Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze byinjirije u Rwanda akayabo ka Miliyari 640Frw

radiotv10by radiotv10
12/09/2022
in MU RWANDA
0
Ibikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze byinjirije u Rwanda akayabo ka Miliyari 640Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’Ubworozi (NAEB); cyatangaje ko mu mwaka wa 2021-2022, umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi woherejwe hanze winjije Miliyoni 640,9USD (Miliyari 640 Frw).

Itangazo ryasohowe na NAEB kuri uyu wa Mbere tariki 12 Nzeri 2022, rigaragaza ko amadovize yavuye mu bikomoka ku buhinzi byoherejwe hanze, yiyongereyeho 45% mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2021-2022.

Iri zamuka kandi ryanabaye ku bikomoka ku buhinzi bw’ibihingwa ngandurarugo (non-traditional export commodities) byoherejwe hanze byazamutseho 58% aho byinjije miliyoni 455,5 USD (Miliyari 455 Frw).

Amadovize yinjijwe n’ikawa yoherejwe hanze, yiyongereyeho 23% mu gihe ayavuye mu cyayi yiyongereyeho 15% naho ayinjijwe n’ubuhinzi bw’indabo yo yiyongereyeho 12%.

Ibikomoka ku buhinzi bw’imboga gusa bugizwe na 6,7% by’amafaranga yinjijwe n’ibyoherejwe hanze byose bikomoka ku buhinzi muri uyu mwaka wa 2021-2022 aho ibikomoka ku mboga bifite agaciro ka 63% iby’imbuto bikaba bifite agaciro ka 87%.

NAEB ivuga ko iha agaciro abafatanyabikorwa bose batumye habaho iri zamuka ry’amadevize yinjijwe n’ibikomoka ku buhinzi.

Umuyobozi Mukuru wa NAEB, Claude Bizimana yagize ati “Turabyishimiye kuba mu mahirwe ahari, ubuhinzi bwaragize uruhare rufatika mu kongera imirimo isanzwe ihari no guhanga imishya.”

Claude Bizimana yizeje ko muri uyu mwaka ikigo ayoboye kizarushaho korohereza abari mu ishoramari ry’ubuhinzi bakabasha kwinjiza agatubutse, hashyirwaho uburyo bushya bugezweho buzabafasha kubona isoko mpuzamahanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − two =

Previous Post

Rusizi: Bane barimo umuyobozi w’Ibitaro bakurikiranyweho uburiganya bwanyerejwemo Miliyoni 30Frw

Next Post

Umugaba Mukuru wa RDF aherekejwe n’abarimo Gen Karuretwa bari muri Algeria

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

by radiotv10
21/01/2026
0

Many people focus on how many hours they sleep, but they forget something very important: when they sleep. Sleep timing...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

Dear Gen Z, do we ever think about the impact of what we say or post on social media?

by radiotv10
20/01/2026
0

Social media is part of our everyday life. It helps us connect with people, share information, and express ourselves. However,...

IZIHERUKA

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika
FOOTBALL

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

21/01/2026
How Sleep Timing Affects Your Whole Day

How Sleep Timing Affects Your Whole Day

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

20/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umugaba Mukuru wa RDF aherekejwe n’abarimo Gen Karuretwa bari muri Algeria

Umugaba Mukuru wa RDF aherekejwe n’abarimo Gen Karuretwa bari muri Algeria

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.