ponyo, bikwiye no gukorwa ku bandi bategetsi bose banyereje imari ya Leta.

Jean-Claude Katende, Perezida w’uyu Muryango uvuga ko hari abandi bantu benshi bari bakwiye gukurikiranwaho ibyaha nk’ibi byahamijwe Ponyo, yavuze ko “Ubutabera bugomba no kugera ku bandi bose.” Kandi ko hadakwiye kuzamo amarangamutima muri ubu butabera.

Ibi bitekerezo by’uyu Muryango ASADHO, unabihurijeho n’undi wa NSCC (Nouvelle Société Civile Congolaise), aho Jonas Tshiombela, Umuhuzabikorwa wawo, yavuze ko abategetsi bose bagize uruhare mu gutuma hatagerwa mu mishinga ya Leta kubera kunyereza imari ya Leta, bose bakwiye kubiryozwa, byumwihariko ku mushinga wa Tshilejelu.

Naho Olivier Kamitatu, Umuvugizi w’Umunyapolitiki Moise Katumbi utavuga rumwe n’ubutegesi bwa Congo, we yanditse kuri X ati “N’ubundi rugendeye ku byemezo byarwo bibogamye, Urukiko rushinzwe Kurinda Itegeko Nshinga rukomeje kugaragaza ko rwokamwe n’ubunyagitugu. Rwongeye gutera inkota Matata Ponyo nyuma yo kumucira urubanza rudakwiye muri 2021.”

Francine Muyumba, Umusenateri mu Nteko ya DRC akaba n’umwe mu bayobozi mu Ishyaka FCC rya Joseph Kabilra, yavuze ko yifatanyije n’uyu Munyapolitiki Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe, amusaba gukomera muri ibi bihe bigoye.

Naho Georges Kapiamba, Perezida w’Ishyirahamwe riharanira itangwa ry’Ubutabera ACAJ (Association Congolaise pour l’Accès à la Justice), yashimiye Urukiko rwafashe kiriya cyemezo, avuga ko kizabera akabarore abandi ba rusahurira mu nduru banyereza ibya Leta.

Ni mu gihe abanyamuryango b’Ishyaka rya LGD rya Matata Ponyo, bavuga ko batatunguwe na kiriya cyemezo cy’Urukiko rushinzwe Itegeko Nshinga kuko n’ubundi rubogama.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Umwarimu w’umugabo ukekwaho gusambanya uwo yigisha yatumye hamenyekana inkuru y’urukundo rw’uw’umukobwa n’umumunyeshuri w’umuhungu banabyiyemerera

Next Post

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside
MU RWANDA

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Umuhanzikazi Tyla agiye kwandika amateka mu bihembo bitangirwa muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.