Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe habura amasaha macye ngo abana b’Ingagi 23 bahabwe amazina; imibare igaragaza ko mu myaka 18 u Rwanda rumaze rushyizeho gahunda yo ‘Kwita Izina’ umuryango w’ingangi umaze kwiyongera ku rugero rurenga 20%, ntibyagarukira aho gusa kandi, kuko n’abazisura biyongereye.

Kuri uyu wa 01 Nzeri 2023 abana b’Ingagi 33 biryamiye mu Birunga batekanye bazahuza abakomeye mu ngeri zitandukanye, aho bazitwa amazina, mu muhango unogeye ijisho ugiye kuba ku nshuro ya 19 mu kibaya kiri mu nkombe z’Ibirunga mu Kinigi.

Kuri iyi nshuro, abahungu babyawe na Intango, Ishyaka, Gutangara, Shishikara, Isaro, Icyamamare, Ingenzi, Mudakama; n’abakobwa bavutse kuri Twitabweho, Teta, Kurinda, Taraja, Sugira, Muntu, Sulubika, Inkindi, Ubudehe, Ubuhamya, Akaramata, Umurinzi, ndetse na bene karabo na Nyenyeri bazahabwa amazina yabo.

Abo ni barumuna ba bagenzi babo 352 bahawe amazina hagati y’umwaka wa 2005 kugeza muri 2023.

Mu myaka 18 igikorwa nk’iki kimaze mu Rwanda; Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere RDB rugaragaza ko umuryango w’Ingagi wiyongera ku rugero rwa 23%.

Muri icyo gihe n’umubare w’abasura u Rwanda wariyongereye uva ku bihumbi 449 byo mu mwaka wa 2006 bagera kuri 1 105 460 muri 2021. Muri uwo mwaka abasuye ingagi batanze miliyoni 113 USD.

Mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2022 izi ngagi zinjije miliyoni $ 11, mu gihe muri 2021 yari miliyoni 6USD. Naho muri 2020 yageze kuri miliyoni $5,9. Icyakora mbere y’umwaduko wa COVID-19; izi Ngagi zari zinjirije u Rwanda miliyoni $ 21,9. Iki cyorezo cyatumye urwego rw’ubukerarugendo buhomba ku rugero rwa 70%.

Icyakora mu mwaka ushize; Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yemeje ko uru rwego rutangiye kubyutsa umutwe. Aho hari mu gikorwa cyo kwita izina ku nshuro ya 17.

Icyo gihe yagize ati “Nyuma y’ibihe bikomeye bya COVID-19 byagize ingaruka ku bukerarugendo, ubu noneho ibintu bitangiye kumera neza. Ubukerarugendo bumaze kuzamuka kuri 80% ugereranyije n’uko byari bimeze mbere ya COVID-19. Amafaranga yo muri Pariki amaze no kuharenga gato. Ni intambwe nziza yo kwishimira kandi twizeye ko bizakomeza gutyo.”

Kwaguka k’uyu muryango w’Ingangi, abazishinzwe bavuga ko zikeneye no kwisanzura. Guverinoma y’u Rwanda yizeje ko igiye kwagura iyi Pariki y’Ibirunga, kandi bikazanagirira akamaro abaturiye iyi Pariki.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ubwo yayoboraga umuhango wo Kwita Izina w’umwaka ushize, yagarutse kuri iki cyifuzo cya Guverinoma.

Yagize ati “Nishimye kubamenyesha ko hari umushinga wo kwagura Pariki. Ntabwo ari umushinga uzaba utunguranye, ahubwo ni umushinga mwese muzagiramo uruhare dukurikije akamaro twavuze k’ubukerarugendo.”

RDB igaragaza ko kuva muri 2005 kugeza muri 2021 bakoresheje miliyoni 7,9 USD mu gufasha imishinga 881 y’abaturiye Pariki z’Igihugu, kandi muri yo 500 yakozwe n’abaturiye Pariki y’Ibirunga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + six =

Previous Post

Iburasirazuba: Urugero rwiza bigishijwe n’icyorezo kigeze kugariza Isi barifuza ko rugaruka

Next Post

Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.