Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’Igihugu cya Zambia kiri mu bicumbikiye bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, itangaza ko hari ibiri gukorwa kugira ngo abashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi bafatwe, baryozwe ibyo bakoze.

Kugeza muri 2019, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bumaze gutanga impapuro 1 089 zo guta muri yombi abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi, bakidegembya mu Bihugu binyuranye.

Aba Banyarwanda bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi, bari mu Bihugu binyuranye, barimo 500 bari mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, aho muri Zambia hatanzwe impapuro 15.

Minisitiri w’Ubutabera muri Zambia, Mulambo Haimbe; mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko Igihugu cye n’u Rwanda biri gukorana kugira ngo abakekwaho Jenoside bari muri Zambia bafatwe.

Avuga kandi ko ibi bishingiye ku masezerano aherutse gusinywa hagati y’Ibihugu byombi, arimo ajyanye n’ubutabera.

Yagize ati “Turi gukorana n’inzego z’ubuyobozi mu Rwanda ngo turebe ko byakorwa, cyane ko ari no gushyira mu bikorwa amasezerano y’imikoranire y’Ibihugu byombi.”

Mulambo Haimbe yakomeje agira ati “Turi gukorana mu rwego rwo gukora ibintu binyuze mu nzira zemewe n’amategeko atari uguta muri yombi abakoze Jenoside gusa ahubwo n’ubundi bufatanye muri rusange.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Rugira Amandin na we yemereye RADIOTV10 ko impande z’Ibihugu byombi zatangiye gukorana kuri izi mpapuro zo guta muri yombi abakekwaho gukora Jenoside bari muri Zambia, kugira ngo Abanyarwanda babikekwaho, bafatwe nubwo bimaze igihe kinini.

Ati “Nubwo bitihuta nkuko twifuza, ariko ntabwo tukiryamishije, turi kugikoraho.”

Rugira Amandin avuga kandi ko Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, aherutse kugirira uruzinduko muri Zambia rugamije gutuma hafatwa aba Banyarwanda bakekwaho gukora Jenoside.

Muri bariya bantu 1 089 bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi, benshi bari mu Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho habarwa abagera muri 408, muri Uganda hakaba 277, mu gihe muri Malawi hari 52, ndetse n’abandi bari mu Bihugu binyuranye birimo n’iki cya Zambia.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 9 =

Previous Post

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Next Post

Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Related Posts

Do young Rwandans really understand financial independence?

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

In Rwanda today, more young people are talking about “financial independence.” You’ll hear it on social media, in schools, and...

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

IZIHERUKA

Do young Rwandans really understand financial independence?
MU RWANDA

Do young Rwandans really understand financial independence?

by radiotv10
27/07/2025
0

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

26/07/2025
Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Itsinda ry'Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Do young Rwandans really understand financial independence?

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.