Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

radiotv10by radiotv10
08/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi, zatashywe n’ubwoba kubera ibikorwa byo gufata no gusaka bamwe muri bo bimaze iminsi bikorwa n’igipolisi cya kiriya Gihugu, ndetse bamwe bakirukanwa bagasubizwa mu Gihugu cyabo nyamara barakivuyemo bagihunze.

Amakuru dukesha SOS Medias Burundi, avuga ko i Bujumbura hamaze iminsi hari umukwabu wo gufata no gusaka Abanyekongo bari muri uyu mujyi.

Iki kinyamakuru kivuga ko umukwabu uheruka wabaye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize, tariki 03 Ukwakira mu gace ka Mutakura ko mu majyaruguru ya Burujumbura, aho Igipolisi cy’u Burundi cyakoze isaka ridasanzwe, ryasize abiganjemo impunzi z’Abanyekongo zifashwe, zizizwa kuba zidafite ibyangombwa bizemerera gutura i Bujumbura.

Mu minsi ine mbere yo ku wa Gatanu, nanone habaye umukwabu nk’uyu mu Ntara ya Cibitoke, wasize hari benshi batawe muri yombi, aho bamwe bamaze iminsi bafungiye muri za Kasho, bakaza kurekurwa ari uko buri umwe yishyuye ibihumbi 200 by’amarundi.

Ni mu gihe abo byagaragaye ko badafite ibyangombwa, bahise boherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo banyujijwe ku Mupaka wa Gatumba-Kavimvira, mu gihe nyamara bivugwa ko ari impunzi zari zarahunze Igihugu cyabo.

Umwe mu Banyekongo bafite ijambo muri Kominote y’ababa i Bujumbura, yamaganye yivuye inyuma ibiriho bikorerwa bene wabo muri iki Gihugu cy’u Burundi.

Yagize ati “U Burundi ni Igihugu cy’inshuti na DRC. Ntitwumva uburyo abantu bakomeje gutabwa muri yombi ku bwinshi ndetse bakanirukanwa. Bamwe mu bantu bacu bari koherezwa mu bice bisanzwe birimo ibibazo by’umutekano.”

Yakomeje agira ati “Abandi ntibashaka kwaka ibyangombwa by’ubuhunzi kuko basanzwe bambuka umupaka kubera imirimo bakora kugira ngo batunge imiryango yabo hano i Bujumbura. Turasaba Guverinoma y’u Burundi guhagarika ibi bikorwa bibangamira Abanyekongo.”

Uyu Munyekongo uba i Bujumbura yakomeje avuga ko ariya mande acibwa Abanyekongo bafatwa ndetse no kohereza bamwe, bigira ingaruka ku miryango myinshi, agasaba Ambasade y’Igihugu cy’iwabo ko yaganira n’ubutegetsi bw’u Burundi, kugira ngo ibi bikorwa byo gutandukanya imiryango bihagarare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Abanyarwanda 380 batahutse bavuye muri Congo babwiwe amahirwe abategereje

Next Post

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Related Posts

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

by radiotv10
22/01/2026
0

Umuhuzabikorwa mu bya gisirikare w’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yibukije abayobozi muri iri Huriro ko bakiri mu ntambara, kandi...

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Urwego rw’uburezi mu Gihugu cy’u Burundi ruravugwamo ihungabana ryatewe n’abarimu benshi bataye akazi kuva umwaka w’amashuri wa 2025-2026 watangira, aho...

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Nyamasheke: Umugore yakuyemo inda ajugunya umwana muri wesi bitinda kumenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.