Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibipimo by’Imiyoborere: Umutekano wongeye kuza imbere ariko amanota asubira inyuma

radiotv10by radiotv10
31/10/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibipimo by’Imiyoborere: Umutekano wongeye kuza imbere ariko amanota asubira inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ibipimo by’imiyoborere bishyirwa hanze n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB), bigaragaza ko inkingo y’umutekano yakomeje kuza ku mwanya wa mbere n’amanota 93,63% mu gihe umwaka ushize yari ifite 95,53%.

Ibi bipimo bizwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS), byamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Ukwakira 2023, bigaruka ku nkingi umunani ari zo; iyubahirizwa ry’amategeko, Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, ireme ry’imitangire ya serivisi n’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi.

Inkingi y’umutekano yakomeje kuyobora izindi, aho ifite amanota 93,63%, mu gihe mu bipimo by’umwaka ushize, yari ifite amanota 95,53% bwo yari yabaye nk’iguma ku manota amwe kuko ibya 2021 yari ifite amanota 95,47%.

Iki cyegeranyo kandi kigaragaza ko Inkingi y’Iyubahirizwa ry’Amategeko iri ku mwanya wa kabiri, aho ifite amanota 88,89%, naho ku mwanya wa gatatu hakaza Inkingi yo Kurwanya Ruswa no Gukorera mu Mucyo yo ifite amanota 88,97%.

Inkingi y’Uburenganzira mu bya Politiki n’Ubwisanzure bw’Abaturage, iza ku mwanya wa Kane, n’amanota 88,01%, ku mwanya wa gatanu hakaza inkingi y’Imiyoborere Idaheza kandi Abaturage bagizemo uruhare aho ifite amanota  84,04%.

Ku mwanya wa gatandatu haza Inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi, yo ifite amanota 79,98%, naho ku mwanya wa karindwi hakaza Inkingi y’Ireme ry’imitangire ya serivisi ifite amanota 78,28%, naho ku mwanya wa munani hakaza inkingo yo Kuzamura imibereho myiza y’abaturage ifiteamanota 75,51%.

Mu nkingi umunani, eshanu ziri ku gipimo kiri hejuru ya 80%, mu gihe inkingi eshatu zisigaye, ziri hagati ya 75% na 79%. Ni ukuvuga ko nta nkingi n’imwe muri izi zisuzumwa yigeze ijya munsi ya 75%.

Naho mu bipimo 35 byasuzumwe, 24 biri hejuru ya 80% mu gihe ibipimo 11 bisigaye, biri hagati y’amanota ya 69% na 79%.

RGB igaragaza ko Ibipimo byose byo mu nkingi y’Uburenganzira mu bya politike n’ubwisanzure bw’abaturage ndetse n’ibyo mu nkingi y’Umutekano biri hejuru ya 80%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Menya igifungo cyakatiwe uwari Gitifu wanyereje Miliyoni zari zakusanyijwe n’abaturage ngo bigurire imodoka

Next Post

TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora
IMYIDAGADURO

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

by radiotv10
27/01/2026
0

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama ufite uburambe mu mbuga nkoranyambaga n’itangazamakuru mu Rwanda yagiriye ukizamuka uvugwaho kwishongora

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.