Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho

radiotv10by radiotv10
21/05/2025
in MU RWANDA
0
Ibivugwa ku banyeshuri birukanywe burundu n’ishuri rimaze imyaka ibiri ryohereje abandi ngo bajye kwitekerezaho
Share on FacebookShare on Twitter

Ishuri ‘Sainte Trinite Nyanza TSS’ ryigisha imyuga n’Ubumenyi-ngiro ryo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, ryigeze guhagarika abanyeshuri mu gihe cy’ibyumweru bibiri, ubu noneho ryirukanye abandi 16 burundu, ku makosa arimo ubusinzi.

Hari hashize imyaka ibiri Ubuyobozi bw’iri shuri ryitiriwe Ubutatu Butagatifu Nyanza, n’ubundi bufashe icyemezo cyo kohereza mu ngo abanyeshuri 17 mu gihe cy’ibyumweru bibiri kubera na bwo amakosa bari bakoze.

Muri Gicurasi 2023, iri shuri ryari ryahagaritse abo banyeshuri bigaga mu mwaka wa gatandatu ribohereza mu miryango yabo, nyuma yuko hakozwe umukwabu wo gushakisha abanyeshuri bafite ibikoresho bitemewe birimo imyambaro itari iy’ishuri, bamwe bemera kuyitanga, mu gihe bariya bari boherejwe mu miryango bari binangiye ndetse bamwe bagashaka guhangana n’abarezi.

Amakuru ahari ubu, avuga ko noneho kuri iyi nshuro, ubuyobozi bw’iri shuri bwirukaniye rimwe abanyeshuri 16 na bo bigaga mu mwaka wa gatandatu, aho bashinjwa kugaragaza imyitwarire idahwitse.

Muri aba birukanywe, harimo abahungu 10 ndetse n’abakobwa batandatu (6) bitegura gukora ikizamini cya Leta.

Iyirukanwa ry’aba banyeshuri, ryemejwe n’Umuyobozi w’iri shuri, Jerome Mbiteziyaremye wabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru, ko aba banyeshuri birukanywe umunsi umwe.

Uyu muyobozi avuga ko aba banyeshuri bakomeje kurangwa n’imyitwarire mibi irimo gutoroka ishuri bakajya mu isantere bakanywa inzoga bagasubira mu kigo basinze bakanyura ahatemewe.

Yavuze ko aba banyeshuri bagiriwe inama inshuro nyinshi, ariko bagakomeza kwinangira, bikagera aho ubuyobozi bw’iri shuri bufata icyemezo cyo kubirukana burundu kuko bari baranze kureka iyi myitwarire idahwitse.

Muri aba 16 birukanywe burundu, 15 bemerewe kuzajya gukora ikizamini cya Leta ariko bataba muri iri shuri ndetse batanahakorera igikorwa cyo gusubiramo amasomo, mu gihe undi umwe we atanemerewe kuzakora icyo kizamini kubera gukabya muri ayo makosa, aho anavugwaho kurwanya umwarimu.

Icyemezo cyo kwirukana aba banyeshuri kandi cyanamenyeshejwe Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, nk’uko byatangajwe na Nadine Kayitesi-Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyanza ushinzwe Imibereho Myiza y’abaturage, wavuze ko ubuyobozi bw’iri shuri bwavuze ko bwirukanye bariya banyeshyri kubera imyitwarire itanoze irimo gutoroka ikigo mu masaha y’ijoro bakajya kunywa inzoga mu isantere.

No muri Werurwe umwaka ushize wa 2024, ubuyobozi bw’iri shuri bwari bwafashe icyemezo cyo kwirukana burundu abanyeshuri umunani (8) na bo bigaga mu mwaka wa nyuma, bubashinja gutegura imyigaragambyo.

Iri shuri risanzwe rifite amahame rigenderaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 13 =

Previous Post

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana uririmbira mu nsengero no mu biterane akurikiranyweho gusambanya umwana

Next Post

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Uwigeze kwamamara mu myidagaduro mu Rwanda yatangaje inkuru y’akababaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.