Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yasobanuye birambuye iby’abakinnyi batandatu b’iyi kipe bari banze kujyana na bagenzi babo mu mwiherero wo kwitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, ubu bakaba bamaze kujyayo babanje gusaba imbabazi, avuga ko ubu umwuka mu ikipe ari mama wararaye.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Kane, havuzwe inkuru y’abakinnyi batandatu ba Rayon Sports barimo na Kapiteni wayo, Rwatubyaye Abdul banze kujyana na bagenzi babo mu mwiherero wo kwitegura umukino wa nyuma w’icy’Amahoro bazahuramo na APR FC.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidel mu kiganiro yagiranye na Radio 10, yavuze ko “iyo urugamba rugiye kurangira ni bwo rukomera, mbanze mpumurize abafana ba Rayon, ntibumve ko byacitse”

Jean Fidele yemeye ko abakinnyi batarishyurwa ukwezi kwa Kane koko, ariko ko nta mukinnyi wasibye imyitozo kugeza ejo hashize, nkuko byavugwaga.

Avuga ko Umunyamabanga Mukuru wa Rayon yagiye kuganiriza abakinnyi kuri iki kibazo ndetse ko na we ubwe yagiyeyo hirya y’ejo hashize, akabizeza ko bazahembwa ukwezi kumwe uyu munsi ku wa Gatanu.

Yavuze ko basabye abakinnyi ko bagenda ku wa Kane ariko bamwe bakavuga ko bazagenda uyu munsi ku wa Gatanu bamaze guhabwa ayo mafaranga, ariko akabahakanira kuko bifuzaga ko bajya kwitegura hakiri kare.

Ariko hari bamwe mu bakinnyi bashakaga kugumura bagenzi babo, bigatuma ubuyobozi bwa Rayon bukomeza gukora ibiganiro, biza kurangira mu gitondo cy’ejo hashize bamwe bagiye, abandi bagakomeza kwinangira.

Ati “Hasigaye abakinnyi nka batandatu ariko na bo baje kubona ko abandi bagiye, front commun (imyigaragambyo) bari bakoze, igikuta bari bubatse, babonye abandi bagiye na bo batangira noneho no kwitaba telefone no kuvugisha abandi.”

Yavuze ko aba bandi baje gusaba imbabazi, ndetse bakamwandikira babimumenyesha, ati “Ndababwira nti ‘nimusange abandi, ibindi tuzabireba. Kapiteni ubwe ni we wanyandikiye nijoro saa tatu na mirongo ine n’irindwi ati ‘turi mu nzira, abandi ndabatwaye, rwose turashyira hamwe, tugiye gukina, mutubabarire ibyari byabaye’.”

Yavuze ko aba bakinnyi bagiye nyuma, ubu bageze mu mwiherero bagasangayo bagenzi babo, bakabakira neza, bakishimira ko babasanzeyo kandi ko biteguye gukora imyitozo muri iki gitondo.

Yasabye abakunzi b’iyi kipe gukomeza kuba inyuma y’ikipe yabo, kuko ubu umwuka umeze neza mu ikipe, kandi ko abakinnyi biteguye kuzitwara neza muri uyu mukino biteguye gukina na mucyeba wabo uherutse kwegukana igikombe cya Shampiyona.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 20 =

Previous Post

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Next Post

Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze
MU RWANDA

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.