Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mezi atatu ari imbere, abakunzi ba ruhago muri Afurika bazinjira mu bihe bizira irungu, bakerecyeza amaso muri Côte d’Ivoire hazaba hari gukinirwa Igikombe cya Afurika. Nyuma y’uko hamenyekanye amatsinda, turebere hamwe ibyo umuntu yakwitega.

Tombola y’uko amakipe azahura mu matsinda, yabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kane tariki 12 Ukwakira 2023, bivuze ko buri Gihugu ubu kizi bigenzi byacyo bitatatu bizabanza guhura mu mikino yo mu matsinda.

Dusubije amaso inyuma, twareba urugendo rwa Cameroun na Senegal ifite igikombe giheruka, zahuriye mu itsinda rya 3, aho bari kumwe na Guinea na Gambia.

 

Ese Senegal yashobora kubabaza Cameroun yagiye iyiriza kenshi

Ibi Bihugu byombi bizongera guhura birwanira kuzamuka mu mikino yo gukuranwamo. Ni amakipe yombi akomeye ku Mugabane (Cameroun na Senegal) ariko by’umwihariko afitanye amateka adasanzwe.

Ni amakipe yombi yiyizi nk’amakipe akomeye cyane, dore ko n’amazina yayo abisobanura, Cameroun yitwa (indomitable Lions) mu gihe Senegal yo yitwa (Lions of Teranga).

Mu 1992 i Dakar muri Senegal, ikipe y’Igihugu ya Cameroun yasezereye Senegal muri 1/4 iyibuza amahirwe yo gukomeza muri 1/2.

Nyuma y’imyaka 10, mu 2002 muri Mali, Cameroun yasubiriye Senegal iyitsinda ku mukino wa nyuma iyitwara igikombe.

Umutoza utoza Senegal ubu Aliou Cissé yari umukinnyi icyo gihe ndetse yanahushije penaliti yari ingenzi cyane muri uyu mukino bituma Abanya-Senegal bose amarira bayatwara mu biganza.

Mu mwaka wa 2017 muri Gabon, Cameroun yongeye gusubira Senegal yongera kuyiriza ku mukino wa nyuma, iyitwara nanone igikombe cya Afurika, gusa Aliou Cissé utoza Senegal avuga ko habayeho kwihorera kwiza ubwo na bo begukana iki gikombe giheruka ndetse ikagitwarira i Yaoundé mu murwa mukuru wa Cameroun mu myaka 2 ishize.

Uko Aya makipe yagiye ahura kenshi byagiye birema uguhangana gukomeye hagati yayo ndetse kugeza ubu akaba ari namwe mu makipe macye ku Mugabane wa Afurika atozwa n’abahoze ari abakinnyi bayo bakomeye cyane. Ubwo ni Rigobert Song ku ruhande rwa Cameroun ndetse na Aliou Cissé ku ruhande rwa Senegal.

N’ubwo bisa nkaho bombi bafite amahirwe yo kuzamuka muri rino tsinda ariko ntibikuraho ko umukino uzabahuza uzaba Ari ishyiraniro.

 

Uko amatsinda ameze

  • Itsinda A: Côte d’Ivoire, Nigeria, Equatorial Guinea, Guinea Bissau
  • Itsinda B: Egypt, Ghana, Cape Verde, Mozambique
  • Itsinda C: Senegal, Cameroon, Guinea, Gambia
  • Itsinda D: Algeria, Burkina Faso, Mauritania, Angola,
  • Itsinda E: Tunisia, Mali, South Africa, Namibia,
  • Itsinda F: Morocco, DR Congo, Zambia, Tanzania.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 4 =

Previous Post

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

Next Post

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Related Posts

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

Uwari kapiteni wa Rayon aragiye: Iby’ingenzi wamenya ku ikipe yerecyejemo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
13/06/2025
0

Muhire Kevin wari kapiteni w’ikipe ya Rayon Sport, aratangazwa nk’umukinnyi mushya w’ikipe ya Jamus FC yo muri Sudani y'Epfo. Ni...

APR BBC yari ihanzwe amaso n’Abanyarwanda muri BAL yasitariye ku marembo ya Final

APR BBC yari ihanzwe amaso n’Abanyarwanda muri BAL yasitariye ku marembo ya Final

by radiotv10
11/06/2025
0

Ikipe ya APR BBC yo mu Rwanda yasezerewe muri 1/2 cy’irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) 2025 nyuma yo gutsindwa...

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

Ubutumwa bw’umutoza Mashami washimangiye ko atazakomeza n’ikipe yatandukanye na benshi

by radiotv10
10/06/2025
0

Mashami Vincent wari umutoza mukuru wa Police FC, yemeje ko atazakomezanya n’iyi kipe nyuma y’imyaka itatu yari ayimazemo, ayishimira icyizere...

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

Biri gukoranwa ibanga rikomeye: Amakuru twamenye mu igura ry’abakinnyi mu makipe ayoboye ruhago mu Rwanda

by radiotv10
09/06/2025
0

Amakipe azahagararira u Rwanda mu marushanwa mpuzamahanga APR FC na Rayon Sports, yatanze andi kujya ku isoko ryo kugura abakinnyi...

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.