Tuesday, January 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

radiotv10by radiotv10
20/01/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ifoto/ Ukweli Times

Share on FacebookShare on Twitter

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, byamenyekanye ko afunganywe n’abakobwa batatu, bivugwa ko bamushakiraga abo bana, akabishyura amafaranga.

RIB yafunze umwarimu muri Kaminuza Dr. Manirakiza Benjamin w’imyaka 41 y’amavuko akaba akurikiranyweho ibyaha bitatu (3); icyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye abashukisha amafaranga,icyaha cyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, no gucura umugambi wo gukora icyaha.

Uyu mwarimu kandi afunganywe n’abandi bantu UMUHOZA Hamida , INEZA Fidella , Mucyo Vanessa nabo bakurikiranyweho gucura umugambi wo gukora icyaha ndetse no gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi.

Abaregwa bafungiye kuri RIB Station Rwezamenyo mu gihe dosiye yoherejwe mu bushinjacyaha tariki ya 16 Mutarama 2026.

Uko ibyaha byakozwe (Mondus Operandi)

Iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko mu bihe bitandukanye uyu mwarimu yagiye yishyura amafaranga abana b’abakobwa b’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye (Secondaire) hanyuma akabasambanya.

Abo bafunganywe aribo INEZA FIDELLA, wiga mw’ishuri ry’imyuga riherereye muri Nyarugenge, MUCYO VANESSA ukora mu Kabari gaherereye i Nyamirambo na UMUHOZA Hamida ukora muri Massage I Nyamirambo.

Aba uko ari batatu (3) bahuriye kukuba bose barasambanaga na DR MANIRAKIZA BENJAMIN hanyuma akabasaba ko bamushakira abana abato, hanyuma akajya abishyura amafaranga bo bita ngo ni aya “plot” (commission) ari hagati 5,000- 20,000 Frw.

Bose umwe ku giti cye yagiye amuhuza n’abakobwa b’abanyeshuri baturutse mu bigo bya secondaire bitandukanye, birimo n’iby’i Kigali, hanyuma akabishyura.

Ibyaha bakurikiranyweho

Kuri Dr. Manirakiza Benjamin akurikiranyweho;gusambanyaumwana, icyaha giteganywa n’ingingo ya 14 y’itegeko Nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

IGIHANO: Igifungo hagati y’imyaka 20 n’imyaka 25.

GUSHAKIRA INYUNGU MU MIBONANO MPUZABITSINA Y’UNDI, icyaha giteganywa n’INGINGO YA 24 itegeko Nº 51/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu mu bandi.

Igihano: Igifungo hagati y’imyaka ibiri(2) n’imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda hagati ya miliyoni 3 Frw kugeza kuri miliyoni 5 Frw.

GUCURA UMUGAMBI WO GUKORA ICYAHA, icyaha giteganywa n’INGINGO YA 20 y’itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

IGIHANO: Icyaha bihanishwa igihano giteganyirijwe icyaha cyacuriwe umugambi.

KURI UMUHOZA HAMIDA, ISIMBI FIDELLA, MUCYO VANESSA

GUCURA UMUGAMBI WO GUKORA ICYAHA, icyaha giteganywa n’INGINGO YA 20 y’itegeko Nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

IGIHANO: Icyaha bihanishwa igihano giteganyirijwe icyaha cyacuriwe umugambi

GUSHAKIRA INYUNGU MU MIBONANO MPUZABITSINA Y’UNDI, icyaha giteganywa n’INGINGO YA 24 itegeko Nº 51/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu mu bandi.

IGIHANO: Igifungo hagati y’imyaka ibiri (2) n’imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda hagati ya miliyoni 3 Frw kugeza kuri miliyoni 5 Frw.

Itegeko Nº 51/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye gukumira, kurwanya no guhana icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu mu bandi mu Ngingo yayo ya 24 isobanura “Gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi” icyo aricyo.

