Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in MU RWANDA
0
Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ishuri ‘Sainte Trinite Nyanza TSS’ ryigisha imyuga n’Ubumenyi-ngiro ryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, ryigeze guhagarika abanyeshuri mu gihe cy’ibyumweru bibiri, ubu noneho ryirukanye abandi 16 burundu, ku makosa arimo ubusinzi.

Hari hashize imyaka ibiri Ubuyobozi bw’iri shuri ryitiriwe Ubutatu Butagatifu Nyanza, n’ubundi bufashe icyemezo cyo kohereza mu ngo abanyeshuri 17 mu gihe cy’ibyumweru bibiri kubera na bwo amakosa bari bakoze.

Muri Gicurasi 2023, iri shuri ryari ryahagaritse abo banyeshuri bigaga mu mwaka wa gatandatu ribohereza mu miryango yabo, nyuma yuko hakozwe umukwabu wo gushakisha abanyeshuri bafite ibikoresho bitemewe birimo imyambaro itari iy’ishuri, bamwe bemera kuyitanga, mu gihe bariya bari boherejwe mu miryango bari binangiye ndetse bamwe bagashaka guhangana n’abarezi.

Amakuru ahari ubu, avuga ko noneho kuri iyi nshuro, ubuyobozi bw’iri shuri bwirukaniye rimwe abanyeshuri 16 na bo bigaga mu mwaka wa gatandatu, aho bashinjwa kugaragaza imyitwarire idahwitse.

Muri aba birukanywe, harimo abahungu 10 ndetse n’abakobwa batandatu (6) bitegura gukora ikizamini cya Leta.

Iyirukanwa ry’aba banyeshuri, ryemejwe n’Umuyobozi w’iri shuri, Jerome Mbiteziyaremye wabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru, ko aba banyeshuri birukanywe umunsi umwe.

Uyu muyobozi avuga ko aba banyeshuri bakomeje kurangwa n’imyitwarire mibi irimo gutoroka ishuri bakajya mu isantere bakanywa inzoga bagasubira mu kigo basinze bakanyura ahatemewe.

Yavuze ko aba banyeshuri bagiriwe inama inshuro nyinshi, ariko bagakomeza kwinangira, bikagera aho ubuyobozi bw’iri shuri bufata icyemezo cyo kubirukana burundu kuko bari baranze kureka iyi myitwarire idahwitse.

Muri aba 16 birukanywe burundu, 15 bemerewe kuzajya gukora ikizamini cya Leta ariko bataba muri iri shuri ndetse batanahakorera igikorwa cyo gusubiramo amasomo, mu gihe undi umwe we atanemerewe kuzakora icyo kizamini kubera gukabya muri ayo makosa, aho anavugwaho kurwanya umwarimu.

Icyemezo cyo kwirukana aba banyeshuri kandi cyanamenyeshejwe Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, nk’uko byatangajwe na Nadine Kayitesi-Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyanza ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, wavuze ko ubuyobozi bw’iri shuri bwavuze ko bwirukanye bariya banyeshyri kubera imyitwarire itanoze irimo gutoroka ikigo mu masaha y’ijoro bakajya kunywa inzoga mu isantere.

No muri Werurwe umwaka ushize wa 2024, ubuyobozi bw’iri shuri bwari bwafashe icyemezo cyo kwirukana burundu abanyeshuri umunani (8) na bo bigaga mu mwaka wa nyuma, bubashinja gutegura imyigaragambyo.

Iri shuri risanzwe rifite amahame rigenderaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + five =

Previous Post

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

Next Post

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.