Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza
Share on FacebookShare on Twitter

Abashaka ubuhungiro bari mu Bwongereza bari kujyanwa mu butembere bwo guhaha, kugira ngo bidagadure binabarinde umunabi, nyuma y’uko hari abateje akaduruvayo mu kigo babamo, mu gihe hari Abongereza batangiye kubitwama bavuga ko bidakwiye.

Aba bashaka ubuhungiro bari kujyanywa mu maduka guhaha nyuma y’uko bamwe muri 400 bacumbikiwe mu kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, bashyamiranye bitewe n’ubwihebe.

Igikorwa cyo kubajyana mu maguriro, kigamije kubafasha kunezerwa, kugira ngo ubwihebe bwo kuba bari mu kigo budatuma kongera gushyamirana.

Uru rugomo rw’abimukira rwakunze kuvugwa mu bacumbikiwe ku Kibuga cy’indege cya Essex, ahari abimukira babarirwa mu bihumbi, barimo benshi binjiye nyuma yo kwambuka umupaka.

David Neal wahoze ari umwe mu bashinzwe kurinda umupaka, yasuye iki kigo kiri hafi ya Braintree mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize ndetse no muri Gashyantare 2024, nyuma y’uko muri icyo kigo havuzwe ubushyamirane hagati y’abimukira baturutse mu Bihugu bitandukanye.

Yavuze ko urwo rugomo ruterwa no “kwiheba kubera kuba ahantu hamwe” anaboneraho gutanga umuburo ko “ibi bishobora kuzongera ibyaba, birimo no kuba bashumika aho bacumbikiwe.”

Daily Mail ivuga ko muri iyi minsi, hari kugaragara imodoka zo mu bwoko bwa Minibus zinjirwamo n’aba bimukira muri buri minota 15, zikabajyana mu butembere zikabagarura bamaze gufata akayaga ko hanze banarusheho kumva ko bitaweho.

Umuturage witwa Marion Parker wo muri aka gace, yavuze ko bisekeje kubona abo bantu basohoka mu modoka bajya guhaha.

Abatuye muri aka gace kandi bavuga ko ibiri gukorerwa aba bimukira n’abashaka ubuhungiro, bihabanye na politiki yo guca intege abifuza kwinjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umwe mu bayobozi yagize “Ese ubwo biratanga ubuhe butumwa ku bandi bifuza kuza hano? Murabakoresha ingendo bidegembya mu mijyi ngo bagiye guhaha. Mu by’ukuri birasekeje.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo ndwanya uburyo bwo kwita ku binjira. Ariko ibi bisa n’ibiri guca intege itegeko ryo kugabanya ubwiyongere bw’abimukira. None kuki Abongereza badafite aho kuba, bo badakorerwa ingendo nk’izo zo kujya guhaha?”

Ibi bibaye mu gihe Guverinoma y’u Bwongereza ikomeje gukora ibishoboka kugira ngo amasezerano yagiranye n’iy’u Rwanda agamije kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, ishyirwe mu bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 3 =

Previous Post

Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro

Next Post

Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Related Posts

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

by radiotv10
10/12/2025
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the Government of the Democratic Republic of Congo, has confirmed that it has taken control...

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

Mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi, CNDD-FDD haravugwamo gucikamo ibice kw’abakomeyemo, bitewe no kutumvikana ku guhitamo umukandida uzarihagararira mu...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.