Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose

radiotv10by radiotv10
20/12/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibirambuye ku ntandaro y’umwuka utari mwiza wongeye gututumba muri Rayon n’ibivugwa n’impande zose
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amezi macye, ibintu byifashe neza muri Rayon Sports aho abahoze mu buyobozi bw’iyi kipe bongeye kunga ubumwe, ubu haravugwa undi mwuka mubi wongeye gututumbamo, ushingiye ku mwenda wa Miliyoni 85 Frw wishyuzwa na Munyakazi Sadate wigeze kuyobora iyi kipe, mu gihe ubuyobozi bwayo buvuga ko uwo mwenda utabayeho.

Aya mafaranga arayishyuze kubera gutenguhwa n’ubuyobozi bw’iyi kipe, ku masezerano bari bagiranye bukaza kumuca ruhinganyuma.

Mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, Munyakazi Sadate, yavuze ko aya mafaranga asaba kwishyurwa atandukanye n’inkunga yagiye aha Rayon Sports ahubwo yo yayatanze nk’ideni.

Yagize ati “Amasezerano nagiranye n’iyi kipe harimo gucuruza ibirango by’iyi kipe ndetse n’imyambaro, none isoko barihaye abandi bantu, abantu bakwiye kumenya gutandukanya umwenda ndetse n’inkunga, iyo umuntu akugurije mugirana amasezerano mukandikirana ndetse mukagaragaza n’icyo uwo muntu agiye gukoresha ayo mafaraga.”

Munyakazi Sadate akomeza avuga ko atari we wa mbere wishyuje Rayon, ariko ko niba itabona inyishyu, bakwiye kubimwerurira na we akaba yagira ibyemezo afata.

Ati “Niba badashoboye kunyishyura bazambwire turebe niba batabishoboye. Ntabwo ari ubwa mbere umuntu yaba asoneye undi, na Banki hari igihe ikwishyuza ikageraho ikagushyira muri ba bihemu.”

Umuyobozi w’Umuryango wa Rayon Sport, Twagirayezu Thaddée avuga ko nta mwenda iyi kipe ibereyemo Munyakazi Sadate.

Ati “Sadate niwe wagombaga kubona inyungu kuri ibyo bintu (Amasezerano) ari na we muyobozi wa Rayon Sports? ntabwo ari umuyobozi yigeze atwereka uburyo ayo masezerano yayashyize mu bikorwa na we, twamubwiye ko dukurikije ibyo yaduhaye kugira ngo tuganireho nta mpamvu yo gutakaza umwanya kuko nta kintu kirimo kirimo gituma tuganira.”

Umuyobozi w’icyubahiro wa Rayon Sports, Paul Muvunyi, na we yungamo avuga ko n’ayo masezerano avugwa na Sadate atazwi muri Rayon Sports.

Ati “Ayo masezerano Sadate avuga yabereka uwo bayasinyanye, uwakiriye amafaranga ndetse n’igihe yayakiriye. Rayon ifite imyenda ndetse na bo iyifitiye baranditse bari kugenda bishyurwa, mu bo ifitiye ideni, Munyakazi Sadate ntabwo arimo.”

Munyakazi Sadate, mu ibaruwa yandikiye ubuyobozi bwa Rayon Sports yishyuza miliyoni 85 Frw yagiye ayiguriza mu bihe bitandukanye ndetse n’ibitarubahirijwe mu masezerano kompanyi ze ebyiri MK Sky Vision LTD na Brothers Marketing Group Ltd zagiranye n’iyi kipe.

Munyakazi Sadate arishyuza Miliyoni 85Frw
Perezida wa Rayon avuga ko uwo mwenda utabayeho
Paul Muvunyi na we yabiteye utwatsi

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 2 =

Previous Post

RIB yatanze umuburo ku bya ‘House Party’ byiharajwe n’urubyiruko nyuma y’ibyabereye hamwe

Next Post

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Related Posts

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

IZIHERUKA

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi
FOOTBALL

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Maj.Gen. Nkubito yahaye ubutumwa abo muri FDLR baza gutata aho abasirikare b’u Rwanda bari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

Umushoramari Eugene Nyagahene ufite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.