Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi

radiotv10by radiotv10
24/09/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibiteye amatsiko wamenya kuri Dembélé wegukanye igihembo cy’umukinnyi w’umwaka ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Ousmane Dembélé, Umufaransa ubu uri kuvugwa muri ruhago y’Isi nyuma yo kwegukana igihembo cy’umukinnyi w’umwaka (Ballon d’Or) ku Isi, yanyuze mu mateka ashaririye, yanibutse ubwo yatangaga imbwirwaruhame ye, agafatwa n’ikiniga akarira. Turebere hamwe amwe mu mateka ye.

Amazina ye yose yitwa Masour Ousmane Dembélé, yavutse tariki 15 Gicurasi 1997, bivuze ko afite imyaka 28 y’amavuko.

Yavukiye ahitwa Vernon, Eure muri Normandy kuri Nyina w’Umunya-Mauritania na se w’UmunyaMali witwa Ousmane Dembele Sr.

Ni nyina wamufashije kuko se Ousmane Sr yaje kubata, asigira Fatumata abana batatu abarera wenyine nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru The Guardian.

Fatimataa nyina wa Ousmane Dembélé ni we w’ibanze mu muryango wahoraga yizeye ko umuhungu we azaba icyamamare ndetse yajyaga ajyana umuhungu we mu myitozo buri munsi akabifatanya no gukora imirimo itandukanye kugira ngo abashe kubitaho, ibi byavuzwe na Camara ahura bwa mbere na Dembélé muri 2012.

Mama we yamenye impano y’umuhungu we akiri muto kuko ku myaka itandatu yamujyanye i Vernon no muri Rennes mu majyaruguru y’uburasirazuba bw’u Bufaransa guhura na nyirarume Badou Sambague wari warahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru yari n’ikitegererezo gikombeye kuri Ousmane, aba ari na we umujyana mu ikipe yatangiriyemo yo hafi y’iwabo yitwa Evreux yo mu gace k’iwabo kitwa Normandy muri 2004.

Ousmane Dembélé yatangiye gukina nk’uwabize umwuga muri 2015 mu ikipe ya Rennes anatsindira igihembo cy’umukinnyi ukiri muto mwiza w’umwaka mu mwaka we wa mbere.

Taliki 12 Gicurasi 2016 Dembélé yerekeje mu Budage asinyira ikipe ya Borussia Dortmund imyaka itanu ariko ntiyayihamaze kuko nyuma yo gutwarana na yo DFB-Pokal ya 2016-2017 yahise yerekeza muri Espagne asinyira FC Barcelona hari ku tariki 25 /08/2017 yayisinyiye ku kayabo ka Miliyoni 105 z’ama-Euro.

Barca yari yagurishije Neymar muri PSG kuri miliyoni 222 Euro byari bivuze ko Dembélé yari abaye umukinnyi uhenze icyo gihe kimwe na Pogba icyo gihe Renne bayihaye Miliyoni 20 kuko ni ho yaraturutse.

FC Barcelone yatwaranye na yo ibikombe birindwi birimo ibikombe bya Shampiyona ya La Liga bitatu. Ibindi ni Copa Del Rey na Supercopa de Espana na Champions League yatwariye muri Barca mu myaka irenga itanu yayikiniye.

Taliki 12 Kanama 2023 ni bwo yasubiye iwabo mu Bufaransa asinyira ikipe ya Paris Saint Germain bamuguze miliyoni 50.4 Euro bahise bamuha nimero 23 baje guhindura bakamuha nimero 10 kuko Neymar yari yaravuye muri iyi kipe.

Ousmane Dembélé kugeza ubu umaze gutsindirira PSG ibitego 35 kongeraho Assists 14, mu mikino 53 kugeza ubu amaze gutwarana na yo ibikombe umunani birimo ibya shampiyona bibiri, Coupe de France ebyiri, Trophee des Champions ebyri, Champions League 2024 -25 na UEFA Super Cup 2025 kongeraho ko banacyuye umwanya wa kabiri mu gikombe cy’Isi cy’ama club.

Dembélé abaye umukinnyi wa 46 utwaye Ballon d’Or mu mateka yayo kuva yatangira mu 1956, abaye kandi uwa 6 uyitwaye aturuka mu Bufaransa ari na cyo Gihugu gifite abayitwaye benshi, akaba anabaye umwirabura wa kabiri uyitwaye nyuma ya Geoge Weah wayitwaye mu 1995.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Habura iminsi micye ngo habe igitaramo gitegerejwe na benshi i Kigali hongewemo umuhanzi ugezweho

Next Post

Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Related Posts

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Eng.-President Kagame highlights the benefits of strong relations between Rwanda and Egypt

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.