Wednesday, May 21, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in MU RWANDA
0
Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ishuri ‘Sainte Trinite Nyanza TSS’ ryigisha imyuga n’Ubumenyi-ngiro ryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, ryigeze guhagarika abanyeshuri mu gihe cy’ibyumweru bibiri, ubu noneho ryirukanye abandi 16 burundu, ku makosa arimo ubusinzi.

Hari hashize imyaka ibiri Ubuyobozi bw’iri shuri ryitiriwe Ubutatu Butagatifu Nyanza, n’ubundi bufashe icyemezo cyo kohereza mu ngo abanyeshuri 17 mu gihe cy’ibyumweru bibiri kubera na bwo amakosa bari bakoze.

Muri Gicurasi 2023, iri shuri ryari ryahagaritse abo banyeshuri bigaga mu mwaka wa gatandatu ribohereza mu miryango yabo, nyuma yuko hakozwe umukwabu wo gushakisha abanyeshuri bafite ibikoresho bitemewe birimo imyambaro itari iy’ishuri, bamwe bemera kuyitanga, mu gihe bariya bari boherejwe mu miryango bari binangiye ndetse bamwe bagashaka guhangana n’abarezi.

Amakuru ahari ubu, avuga ko noneho kuri iyi nshuro, ubuyobozi bw’iri shuri bwirukaniye rimwe abanyeshuri 16 na bo bigaga mu mwaka wa gatandatu, aho bashinjwa kugaragaza imyitwarire idahwitse.

Muri aba birukanywe, harimo abahungu 10 ndetse n’abakobwa batandatu (6) bitegura gukora ikizamini cya Leta.

Iyirukanwa ry’aba banyeshuri, ryemejwe n’Umuyobozi w’iri shuri, Jerome Mbiteziyaremye wabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru, ko aba banyeshuri birukanywe umunsi umwe.

Uyu muyobozi avuga ko aba banyeshuri bakomeje kurangwa n’imyitwarire mibi irimo gutoroka ishuri bakajya mu isantere bakanywa inzoga bagasubira mu kigo basinze bakanyura ahatemewe.

Yavuze ko aba banyeshuri bagiriwe inama inshuro nyinshi, ariko bagakomeza kwinangira, bikagera aho ubuyobozi bw’iri shuri bufata icyemezo cyo kubirukana burundu kuko bari baranze kureka iyi myitwarire idahwitse.

Muri aba 16 birukanywe burundu, 15 bemerewe kuzajya gukora ikizamini cya Leta ariko bataba muri iri shuri ndetse batanahakorera igikorwa cyo gusubiramo amasomo, mu gihe undi umwe we atanemerewe kuzakora icyo kizamini kubera gukabya muri ayo makosa, aho anavugwaho kurwanya umwarimu.

Icyemezo cyo kwirukana aba banyeshuri kandi cyanamenyeshejwe Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, nk’uko byatangajwe na Nadine Kayitesi-Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyanza ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, wavuze ko ubuyobozi bw’iri shuri bwavuze ko bwirukanye bariya banyeshyri kubera imyitwarire itanoze irimo gutoroka ikigo mu masaha y’ijoro bakajya kunywa inzoga mu isantere.

No muri Werurwe umwaka ushize wa 2024, ubuyobozi bw’iri shuri bwari bwafashe icyemezo cyo kwirukana burundu abanyeshuri umunani (8) na bo bigaga mu mwaka wa nyuma, bubashinja gutegura imyigaragambyo.

Iri shuri risanzwe rifite amahame rigenderaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

Next Post

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Related Posts

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyikira iterambere ryarwo

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyikira iterambere ryarwo

by radiotv10
21/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’Abibumbye, basinye amasezerano y’imikoranire ya miliyari 1,4 USD yo gushyigikira inzego z’iterambere mu gihe cy’imyaka itanu...

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
21/05/2025
0

Umuyobozi Ushinzwe Afurika mu ishami ry’Ububanyi n’Amahanga muri Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko iki Gihugu cyifuza...

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

by radiotv10
21/05/2025
0

Nzabahayo Silas uzwi nka ‘Ibya Yesu ni ku murongo’ usanzwe ari umuririmbyi w’indirimbo z’Imana ukunze kugaragara aririmba mu nsengero no...

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

Uwabaye Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda yasuye Urwibutso rwa Gisozi

by radiotv10
20/05/2025
0

Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Gambia, Hassan Bubacar Jallow wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwari rwarashyiriweho u Rwanda (TPIR/ICTR)...

Uwagaragaye mu ‘buhanuzi’ bwumvikanamo ibisa nko guca igikuba yatawe muri yombi

Uwiyita Umuhanuzi mu Rwanda wigeze gutangaza ibyumvikanamo guca igikuba yatawe muri yombi ubugirakabiri

by radiotv10
20/05/2025
0

Nibishaka Theogene wiyita umuhanuzi wigeze gutabwa muri yombi nyuma yo gutangaza amagambo yumvikanamo guca igikuba, yongeye gutabwa muri yombi ku...

IZIHERUKA

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais
AMAHANGA

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

by radiotv10
21/05/2025
0

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyikira iterambere ryarwo

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyikira iterambere ryarwo

21/05/2025
America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

21/05/2025
Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

21/05/2025
Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

21/05/2025
Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

21/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

U Rwanda rwabonye Miliyari 1.400Frw yo gushyikira iterambere ryarwo

America yongeye kuvuga ku masezerano y’amahoro ategerejwe hagati y’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.