Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibitamenyekanye ku byavugishije benshi kuri Rayon n’icyakurikiyeho byose bisobanuwe mu ndambure
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yasobanuye birambuye iby’abakinnyi batandatu b’iyi kipe bari banze kujyana na bagenzi babo mu mwiherero wo kwitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro, ubu bakaba bamaze kujyayo babanje gusaba imbabazi, avuga ko ubu umwuka mu ikipe ari mama wararaye.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Kane, havuzwe inkuru y’abakinnyi batandatu ba Rayon Sports barimo na Kapiteni wayo, Rwatubyaye Abdul banze kujyana na bagenzi babo mu mwiherero wo kwitegura umukino wa nyuma w’icy’Amahoro bazahuramo na APR FC.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidel mu kiganiro yagiranye na Radio 10, yavuze ko “iyo urugamba rugiye kurangira ni bwo rukomera, mbanze mpumurize abafana ba Rayon, ntibumve ko byacitse”

Jean Fidele yemeye ko abakinnyi batarishyurwa ukwezi kwa Kane koko, ariko ko nta mukinnyi wasibye imyitozo kugeza ejo hashize, nkuko byavugwaga.

Avuga ko Umunyamabanga Mukuru wa Rayon yagiye kuganiriza abakinnyi kuri iki kibazo ndetse ko na we ubwe yagiyeyo hirya y’ejo hashize, akabizeza ko bazahembwa ukwezi kumwe uyu munsi ku wa Gatanu.

Yavuze ko basabye abakinnyi ko bagenda ku wa Kane ariko bamwe bakavuga ko bazagenda uyu munsi ku wa Gatanu bamaze guhabwa ayo mafaranga, ariko akabahakanira kuko bifuzaga ko bajya kwitegura hakiri kare.

Ariko hari bamwe mu bakinnyi bashakaga kugumura bagenzi babo, bigatuma ubuyobozi bwa Rayon bukomeza gukora ibiganiro, biza kurangira mu gitondo cy’ejo hashize bamwe bagiye, abandi bagakomeza kwinangira.

Ati “Hasigaye abakinnyi nka batandatu ariko na bo baje kubona ko abandi bagiye, front commun (imyigaragambyo) bari bakoze, igikuta bari bubatse, babonye abandi bagiye na bo batangira noneho no kwitaba telefone no kuvugisha abandi.”

Yavuze ko aba bandi baje gusaba imbabazi, ndetse bakamwandikira babimumenyesha, ati “Ndababwira nti ‘nimusange abandi, ibindi tuzabireba. Kapiteni ubwe ni we wanyandikiye nijoro saa tatu na mirongo ine n’irindwi ati ‘turi mu nzira, abandi ndabatwaye, rwose turashyira hamwe, tugiye gukina, mutubabarire ibyari byabaye’.”

Yavuze ko aba bakinnyi bagiye nyuma, ubu bageze mu mwiherero bagasangayo bagenzi babo, bakabakira neza, bakishimira ko babasanzeyo kandi ko biteguye gukora imyitozo muri iki gitondo.

Yasabye abakunzi b’iyi kipe gukomeza kuba inyuma y’ikipe yabo, kuko ubu umwuka umeze neza mu ikipe, kandi ko abakinnyi biteguye kuzitwara neza muri uyu mukino biteguye gukina na mucyeba wabo uherutse kwegukana igikombe cya Shampiyona.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + twenty =

Previous Post

Icyagushije Perezida Biden imbere y’imbaga cyamenyekanye

Next Post

Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Related Posts

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

IZIHERUKA

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball
SIPORO

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Ubutumwa bw’umuburo bureba Abaturarwanda by’umwihariko urubyiruko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.