Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitangaje i Rusizi: Urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi!

radiotv10by radiotv10
15/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitangaje i Rusizi: Urutonde rw’abatishoboye ruriho n’abayobozi!
Share on FacebookShare on Twitter

Urutonde rw’abatishoboye bo mu Mudugudu wa Tuwonane wo mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bagomba guhabwa inkunga, rugaragaraho n’abakozi ba Leta. Ibyatumye bamwe mu baturage bavuga ko batabyumva.

Bamwe mu baturage bo muri uyu Mudugudu wa Tuwonane mu Kagari ka Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe, babwiye RADIOTV10 ko bumvise ko uru rutonde rwaturutse mu Kigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze(LODA) rw’abagomba gufashwa kwifasha muri gahunda zo kuzamura abatishoboye.

Gusa icyabatunguye, ni ukubonaho bamwe mu basanzwe bifashije, barimo n’abasanzwe ari abakozi ba Leta ndetse n’abari mu buyobozi bw’Inzego z’Ibanze.

Rwemamo Simon ugaruka kuri bamwe muri abo, yavuze ko harimo usanzwe ashinzwe iby’amashyamba [bakunze kwita kanyamashyamba] ati “Umugore we noneho akaba ari na SEDO (umuyobozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage) mu Murenge wa Nkanka.”

Mukeshimana Esperance na we avuga ko uru rutonde barubonyeho abasanzwe bifashishije, ahubwo abatishoboye bagakwiye kuba bariho bakaba batariho.

Ati “Urutonde ruriho abakire, ruriho umumotari witwa Jean Marie na murumuna we na we w’umumotari, hakaza na kanyamashyamba, umugore we akaba SEDO. Barifashije rwose ugeze no mu ngo zabo ukareba wasanga ari abantu b’abakomeresa bakomeye.”

Umukozi Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage mu Kagari ka Rugabano mu Murenge wa Nkanka, Bavugirije Innocent na we uri kuri uru rutonde, uvuga ko atari anabizi, avuga ko nta muyobozi wagakwiye kwishimira kuza kuri uru rutonde.

Ati “Nk’umukozi wa Leta se nyine urumva nkeneye gufashwa kandi wumva mfite ubushobozi nubwo buciriritse ariko ntekereza ko ntagakwiye kujya kuri urwo rutonde. Ubwo habayemo kwibeshya.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Dukuzumuremyi Annemarie, yatangarije RADIOTV10 ko niba urwo rutonde ruteye uko rumeze nkuko bivugwa n’abaturage, ruzakosorwa.

 

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − seven =

Previous Post

Iby’umunyeshuri wapfiriye ku ishuri bivugwa ko yari yarimwe uruhushya byinjiwemo n’inzego

Next Post

Hamenyekanye amakuru mashya arambuye ku rupfu rw’umunyeshuri washenguye benshi

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye amakuru mashya arambuye ku rupfu rw’umunyeshuri washenguye benshi

Hamenyekanye amakuru mashya arambuye ku rupfu rw’umunyeshuri washenguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.