Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere

radiotv10by radiotv10
05/04/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibitangazwa n’Igihugu gicumbikiye abasize bakoze Jenoside bakidegembya biratanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’Igihugu cya Zambia kiri mu bicumbikiye bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, itangaza ko hari ibiri gukorwa kugira ngo abashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi bafatwe, baryozwe ibyo bakoze.

Kugeza muri 2019, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwari bumaze gutanga impapuro 1 089 zo guta muri yombi abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi, bakidegembya mu Bihugu binyuranye.

Aba Banyarwanda bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi, bari mu Bihugu binyuranye, barimo 500 bari mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika, aho muri Zambia hatanzwe impapuro 15.

Minisitiri w’Ubutabera muri Zambia, Mulambo Haimbe; mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko Igihugu cye n’u Rwanda biri gukorana kugira ngo abakekwaho Jenoside bari muri Zambia bafatwe.

Avuga kandi ko ibi bishingiye ku masezerano aherutse gusinywa hagati y’Ibihugu byombi, arimo ajyanye n’ubutabera.

Yagize ati “Turi gukorana n’inzego z’ubuyobozi mu Rwanda ngo turebe ko byakorwa, cyane ko ari no gushyira mu bikorwa amasezerano y’imikoranire y’Ibihugu byombi.”

Mulambo Haimbe yakomeje agira ati “Turi gukorana mu rwego rwo gukora ibintu binyuze mu nzira zemewe n’amategeko atari uguta muri yombi abakoze Jenoside gusa ahubwo n’ubundi bufatanye muri rusange.”

Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia, Rugira Amandin na we yemereye RADIOTV10 ko impande z’Ibihugu byombi zatangiye gukorana kuri izi mpapuro zo guta muri yombi abakekwaho gukora Jenoside bari muri Zambia, kugira ngo Abanyarwanda babikekwaho, bafatwe nubwo bimaze igihe kinini.

Ati “Nubwo bitihuta nkuko twifuza, ariko ntabwo tukiryamishije, turi kugikoraho.”

Rugira Amandin avuga kandi ko Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, aherutse kugirira uruzinduko muri Zambia rugamije gutuma hafatwa aba Banyarwanda bakekwaho gukora Jenoside.

Muri bariya bantu 1 089 bashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi, benshi bari mu Gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho habarwa abagera muri 408, muri Uganda hakaba 277, mu gihe muri Malawi hari 52, ndetse n’abandi bari mu Bihugu binyuranye birimo n’iki cya Zambia.

Juventine MURAGIJEMALIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − 4 =

Previous Post

Mu Rwanda huzuye Hoteli idasanzwe y’ubwato bureremba mu mazi

Next Post

Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Itsinda ry’Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Itsinda ry'Abaraperi batazibagirana mu Rwanda ryakoze ibyatunguye benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.