Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza

radiotv10by radiotv10
07/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ibiri gukorerwa abimukira mu Bwongereza hari ababinenga babifashe nko kubadabagiza
Share on FacebookShare on Twitter

Abashaka ubuhungiro bari mu Bwongereza bari kujyanwa mu butembere bwo guhaha, kugira ngo bidagadure binabarinde umunabi, nyuma y’uko hari abateje akaduruvayo mu kigo babamo, mu gihe hari Abongereza batangiye kubitwama bavuga ko bidakwiye.

Aba bashaka ubuhungiro bari kujyanywa mu maduka guhaha nyuma y’uko bamwe muri 400 bacumbikiwe mu kigo gishinzwe abinjira n’abasohoka, bashyamiranye bitewe n’ubwihebe.

Igikorwa cyo kubajyana mu maguriro, kigamije kubafasha kunezerwa, kugira ngo ubwihebe bwo kuba bari mu kigo budatuma kongera gushyamirana.

Uru rugomo rw’abimukira rwakunze kuvugwa mu bacumbikiwe ku Kibuga cy’indege cya Essex, ahari abimukira babarirwa mu bihumbi, barimo benshi binjiye nyuma yo kwambuka umupaka.

David Neal wahoze ari umwe mu bashinzwe kurinda umupaka, yasuye iki kigo kiri hafi ya Braintree mu kwezi k’Ukuboza umwaka ushize ndetse no muri Gashyantare 2024, nyuma y’uko muri icyo kigo havuzwe ubushyamirane hagati y’abimukira baturutse mu Bihugu bitandukanye.

Yavuze ko urwo rugomo ruterwa no “kwiheba kubera kuba ahantu hamwe” anaboneraho gutanga umuburo ko “ibi bishobora kuzongera ibyaba, birimo no kuba bashumika aho bacumbikiwe.”

Daily Mail ivuga ko muri iyi minsi, hari kugaragara imodoka zo mu bwoko bwa Minibus zinjirwamo n’aba bimukira muri buri minota 15, zikabajyana mu butembere zikabagarura bamaze gufata akayaga ko hanze banarusheho kumva ko bitaweho.

Umuturage witwa Marion Parker wo muri aka gace, yavuze ko bisekeje kubona abo bantu basohoka mu modoka bajya guhaha.

Abatuye muri aka gace kandi bavuga ko ibiri gukorerwa aba bimukira n’abashaka ubuhungiro, bihabanye na politiki yo guca intege abifuza kwinjira mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umwe mu bayobozi yagize “Ese ubwo biratanga ubuhe butumwa ku bandi bifuza kuza hano? Murabakoresha ingendo bidegembya mu mijyi ngo bagiye guhaha. Mu by’ukuri birasekeje.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo ndwanya uburyo bwo kwita ku binjira. Ariko ibi bisa n’ibiri guca intege itegeko ryo kugabanya ubwiyongere bw’abimukira. None kuki Abongereza badafite aho kuba, bo badakorerwa ingendo nk’izo zo kujya guhaha?”

Ibi bibaye mu gihe Guverinoma y’u Bwongereza ikomeje gukora ibishoboka kugira ngo amasezerano yagiranye n’iy’u Rwanda agamije kohereza abimukira n’abashaka ubuhungiro, ishyirwe mu bikorwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − 10 =

Previous Post

Kayonza: Abamotari bahishuye impamvu hari ahantu batagipfa gutwara igitsinagore mu masaha y’ijoro

Next Post

Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Related Posts

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuryango Uharanira Amahoro n'Imibereho myiza y’Abaturage (CPCC), watangaje ko Abantu 105 bari mu nkambi z’impunzi z’Abanyekongo ziri mu Burundi, bitabye...

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

Impanuka ikomeye yahitanye benshi muri Ethiopia bari basanzwe bari mu bibazo

by radiotv10
07/01/2026
0

Impanuka y’ikamyo yabereye mu mujyi wa Semera, mu Karere ka Afar mu majyaruguru ya Ethiopia, yari ibatwaye nk'abimukira, yahitanye abantu...

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Uwari uhanganye na Trump yakuyemo ake karenge asigira ubutumwa abamushyigikiye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.