Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home UDUSHYA

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

radiotv10by radiotv10
11/02/2023
in UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire
Share on FacebookShare on Twitter

Izina ni Bobi yavutse muri Gicurasi 1992, ubu ifite imyaka 30 n’amezi arengaho, ikaba ari imbwa yamaze kwandikwa mu gitabo cy’uduhigo ko ari yo mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi mu ziriho ndetse n’izindi zose zabayeho mu mateka y’Isi.

Byari biherutse kuvugwa ko imbwa ikuze kurusha izindi ku Isi ari iyo muri Ohio muri Leta Zunze Ubumwe za America, ifite imyaka 23 ariko ubu byaje kumenyekana ko iyi ikibyiruka ugereranyije na Bobi yo muri Portugal.

Tariki 01 z’uku kwezi kwa Gashyantare, byatangajwe ko iyi mbwa yitwa Bobi itunzwe n’umuryango utuye muri Costa mu gace k’igiturage kari hafi ya Leira muri Portugal, ari iyo ikuze kurusha izindi zose ku Isi.

Kuri iyi tariki ya 01 Gashyantare 2023, Bobi yari yujuje imyaka 30 n’iminsi 266 mu gihe bizwi ko imbwa imara imyaka iri hagati ya 12 na 14, none Bobi imaze kuyikuba kabiri.

Iyi mbwa ikuze kurusha izindi mu ziriho ku Isi, ni na yo yageze muri iyi myaka mu mbwa soze zabayeho mu mateka y’Isi, bikaba byanatumye ihita yandikwa mu duhigo twa Guinness World Records ihita ikura ku gahigo kari gafitwe n’iyitwa Bluey yo muri Australia yapfuye ifite imyaka 29 n’amezi 5 aho yavutse mu 1910 ikaza gupfa mu 1939.

Itariki y’amavuko ya Bobi yemejwe n’umuganga w’amatungo wo muri Portugal ndetse biza no kwemezwa n’ihuriro ry’abaveterineri muri Portugal.

https://twitter.com/GWR/status/1621162524996472834?ref_src=twsrc%5Etfw%7Ctwcamp%5Etweetembed%7Ctwterm%5E1621162524996472834%7Ctwgr%5E9a791ad881c841598c1c5cada4ece2f15aa01218%7Ctwcon%5Es1_&ref_url=https%3A%2F%2Fwww.20minutes.fr%2Finsolite%2F4021930-20230203-age-plus-30-ans-bobi-plus-vieux-chien-monde

Bobi iratangaje!!

Bobi yavutse tariki 11 Gicurasi 1992, yavukanye n’izindi mbwa eshatu, ariko nyirazo kuko atashakaga kuzitunga yaje kuzitanga zikiri ibibwana.

Uwatoje Bobi witwa Leonel Costa yavuze ko iyi mbwa yaje no kwibagirana ndetse n’aho yavukiye batakurikiranye amakuru yayo.

Uyu watoje Bobi yavuze ko iyi mbwa yakunze gushimisha abo mu muryango wayitunze, ikaba isanzwe ikunda gutembera mu mashyamba ndetse no mu mirima ihinzemo ibihingwa bitohagiye.

Ati “Kuramba kwayo kwatewe no kuba ikunda amahoro no gutuza ndetse no gukunda gutembera mu bice birimo ibiti, kure y’imijyi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 + 7 =

Previous Post

Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

Next Post

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

Related Posts

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Ibiteye amatsiko n’ibidasanzwe ku modoka nshya y’Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
07/12/2024
0

Uruganda rwa Mercedes-Benz rwamurikiye Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes G-Wagon SUV,...

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

Abanyeshuri barebeye mu ishuri amashusho ya Balthazar wabaye ikimenyabose ibyababayeho ntibabitekerezaga

by radiotv10
22/11/2024
1

Abanyeshuri batanu bo mu ishuri rya Kiliziya Gatulika ryo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya...

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

Ibidasanzwe byabaye ku mugore wibarutse mu Bushinwa byakurikiwe n’ihurizo ritamworoheye

by radiotv10
12/11/2024
0

Umugore wo mu Bushinwa, ari mu rujijo nyuma yuko umugabo we amusabye ko batandukana kuko yabyaye umwana wirabura nyamara ngo...

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

Amakuru agezweho kuri Baltasar wabaye ikimenyabose ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
08/11/2024
0

Baltasar Ebang Engonga wagarutsweho cyane ku mbuga nkoranyambaga nyuma yuko hagaragaye amashusho yafatwaga ubwo yakoranaga imibonano mpuzabitsina n’abagore 400 barimo...

Leta ya Guinea Equatorial yatangaje ikigiye gukorwa nyuma y’amashusho y’umugabo yaciye igikuba

Leta ya Guinea Equatorial yatangaje ikigiye gukorwa nyuma y’amashusho y’umugabo yaciye igikuba

by radiotv10
06/11/2024
0

Ubutegetsi bwa Guinea Equatorial bugiye kwirukana abayobozi bose baba barakoreye imibonano mpuzabitsina mu biro byabo, nyuma yuko hatahuwe amashusho y’umwe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.