Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023

radiotv10by radiotv10
13/10/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko byo kwitega nyuma y’itangazwa ry’amakuru yari ategerejwe mu Gikombe cya Afurika 2023
Share on FacebookShare on Twitter

Mu mezi atatu ari imbere, abakunzi ba ruhago muri Afurika bazinjira mu bihe bizira irungu, bakerecyeza amaso muri Côte d’Ivoire hazaba hari gukinirwa Igikombe cya Afurika. Nyuma y’uko hamenyekanye amatsinda, turebere hamwe ibyo umuntu yakwitega.

Tombola y’uko amakipe azahura mu matsinda, yabaye mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kane tariki 12 Ukwakira 2023, bivuze ko buri Gihugu ubu kizi bigenzi byacyo bitatatu bizabanza guhura mu mikino yo mu matsinda.

Dusubije amaso inyuma, twareba urugendo rwa Cameroun na Senegal ifite igikombe giheruka, zahuriye mu itsinda rya 3, aho bari kumwe na Guinea na Gambia.

 

Ese Senegal yashobora kubabaza Cameroun yagiye iyiriza kenshi

Ibi Bihugu byombi bizongera guhura birwanira kuzamuka mu mikino yo gukuranwamo. Ni amakipe yombi akomeye ku Mugabane (Cameroun na Senegal) ariko by’umwihariko afitanye amateka adasanzwe.

Ni amakipe yombi yiyizi nk’amakipe akomeye cyane, dore ko n’amazina yayo abisobanura, Cameroun yitwa (indomitable Lions) mu gihe Senegal yo yitwa (Lions of Teranga).

Mu 1992 i Dakar muri Senegal, ikipe y’Igihugu ya Cameroun yasezereye Senegal muri 1/4 iyibuza amahirwe yo gukomeza muri 1/2.

Nyuma y’imyaka 10, mu 2002 muri Mali, Cameroun yasubiriye Senegal iyitsinda ku mukino wa nyuma iyitwara igikombe.

Umutoza utoza Senegal ubu Aliou Cissé yari umukinnyi icyo gihe ndetse yanahushije penaliti yari ingenzi cyane muri uyu mukino bituma Abanya-Senegal bose amarira bayatwara mu biganza.

Mu mwaka wa 2017 muri Gabon, Cameroun yongeye gusubira Senegal yongera kuyiriza ku mukino wa nyuma, iyitwara nanone igikombe cya Afurika, gusa Aliou Cissé utoza Senegal avuga ko habayeho kwihorera kwiza ubwo na bo begukana iki gikombe giheruka ndetse ikagitwarira i Yaoundé mu murwa mukuru wa Cameroun mu myaka 2 ishize.

Uko Aya makipe yagiye ahura kenshi byagiye birema uguhangana gukomeye hagati yayo ndetse kugeza ubu akaba ari namwe mu makipe macye ku Mugabane wa Afurika atozwa n’abahoze ari abakinnyi bayo bakomeye cyane. Ubwo ni Rigobert Song ku ruhande rwa Cameroun ndetse na Aliou Cissé ku ruhande rwa Senegal.

N’ubwo bisa nkaho bombi bafite amahirwe yo kuzamuka muri rino tsinda ariko ntibikuraho ko umukino uzabahuza uzaba Ari ishyiraniro.

 

Uko amatsinda ameze

  • Itsinda A: Côte d’Ivoire, Nigeria, Equatorial Guinea, Guinea Bissau
  • Itsinda B: Egypt, Ghana, Cape Verde, Mozambique
  • Itsinda C: Senegal, Cameroon, Guinea, Gambia
  • Itsinda D: Algeria, Burkina Faso, Mauritania, Angola,
  • Itsinda E: Tunisia, Mali, South Africa, Namibia,
  • Itsinda F: Morocco, DR Congo, Zambia, Tanzania.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 5 =

Previous Post

America yabwije ukuri Congo kwanakunze kuvugwa n’u Rwanda

Next Post

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda
IMYIDAGADURO

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

by radiotv10
31/01/2026
0

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Umukobwa ukurikiranyweho gusambanya umwana w’umuhungu yabitanzeho andi makuru atunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.