Sunday, January 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibipimo by’Imiyoborere: Umutekano wongeye kuza imbere ariko amanota asubira inyuma

radiotv10by radiotv10
31/10/2023
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Ibipimo by’Imiyoborere: Umutekano wongeye kuza imbere ariko amanota asubira inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Ibipimo by’imiyoborere bishyirwa hanze n’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Imiyoborere (RGB), bigaragaza ko inkingo y’umutekano yakomeje kuza ku mwanya wa mbere n’amanota 93,63% mu gihe umwaka ushize yari ifite 95,53%.

Ibi bipimo bizwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS), byamuritswe kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Ukwakira 2023, bigaruka ku nkingi umunani ari zo; iyubahirizwa ry’amategeko, Uburenganzira mu bya politiki n’ubwisanzure bw’abaturage, imiyoborere abaturage bagizemo uruhare kandi idaheza, umutekano, kuzamura imibereho myiza y’abaturage, kurwanya ruswa no gukorera mu mucyo, ireme ry’imitangire ya serivisi n’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi.

Inkingi y’umutekano yakomeje kuyobora izindi, aho ifite amanota 93,63%, mu gihe mu bipimo by’umwaka ushize, yari ifite amanota 95,53% bwo yari yabaye nk’iguma ku manota amwe kuko ibya 2021 yari ifite amanota 95,47%.

Iki cyegeranyo kandi kigaragaza ko Inkingi y’Iyubahirizwa ry’Amategeko iri ku mwanya wa kabiri, aho ifite amanota 88,89%, naho ku mwanya wa gatatu hakaza Inkingi yo Kurwanya Ruswa no Gukorera mu Mucyo yo ifite amanota 88,97%.

Inkingi y’Uburenganzira mu bya Politiki n’Ubwisanzure bw’Abaturage, iza ku mwanya wa Kane, n’amanota 88,01%, ku mwanya wa gatanu hakaza inkingi y’Imiyoborere Idaheza kandi Abaturage bagizemo uruhare aho ifite amanota  84,04%.

Ku mwanya wa gatandatu haza Inkingi y’Imiyoborere mu bukungu n’ubucuruzi, yo ifite amanota 79,98%, naho ku mwanya wa karindwi hakaza Inkingi y’Ireme ry’imitangire ya serivisi ifite amanota 78,28%, naho ku mwanya wa munani hakaza inkingo yo Kuzamura imibereho myiza y’abaturage ifiteamanota 75,51%.

Mu nkingi umunani, eshanu ziri ku gipimo kiri hejuru ya 80%, mu gihe inkingi eshatu zisigaye, ziri hagati ya 75% na 79%. Ni ukuvuga ko nta nkingi n’imwe muri izi zisuzumwa yigeze ijya munsi ya 75%.

Naho mu bipimo 35 byasuzumwe, 24 biri hejuru ya 80% mu gihe ibipimo 11 bisigaye, biri hagati y’amanota ya 69% na 79%.

RGB igaragaza ko Ibipimo byose byo mu nkingi y’Uburenganzira mu bya politike n’ubwisanzure bw’abaturage ndetse n’ibyo mu nkingi y’Umutekano biri hejuru ya 80%.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 11 =

Previous Post

Menya igifungo cyakatiwe uwari Gitifu wanyereje Miliyoni zari zakusanyijwe n’abaturage ngo bigurire imodoka

Next Post

TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

TV10 ibazaniye ikiganiro gishya cy’ubusesenguzi bwuje ubuhanga kizakorwa n’abanyamakuru b’amazina azwi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.