Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibiri mu kirego gishya cy’ushinja umuraperi wamamaye ku Isi wahagurukiwe n’abagore

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibiri mu kirego gishya cy’ushinja umuraperi wamamaye ku Isi wahagurukiwe n’abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe uwahoze ari umugore wa P.Diddy amureze mu rukiko ko yamuhohoteraga akamukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, uyu muraperi yarezwe n’undi mugore uvuga ko yamusambanyije mu myaka irenga 30 ishize abanje kumusindisha.

Umugore witwa Joi Dickerson Neal uvuga ko yasambanyijwe n’uyu muraperi P.Diddy, yatangaje ko mu gihe yigaga muri Kaminuza ya Syracuse University mu 1991 ari bwo bahuye bwa mbere.

Joi Dickerson avuga ko yafashwe ku ngufu na P.Diddy nyuma yo kuva gufata ifunguro rya nijoro kuri Resitora yitwa Harlem.

Mu kirego uyu mugore yatanze mu rukiko rwo muri Manhattan i New York, yavuze ko P Diddy yamushyiriye mu binyobwa ibisindisha bikaze ahita avangirwa ananirwa guhagarara no kugenda.

Umuvugizi wa P.Diddy yabwiye TMZ ko ikirego cy’uyu mugore ari ikinyoma cyahimbwe kugira ngo yangize izina rya P.Diddy ariko anabone amafaranga menshi.

Iki kirego kije nyuma y’iminsi micye, Cassandra Vantura uzwi nka ‘Cassie’ wahoze ari umukunzi wa P.Diddy, na we atanze ikirego mu rukiko arega uyu mugabo ko yamufashe ku ngufu anamushora mu bucuruzi bw’imibonano mpuzabitsina mu gihe cy’imyaka 10 mu gihe bari mu rukundo.

Cassie yavuze ko akimara gusinya muri Label ya Bad Boy Records y’umuhanzi P. Diddy, uwo uyu mugore yari afite imyaka 19 yakubiswe inshuro nyinshi na P.Diddy, anamwigisha gukoresha ibiyobyabwenge birimo urumogi byatumye ubuzima bwe bwangirika n’umuziki uramunanira.

Iki kirego cyaje guteshwa agaciro n’Urukiko, nyuma y’uko umunyamategeko w’uyu muraperi, agaragaje ko ibyatangazwaga n’uyu wahoze ari umukunzi w’umukiliya we ari ibihimbano.

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × two =

Previous Post

Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Next Post

Ireland: Igitero cy’uwitwaje icyuma cyakurikiwe n’ibitatekerezwaga

Related Posts

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyamakuru Kayitesi Yvonne wamamaye nka Tessy n’umuhanzi w’umuraperi Shizzo, bamaze igihe mu munyenga w’urukundo, basezeranye imbere y’amategeko. Aba bombi bamaze...

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

by radiotv10
08/01/2026
0

Umunyasudanikazi Nyakuecky William wamaze kwibatiza akazina ka Gaju, uba mu Rwanda, uvuga ko yanamaze kuba Umunyarwandakazi, yavuze ibintu bitatu akunda...

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

IZIHERUKA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo
MU RWANDA

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

08/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ireland: Igitero cy’uwitwaje icyuma cyakurikiwe n’ibitatekerezwaga

Ireland: Igitero cy’uwitwaje icyuma cyakurikiwe n’ibitatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.