Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze byinjirije u Rwanda akayabo ka Miliyari 640Frw

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA
0
Ibikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze byinjirije u Rwanda akayabo ka Miliyari 640Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’Ubworozi (NAEB); cyatangaje ko mu mwaka wa 2021-2022, umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi woherejwe hanze winjije Miliyoni 640,9USD (Miliyari 640 Frw).

Itangazo ryasohowe na NAEB kuri uyu wa Mbere tariki 12 Nzeri 2022, rigaragaza ko amadovize yavuye mu bikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze, yiyongereyeho 45% mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022.

Iri zamuka kandi ryanabaye ku bikomoka ku buhinzi bw’ibihingwa ngandurarugo (non-traditional export commodities) byoherejwe hanze byazamutseho 58% aho byinjije miliyoni 455,5 USD (Miliyari 455 Frw).

Amadovize yinjijwe n’ikawa yoherejwe hanze, yiyongereyeho 23% mu gihe ayavuye mu cyayi yiyongereyeho 15% naho ayinjijwe n’ubuhinzi bw’indabo yo yiyongereyeho 12%.

Ibikomoka ku buhinzi bw’imboga gusa bugizwe na 6,7% by’amafaranga yinjijwe n’ibyoherejwe hanze byose bikomoka ku buhinzi muri uyu mwaka wa 2021-2022 aho ibikomoka ku mboga bifite agaciro ka 63% iby’imbuto bikaba bifite agaciro ka 87%.

NAEB ivuga ko iha agaciro abafatanyabikorwa bose batumye habaho iri zamuka ry’amadevize yinjijwe n’ibikomoka ku buhinzi.

Umuyobozi Mukuru wa NAEB, Claude Bizimana yagize ati “Turabyishimiye kuba mu mahirwe ahari, ubuhinzi bwaragize uruhare rufatika mu kongera imirimo isanzwe ihari no guhanga imishya.”

Claude Bizimana yizeje ko muri uyu mwaka ikigo ayoboye kizarushaho korohereza abari mu ishoramari ry’ubuhinzi bakabasha kwinjiza agatubutse, hashyirwaho uburyo bushya bugezweho buzabafasha kubona isoko mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − four =

Previous Post

Rusizi: Bane barimo umuyobozi w’Ibitaro bakurikiranyweho uburiganya bwanyerejwemo Miliyoni 30Frw

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF aherekejwe n’abarimo Gen Karuretwa bari muri Algeria

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF aherekejwe n’abarimo Gen Karuretwa bari muri Algeria

Umugaba Mukuru wa RDF aherekejwe n’abarimo Gen Karuretwa bari muri Algeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.