Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’Igihugu cya Zambia kiri mu bicumbikiye bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, itangaza ko hari ibiri gukorwa kugira ngo abashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi bafatwe, baryozwe ibyo bakoze.

Kugeza muri 2019, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bumaze gutanga impapuro 1 089 zo guta muri yombi abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi, bakidegembya mu Bihugu binyuranye.

Aba Banyarwanda bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi, bari mu Bihugu binyuranye, barimo 500 bari mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, aho muri Zambia hatanzwe impapuro 15.

Minisitiri w’Ubutabera muri Zambia, Mulambo Haimbe; mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko Igihugu cye n’u Rwanda biri gukorana kugira ngo abakekwaho Jenoside bari muri Zambia bafatwe.

Avuga kandi ko ibi bishingiye ku masezerano aherutse gusinywa hagati y’Ibihugu byombi, arimo ajyanye n’ubutabera.

Yagize ati “Turi gukorana n’inzego z’ubuyobozi mu Rwanda ngo turebe ko byakorwa, cyane ko ari no gushyira mu bikorwa amasezerano y’imikoranire y’Ibihugu byombi.”

Mulambo Haimbe yakomeje agira ati “Turi gukorana mu rwego rwo gukora ibintu binyuze mu nzira zemewe n’amategeko atari uguta muri yombi abakoze Jenoside gusa ahubwo n’ubundi bufatanye muri rusange.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Rugira Amandin na we yemereye RADIOTV10 ko impande z’Ibihugu byombi zatangiye gukorana kuri izi mpapuro zo guta muri yombi abakekwaho gukora Jenoside bari muri Zambia, kugira ngo Abanyarwanda babikekwaho, bafatwe nubwo bimaze igihe kinini.

Ati “Nubwo bitihuta nkuko twifuza, ariko ntabwo tukiryamishije, turi kugikoraho.”

Rugira Amandin avuga kandi ko Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, aherutse kugirira uruzinduko muri Zambia rugamije gutuma hafatwa aba Banyarwanda bakekwaho gukora Jenoside.

Muri bariya bantu 1 089 bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi, benshi bari mu Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho habarwa abagera muri 408, muri Uganda hakaba 277, mu gihe muri Malawi hari 52, ndetse n’abandi bari mu Bihugu binyuranye birimo n’iki cya Zambia.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − fifteen =

Previous Post

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Next Post

Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Itsinda ry'Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.