Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku ifungwa ry’uwabaye Miss w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibivugwa ku ifungwa ry’uwabaye Miss w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nshuti Divine Muheto wabaye Miss w’u Rwanda, ari na we uheruka kwambara ikamba, byemejwe ko yatawe muri yombi, ndetse dosiye y’ikirego cye ikaba yaramaze kugezwa mu Bushinjacyaha, aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birenze igipimo.

Ifungwa rya Miss Muheto, ryemejwe na Palisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024 mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda, bumenyesha ko “Miss Muheto Divine yafashwe kubera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira.”

Polisi kandi ivuga ko Miss Muheto afungiye “kugonga no kwangiza ibikorwa remezo, hamwe no guhunga nyuma yo kugonga.”

Uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibintu, rukomeza rugira ruti “Ibi ntabwo ari ubwa mbere yari abikoze. Yakorewe dosiye ishyikirizwa ubushinjacyaha.”

Umwaka ushize, Miss Muheto Divine na bwo yari yakoze impanuka, agonga inyubako, aho byavugwaga ko na bwo ibi byabaye mu masaha y’igicuku ubwo yatahaga na bwo yanyoye ibisindisha birenze igipimo.

Iyi mpanuka yabaye umwaka ushize, yamusigiye ibikomere bikomeye mu maso, ndetse imodoka yari atwaye irangirika cyane.

Ni mu gihe impanuka yakoze kuri iyi nshuro, yari imaze iminsi ivugwa mu bakurikirana amakuru y’uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda, ariko amakuru arambuye kuri yo akaba atari yakajya hanze kugeza ubwo Polisi itangaje ko yafunzwe ndetse dosiye y’ikirego cye ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha, ubusanzwe bikorwa mu gihe cy’iminsi itanu nyuma yuko umuntu atawe muri yombi.

Uyu Munyarwandakazi uheruka kwambara ikamba ry’umukobwa uhiga abandi mu bwiza, mu muco no mu bwenge mu babihataniye, ni we Miss w’u Rwanda wa 2022, ari na we irushanwa ryavagamo aba bakobwa riherukiraho nyuma yuko rihagaritswe.

Iri rushanwa rya Miss Rwanda ryahagaritswe kubera ibibazo byavuzwemo, byanatumye uwari uyoboye Kompanyi yariteguraga, Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid akurikiranwa mu Nkiko akanahamywa ibyaha yari akurikiranyweho mu rubanza rwanagarutse kuri uyu Miss wavuzwe nk’umutangabuhamya ku bikorwa byashinjwaga uyu mugabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

M23 yongeye kwikoma MONUSCO inahishura amarorerwa yongeye gukorwa na FARDC n’abayifasha

Next Post

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.