Igira iti”Umuntu, agamije inyungu, ukora kimwe mu bikorwa bikurikira aba akoze icyaha cyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi:

1. gushishikariza, koshya, kuyobya, kureshya, guhatira undi gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa gukoresha ubundi buryo hagamijwe kuyimushoramo;

2. GUTANGA IKIGUZI agamije ubwe gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa kugitangira undi muntu ngo ayikore;

3. Gucumbikira umuntu abizi neza ko aje gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina;

4. Gutangaza, ku buryo ubwo ari bwo bwose, ko afasha ushaka gukora imibonano mpuzabitsina;

5. gufasha, guhagarikira cyangwa kurengera abizi ushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina;

6. kuyobora amazu akorerwamo ibikorwa byo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi,

7. gushora imari muri bene ayo mazu cyangwa gucunga umutungo azi neza ko ukomoka kuri ayo mazu;

8. gutanga abizi ahantu ngo hakodeshwe kugira ngo hakorerwe ibikorwa byo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi;

UBUTUMWA 

Hari ibintu byateye mu rubyiruko cyangwa n’abandi bantu bafite imyitwarire idahwitse byitwa ngo ni “PASS” cyangwa ngo “PLOT” , bishatse kuvuga guhererekanya cyangwa gusunikira Umuntu ku wundi.

Mu kurwanya ibyaha, iyo ibyo byitwa PASS cyangwa gutanga PLOT, bikozwe n’umuntu mukuru abikora ku mwana, ni ukuvuga uwohereza Umwana ku muntu mukuru ngo basambane, hashobora kuvamo ibyaha bikurikira:

1. GUCURA UMUGAMBI WO GUKORA ICYAHA,

2. KUBA ICYITSO KU CYAHA CYO GUSAMBANYA UMWANA

3. GUSHAKIRA INYUNGU MU MIBONANO MPUZABITSINA Y’UNDI

Abantu barasabwa kubyitondera cyane, kuko RIB ntizabihanganira na gato abantu bazafatirwa muri byo bikorwa bigize ibyaha.

Gusa kandi biragayitse, gusanga Umuntu w’umurezi wiruka mu bikorwa nka biriya byo gusambanya abana. Biragayitse, kubona Umuntu ufite impamyabushobozi nk’iriya y’ikirenga, w’umurezi ujya mu bana ba secondaire; Ntabwo RIB izabihanganira.

Turasaba abantu bafite iyo myitwarire n’imigenzereze kubireka, naho ubundi amategeko azakurikizwa.

RIB irashimira kandi abantu bakomeje kudahishira abakora  ibikorwa nk’ibi bigayitse, isaba abantu gukomeza gutanga amakuru, ntibigire ntibindeba.

Ivomo: Ukweli Time

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − two =

Previous Post

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Related Posts

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

by radiotv10
20/01/2026
0

Abasirikare mu ngabo z’u Rwanda basanzwe ari inzobere mu by’ubwubatsi baherutse kujya muri Jamaica gutanga umusanzu mu gusana ibikorwa byangijwe...

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

by radiotv10
20/01/2026
0

Ambasaderi wa Brazil mu Rwanda, Irene Vida Gala; akomeje kugaragaza ibihe byiza agirira mu Rwanda bikamunyura, birimo kuba yarasogongeye bwa...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umwarimu wa Kaminuza imwe mu Rwanda afunzwe akurikiranyweho gusambanya abakobwa biga mu yisumbuye

by radiotv10
20/01/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze umwarimu wo muri Kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri...

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

Rubavu: Igikorwa bamwe bakeshaga imibereho ubu kiri gushyira mu kaga ubuzima bwabo

by radiotv10
20/01/2026
0

Abakoresha umuhanda Mahoko–Nkomane mu Karere ka Rubavu, bavuga ko wangiritse cyane, nyamara ari wo bifashishaga mu kugeza umusaruro ku isoko,...

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

Abasenateri bagaragarije Leta ihurizo rikizitira aborozi bo mu Rwanda mu kwiteza imbere

by radiotv10
20/01/2026
0

Bamwe mu Basenateri muri Sena y'u Rwanda, bagararije Guverinoma y'u Rwanda ko aborozi bakigorwa cyane no kubona ibiryo by'amatungo, kuko...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
MU RWANDA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
20/01/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

20/01/2026
Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

20/01/2026
Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

Abasirikare b’u Rwanda bagiye gutanga ubufasha ku Gihugu cyashegeshwe n’ibiza batangiye kubutanga

20/01/2026
AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

AMAFOTO: Irebere ibihe byiza Ambasaderi w’Igihugu kimwe mu Rwanda akomeje kuhagirira bikamunyura

20/01/2026
Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

20/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.