Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza
Share on FacebookShare on Twitter

Abashaka ubuhungiro bari mu Bwongereza bari kujyanwa mu butembere bwo guhaha, kugira ngo bidagadure binabarinde umunabi, nyuma y’uko hari abateje akaduruvayo mu kigo babamo, mu gihe hari Abongereza batangiye kubitwama bavuga ko bidakwiye.

Aba bashaka ubuhungiro bari kujyanywa mu maduka guhaha nyuma y’uko bamwe muri 400 bacumbikiwe mu kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, bashyamiranye bitewe n’ubwihebe.

Igikorwa cyo kubajyana mu maguriro, kigamije kubafasha kunezerwa, kugira ngo ubwihebe bwo kuba bari mu kigo budatuma kongera gushyamirana.

Uru rugomo rw’abimukira rwakunze kuvugwa mu bacumbikiwe ku Kibuga cy’indege cya Essex, ahari abimukira babarirwa mu bihumbi, barimo benshi binjiye nyuma yo kwambuka umupaka.

David Neal wahoze ari umwe mu bashinzwe kurinda umupaka, yasuye iki kigo kiri hafi ya Braintree mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize ndetse no muri Gashyantare 2024, nyuma y’uko muri icyo kigo havuzwe ubushyamirane hagati y’abimukira baturutse mu Bihugu bitandukanye.

Yavuze ko urwo rugomo ruterwa no “kwiheba kubera kuba ahantu hamwe” anaboneraho gutanga umuburo ko “ibi bishobora kuzongera ibyaba, birimo no kuba bashumika aho bacumbikiwe.”

Daily Mail ivuga ko muri iyi minsi, hari kugaragara imodoka zo mu bwoko bwa Minibus zinjirwamo n’aba bimukira muri buri minota 15, zikabajyana mu butembere zikabagarura bamaze gufata akayaga ko hanze banarusheho kumva ko bitaweho.

Umuturage witwa Marion Parker wo muri aka gace, yavuze ko bisekeje kubona abo bantu basohoka mu modoka bajya guhaha.

Abatuye muri aka gace kandi bavuga ko ibiri gukorerwa aba bimukira n’abashaka ubuhungiro, bihabanye na politiki yo guca intege abifuza kwinjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umwe mu bayobozi yagize “Ese ubwo biratanga ubuhe butumwa ku bandi bifuza kuza hano? Murabakoresha ingendo bidegembya mu mijyi ngo bagiye guhaha. Mu by’ukuri birasekeje.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo ndwanya uburyo bwo kwita ku binjira. Ariko ibi bisa n’ibiri guca intege itegeko ryo kugabanya ubwiyongere bw’abimukira. None kuki Abongereza badafite aho kuba, bo badakorerwa ingendo nk’izo zo kujya guhaha?”

Ibi bibaye mu gihe Guverinoma y’u Bwongereza ikomeje gukora ibishoboka kugira ngo amasezerano yagiranye n’iy’u Rwanda agamije kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, ishyirwe mu bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro

Next Post

Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Related Posts

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

The African Union (AU) stated that the actions take by the United States going to arrest the President of Venezuela...

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

by radiotv10
05/01/2026
0

Nyuma yuko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yanditse ubutumwa yibasira Ubuyobozi bwa Qatar abunenga uburyo ngo bwakoresheje ububasha bwabwo n’amafaranga kugira ngo...

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe wagaragaje ko ibyakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America, byo kujya gufata Perezida wa Venezuela...

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu...

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.