Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Ibiri mu kirego gishya cy’ushinja umuraperi wamamaye ku Isi wahagurukiwe n’abagore

radiotv10by radiotv10
24/11/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Ibiri mu kirego gishya cy’ushinja umuraperi wamamaye ku Isi wahagurukiwe n’abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru kimwe uwahoze ari umugore wa P.Diddy amureze mu rukiko ko yamuhohoteraga akamukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato, uyu muraperi yarezwe n’undi mugore uvuga ko yamusambanyije mu myaka irenga 30 ishize abanje kumusindisha.

Umugore witwa Joi Dickerson Neal uvuga ko yasambanyijwe n’uyu muraperi P.Diddy, yatangaje ko mu gihe yigaga muri Kaminuza ya Syracuse University mu 1991 ari bwo bahuye bwa mbere.

Joi Dickerson avuga ko yafashwe ku ngufu na P.Diddy nyuma yo kuva gufata ifunguro rya nijoro kuri Resitora yitwa Harlem.

Mu kirego uyu mugore yatanze mu rukiko rwo muri Manhattan i New York, yavuze ko P Diddy yamushyiriye mu binyobwa ibisindisha bikaze ahita avangirwa ananirwa guhagarara no kugenda.

Umuvugizi wa P.Diddy yabwiye TMZ ko ikirego cy’uyu mugore ari ikinyoma cyahimbwe kugira ngo yangize izina rya P.Diddy ariko anabone amafaranga menshi.

Iki kirego kije nyuma y’iminsi micye, Cassandra Vantura uzwi nka ‘Cassie’ wahoze ari umukunzi wa P.Diddy, na we atanze ikirego mu rukiko arega uyu mugabo ko yamufashe ku ngufu anamushora mu bucuruzi bw’imibonano mpuzabitsina mu gihe cy’imyaka 10 mu gihe bari mu rukundo.

Cassie yavuze ko akimara gusinya muri Label ya Bad Boy Records y’umuhanzi P. Diddy, uwo uyu mugore yari afite imyaka 19 yakubiswe inshuro nyinshi na P.Diddy, anamwigisha gukoresha ibiyobyabwenge birimo urumogi byatumye ubuzima bwe bwangirika n’umuziki uramunanira.

Iki kirego cyaje guteshwa agaciro n’Urukiko, nyuma y’uko umunyamategeko w’uyu muraperi, agaragaje ko ibyatangazwaga n’uyu wahoze ari umukunzi w’umukiliya we ari ibihimbano.

Jolie MUKANTWALI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Kigali: Ibisobanuro by’uwafatanywe 100.000 Frw y’amiganano byagaragaje ikibyihishe inyuma

Next Post

Ireland: Igitero cy’uwitwaje icyuma cyakurikiwe n’ibitatekerezwaga

Related Posts

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishimwe Arnaud De Bosch uzwi nka DJ Toxxyk uregwa ibyaha birimo ibishingiye ku kugonga umupolisi agahita yitaba Imana, yaburanye ku...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ireland: Igitero cy’uwitwaje icyuma cyakurikiwe n’ibitatekerezwaga

Ireland: Igitero cy’uwitwaje icyuma cyakurikiwe n’ibitatekerezwaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.