Saturday, January 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka

radiotv10by radiotv10
31/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ibiteye amatsiko wamenya ku muryango w’Ingagi mu Rwanda witegura ibindi birori by’akataraboneka
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe habura amasaha macye ngo abana b’Ingagi 23 bahabwe amazina; imibare igaragaza ko mu myaka 18 u Rwanda rumaze rushyizeho gahunda yo ‘Kwita Izina’ umuryango w’ingangi umaze kwiyongera ku rugero rurenga 20%, ntibyagarukira aho gusa kandi, kuko n’abazisura biyongereye.

Kuri uyu wa 01 Nzeri 2023 abana b’Ingagi 33 biryamiye mu Birunga batekanye bazahuza abakomeye mu ngeri zitandukanye, aho bazitwa amazina, mu muhango unogeye ijisho ugiye kuba ku nshuro ya 19 mu kibaya kiri mu nkombe z’Ibirunga mu Kinigi.

Kuri iyi nshuro, abahungu babyawe na Intango, Ishyaka, Gutangara, Shishikara, Isaro, Icyamamare, Ingenzi, Mudakama; n’abakobwa bavutse kuri Twitabweho, Teta, Kurinda, Taraja, Sugira, Muntu, Sulubika, Inkindi, Ubudehe, Ubuhamya, Akaramata, Umurinzi, ndetse na bene karabo na Nyenyeri bazahabwa amazina yabo.

Abo ni barumuna ba bagenzi babo 352 bahawe amazina hagati y’umwaka wa 2005 kugeza muri 2023.

Mu myaka 18 igikorwa nk’iki kimaze mu Rwanda; Urwego rw’Igihugu rushinzwe iterambere RDB rugaragaza ko umuryango w’Ingagi wiyongera ku rugero rwa 23%.

Muri icyo gihe n’umubare w’abasura u Rwanda wariyongereye uva ku bihumbi 449 byo mu mwaka wa 2006 bagera kuri 1 105 460 muri 2021. Muri uwo mwaka abasuye ingagi batanze miliyoni 113 USD.

Mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2022 izi ngagi zinjije miliyoni $ 11, mu gihe muri 2021 yari miliyoni 6USD. Naho muri 2020 yageze kuri miliyoni $5,9. Icyakora mbere y’umwaduko wa COVID-19; izi Ngagi zari zinjirije u Rwanda miliyoni $ 21,9. Iki cyorezo cyatumye urwego rw’ubukerarugendo buhomba ku rugero rwa 70%.

Icyakora mu mwaka ushize; Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yemeje ko uru rwego rutangiye kubyutsa umutwe. Aho hari mu gikorwa cyo kwita izina ku nshuro ya 17.

Icyo gihe yagize ati “Nyuma y’ibihe bikomeye bya COVID-19 byagize ingaruka ku bukerarugendo, ubu noneho ibintu bitangiye kumera neza. Ubukerarugendo bumaze kuzamuka kuri 80% ugereranyije n’uko byari bimeze mbere ya COVID-19. Amafaranga yo muri Pariki amaze no kuharenga gato. Ni intambwe nziza yo kwishimira kandi twizeye ko bizakomeza gutyo.”

Kwaguka k’uyu muryango w’Ingangi, abazishinzwe bavuga ko zikeneye no kwisanzura. Guverinoma y’u Rwanda yizeje ko igiye kwagura iyi Pariki y’Ibirunga, kandi bikazanagirira akamaro abaturiye iyi Pariki.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente ubwo yayoboraga umuhango wo Kwita Izina w’umwaka ushize, yagarutse kuri iki cyifuzo cya Guverinoma.

Yagize ati “Nishimye kubamenyesha ko hari umushinga wo kwagura Pariki. Ntabwo ari umushinga uzaba utunguranye, ahubwo ni umushinga mwese muzagiramo uruhare dukurikije akamaro twavuze k’ubukerarugendo.”

RDB igaragaza ko kuva muri 2005 kugeza muri 2021 bakoresheje miliyoni 7,9 USD mu gufasha imishinga 881 y’abaturiye Pariki z’Igihugu, kandi muri yo 500 yakozwe n’abaturiye Pariki y’Ibirunga.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 4 =

Previous Post

Iburasirazuba: Urugero rwiza bigishijwe n’icyorezo kigeze kugariza Isi barifuza ko rugaruka

Next Post

Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Related Posts

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

Perfecting Your Body: The Pros and Cons of Cosmetic Surgery

by radiotv10
02/01/2026
0

In today’s world, more and more people are turning to surgery to improve the way they look. From nose jobs...

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Uganda: Icyemezo gitunguranye cyafatiwe General Kayihura washinjwaga ibirimo gushimuta Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.