Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibipimo by’Imiyoborere: Umutekano wongeye kuza imbere ariko amanota asubira inyuma

radiotv10by radiotv10
31/10/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibipimo by’Imiyoborere: Umutekano wongeye kuza imbere ariko amanota asubira inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ibipimo by’imiyoborere bishyirwa hanze n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB), bigaragaza ko inkingo y’umutekano yakomeje kuza ku mwanya wa mbere n’amanota 93,63% mu gihe umwaka ushize yari ifite 95,53%.

Ibi bipimo bizwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS), byamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Ukwakira 2023, bigaruka ku nkingi umunani ari zo; iyubahirizwa ry’amategeko, Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, ireme ry’imitangire ya serivisi n’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi.

Inkingi y’umutekano yakomeje kuyobora izindi, aho ifite amanota 93,63%, mu gihe mu bipimo by’umwaka ushize, yari ifite amanota 95,53% bwo yari yabaye nk’iguma ku manota amwe kuko ibya 2021 yari ifite amanota 95,47%.

Iki cyegeranyo kandi kigaragaza ko Inkingi y’Iyubahirizwa ry’Amategeko iri ku mwanya wa kabiri, aho ifite amanota 88,89%, naho ku mwanya wa gatatu hakaza Inkingi yo Kurwanya Ruswa no Gukorera mu Mucyo yo ifite amanota 88,97%.

Inkingi y’Uburenganzira mu bya Politiki n’Ubwisanzure bw’Abaturage, iza ku mwanya wa Kane, n’amanota 88,01%, ku mwanya wa gatanu hakaza inkingi y’Imiyoborere Idaheza kandi Abaturage bagizemo uruhare aho ifite amanota  84,04%.

Ku mwanya wa gatandatu haza Inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi, yo ifite amanota 79,98%, naho ku mwanya wa karindwi hakaza Inkingi y’Ireme ry’imitangire ya serivisi ifite amanota 78,28%, naho ku mwanya wa munani hakaza inkingo yo Kuzamura imibereho myiza y’abaturage ifiteamanota 75,51%.

Mu nkingi umunani, eshanu ziri ku gipimo kiri hejuru ya 80%, mu gihe inkingi eshatu zisigaye, ziri hagati ya 75% na 79%. Ni ukuvuga ko nta nkingi n’imwe muri izi zisuzumwa yigeze ijya munsi ya 75%.

Naho mu bipimo 35 byasuzumwe, 24 biri hejuru ya 80% mu gihe ibipimo 11 bisigaye, biri hagati y’amanota ya 69% na 79%.

RGB igaragaza ko Ibipimo byose byo mu nkingi y’Uburenganzira mu bya politike n’ubwisanzure bw’abaturage ndetse n’ibyo mu nkingi y’Umutekano biri hejuru ya 80%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + 4 =

Previous Post

Menya igifungo cyakatiwe uwari Gitifu wanyereje Miliyoni zari zakusanyijwe n’abaturage ngo bigurire imodoka

Next Post

TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

IZIHERUKA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks
AMAHANGA

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

by radiotv10
29/12/2025
0

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

28/12/2025
Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-FARDC spokesperson Maj. Gen. Ekenge suspended following widely criticized remarks

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.