Sunday, October 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibishobora gukurikira nyuma yuko M23 yigaruriye akandi gace n’uburyo yagafashe

radiotv10by radiotv10
21/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yamaganye icyemezo cyafashwe bitunguranye n’ubutegetsi bwa Congo inavuga ikicyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imirwano ikomeye, umutwe wa M23 wafashe agace ka Kalembe ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo katumye uyu mutwe ubu umaze kugera muri Teritwari eshanu.

Aka gace kafashwe na M23 kuri iki Cyumweru tariki 20 Ukwakira 2024, nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije uyu mutwe, n’indi mitwe y’inyeshyamba irimo Nyatura APCLS na NDC-R, isanzwe ifatanya n’igisirikare cya Congo (FARDC).

Uyu mutwe wa M23 ufashe aka gace ko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, n’ubundi usanzwe ufitemo imbaraga, dore ko uhafite ibice byinshi ugenzura.

Abasesenguzi bemeza ko aka gace kafashwe na M23, kari mu miterere myiza, kuko gashobora kuyifasha gufata utundi duce.

Uyu mutwe wamaze kugera muri Teritwari enye (Rutshuru, Masisi, Nyiragongo, na Lubero) muri esheshatu z’Intara ya Kivu ya Ruguru, uragaragaza ko ushobora no gufata utundi cuce two muri Beni dushobora kuyifasha kwinjira mu zindi Ntara zihana imbibi n’iyi ya Kivu ya Ruhuru.

Umudepite uhagarariye agace ka Walikale, Willy Mishiki yagaragaje akamaro k’aka gace kafashwe na M23 ka Kalembe, aho yagize ati “Iyi ntambara ubu noneho yahinduye isura…Kalembe ni agace ka nyuma katuma binjira mu Ntara za Tshopo, Kivu y’Epfo na Maniema, byuuma barushaho kwinjira mu bindi bice by’Igihugu.”

Imirwano yahanganishije umutwe wa M23 n’indi mitwe ifatanya na FARDC kuri iki Cyumweru, yasize abaturage benshi bo mu gace ka Kalembe bahungiye ku mipaka, irimo uwa Malemo, wa Kashuga, n’uwa Ihula.

Umutwe wa M23 wakunze kuvuga ko utazigera wihangana mu gihe hari imitwe ikomeje guhonyora uburenganzira bw’abantu nko kwica inzirakarengane, ahubwo ko uzajya ujya kurwanya ibyo bikorwa aho byaba bikorerwa hose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Kenya: Rigathi Gachagua yahishuye icyemezo cyamutunguye yafatiwe na Perezida Ruto

Next Post

Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda

Menya amakuru y’ingenzi kuri CHOGM ikurikiye iyabereye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.