Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home UDUSHYA

Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire

radiotv10by radiotv10
11/02/2023
in UDUSHYA
0
Ibiteye amatsiko ku mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi yamaze kuba ikirangirire
Share on FacebookShare on Twitter

Izina ni Bobi yavutse muri Gicurasi 1992, ubu ifite imyaka 30 n’amezi arengaho, ikaba ari imbwa yamaze kwandikwa mu gitabo cy’uduhigo ko ari yo mbwa ikuze kurusha izindi ku Isi mu ziriho ndetse n’izindi zose zabayeho mu mateka y’Isi.

Byari biherutse kuvugwa ko imbwa ikuze kurusha izindi ku Isi ari iyo muri Ohio muri Leta Zunze Ubumwe za America, ifite imyaka 23 ariko ubu byaje kumenyekana ko iyi ikibyiruka ugereranyije na Bobi yo muri Portugal.

Tariki 01 z’uku kwezi kwa Gashyantare, byatangajwe ko iyi mbwa yitwa Bobi itunzwe n’umuryango utuye muri Costa mu gace k’igiturage kari hafi ya Leira muri Portugal, ari iyo ikuze kurusha izindi zose ku Isi.

Kuri iyi tariki ya 01 Gashyantare 2023, Bobi yari yujuje imyaka 30 n’iminsi 266 mu gihe bizwi ko imbwa imara imyaka iri hagati ya 12 na 14, none Bobi imaze kuyikuba kabiri.

Iyi mbwa ikuze kurusha izindi mu ziriho ku Isi, ni na yo yageze muri iyi myaka mu mbwa soze zabayeho mu mateka y’Isi, bikaba byanatumye ihita yandikwa mu duhigo twa Guinness World Records ihita ikura ku gahigo kari gafitwe n’iyitwa Bluey yo muri Australia yapfuye ifite imyaka 29 n’amezi 5 aho yavutse mu 1910 ikaza gupfa mu 1939.

Itariki y’amavuko ya Bobi yemejwe n’umuganga w’amatungo wo muri Portugal ndetse biza no kwemezwa n’ihuriro ry’abaveterineri muri Portugal.

https://twitter.com/GWR/status/1621162524996472834?ref_src=twsrc%5Etfw%7Ctwcamp%5Etweetembed%7Ctwterm%5E1621162524996472834%7Ctwgr%5E9a791ad881c841598c1c5cada4ece2f15aa01218%7Ctwcon%5Es1_&ref_url=https%3A%2F%2Fwww.20minutes.fr%2Finsolite%2F4021930-20230203-age-plus-30-ans-bobi-plus-vieux-chien-monde

Bobi iratangaje!!

Bobi yavutse tariki 11 Gicurasi 1992, yavukanye n’izindi mbwa eshatu, ariko nyirazo kuko atashakaga kuzitunga yaje kuzitanga zikiri ibibwana.

Uwatoje Bobi witwa Leonel Costa yavuze ko iyi mbwa yaje no kwibagirana ndetse n’aho yavukiye batakurikiranye amakuru yayo.

Uyu watoje Bobi yavuze ko iyi mbwa yakunze gushimisha abo mu muryango wayitunze, ikaba isanzwe ikunda gutembera mu mashyamba ndetse no mu mirima ihinzemo ibihingwa bitohagiye.

Ati “Kuramba kwayo kwatewe no kuba ikunda amahoro no gutuza ndetse no gukunda gutembera mu bice birimo ibiti, kure y’imijyi.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × four =

Previous Post

Ukekwaho kwica umugabo we afatanyije n’abana babo haravugwa impamvu idasanzwe yabibateye

Next Post

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

Related Posts

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

Mu butumwa bw’imbamutima icyamamare Lewis Hamilton yagaragaje agahinda kenshi yatewe n’urupfu rw’imbwa ye

by radiotv10
29/09/2025
0

Umukinnyi rurangiranwa mu mukino wo gusiganwa ku modoka, Lewis Hamilton ari mu gahinda kenshi ko gupfusha imbwa ye yari ifite...

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

IFOTO: Moto yabererekeye igare iba igikoresho cyo gutuma barireba

by radiotv10
29/09/2025
0

Icyumweru cy’ibyishimo i Kigali mu Rwanda, ahari hamaze iminsi habera Shampiyona y’Isi y’Amagare yanyuze mu bice binyuranye by’uyu Murwa Mukuru...

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

Hygiene tips every Gen Z should follow to look good and feel confident

by radiotv10
20/09/2025
0

Gen Z is known for being stylish, confident, and very active online. But one thing that never goes out of...

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

by radiotv10
16/09/2025
0

Umunyamerikakazi Aevin Dugas, ari mu byishimo nyuma yo kwandikwa mu gitabo cy’abanyaduhigo ku Isi ‘Guinness World Records’, aho yagize umusatsi...

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

by radiotv10
16/07/2025
0

“You’re so fat.”  “You’ve lost so much weight.” “You would have prettier if you changed a few things.” These are...

IZIHERUKA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke
MU RWANDA

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

by radiotv10
20/11/2025
0

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

20/11/2025
Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

20/11/2025
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

Rubavu: Inzoga idasanzwe bise ‘mood’ uyinyoye arasusuruka birenze urugero agakora amahano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.