Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibishobora gukurikira nyuma yuko M23 yigaruriye akandi gace n’uburyo yagafashe

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imirwano ikomeye, umutwe wa M23 wafashe agace ka Kalembe ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo katumye uyu mutwe ubu umaze kugera muri Teritwari eshanu.

Aka gace kafashwe na M23 kuri iki Cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024, nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije uyu mutwe, n’indi mitwe y’inyeshyamba irimo Nyatura APCLS na NDC-R, isanzwe ifatanya n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Uyu mutwe wa M23 ufashe aka gace ko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, n’ubundi usanzwe ufitemo imbaraga, dore ko uhafite ibice byinshi ugenzura.

Abasesenguzi bemeza ko aka gace kafashwe na M23, kari mu miterere myiza, kuko gashobora kuyifasha gufata utundi duce.

Uyu mutwe wamaze kugera muri Teritwari enye (Rutshuru, Masisi, Nyiragongo, na Lubero) muri esheshatu z’Intara ya Kivu ya Ruguru, uragaragaza ko ushobora no gufata utundi cuce two muri Beni dushobora kuyifasha kwinjira mu zindi Ntara zihana imbibi n’iyi ya Kivu ya Ruhuru.

Umudepite uhagarariye agace ka Walikale, Willy Mishiki yagaragaje akamaro k’aka gace kafashwe na M23 ka Kalembe, aho yagize ati “Iyi ntambara ubu noneho yahinduye isura…Kalembe ni agace ka nyuma katuma binjira mu Ntara za Tshopo, Kivu y’Epfo na Maniema, byuuma barushaho kwinjira mu bindi bice by’Igihugu.”

Imirwano yahanganishije umutwe wa M23 n’indi mitwe ifatanya na FARDC kuri iki Cyumweru, yasize abaturage benshi bo mu gace ka Kalembe bahungiye ku mipaka, irimo uwa Malemo, wa Kashuga, n’uwa Ihula.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko utazigera wihangana mu gihe hari imitwe ikomeje guhonyora uburenganzira bw’abantu nko kwica inzirakarengane, ahubwo ko uzajya ujya kurwanya ibyo bikorwa aho byaba bikorerwa hose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − eight =

Previous Post

Kenya: Rigathi Gachagua yahishuye icyemezo cyamutunguye yafatiwe na Perezida Ruto

Next Post

Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda

Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.