Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku ifungwa ry’uwabaye Miss w’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibivugwa ku ifungwa ry’uwabaye Miss w’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Nshuti Divine Muheto wabaye Miss w’u Rwanda, ari na we uheruka kwambara ikamba, byemejwe ko yatawe muri yombi, ndetse dosiye y’ikirego cye ikaba yaramaze kugezwa mu Bushinjacyaha, aho akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano no gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birenze igipimo.

Ifungwa rya Miss Muheto, ryemejwe na Palisi y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024 mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda, bumenyesha ko “Miss Muheto Divine yafashwe kubera gutwara ikinyabiziga yanyoye ibisindisha birengeje igipimo, kandi nta ruhushya rwo gutwara ibinyabiziga agira.”

Polisi kandi ivuga ko Miss Muheto afungiye “kugonga no kwangiza ibikorwa remezo, hamwe no guhunga nyuma yo kugonga.”

Uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibintu, rukomeza rugira ruti “Ibi ntabwo ari ubwa mbere yari abikoze. Yakorewe dosiye ishyikirizwa ubushinjacyaha.”

Umwaka ushize, Miss Muheto Divine na bwo yari yakoze impanuka, agonga inyubako, aho byavugwaga ko na bwo ibi byabaye mu masaha y’igicuku ubwo yatahaga na bwo yanyoye ibisindisha birenze igipimo.

Iyi mpanuka yabaye umwaka ushize, yamusigiye ibikomere bikomeye mu maso, ndetse imodoka yari atwaye irangirika cyane.

Ni mu gihe impanuka yakoze kuri iyi nshuro, yari imaze iminsi ivugwa mu bakurikirana amakuru y’uyu mukobwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda, ariko amakuru arambuye kuri yo akaba atari yakajya hanze kugeza ubwo Polisi itangaje ko yafunzwe ndetse dosiye y’ikirego cye ikaba yarashyikirijwe Ubushinjacyaha, ubusanzwe bikorwa mu gihe cy’iminsi itanu nyuma yuko umuntu atawe muri yombi.

Uyu Munyarwandakazi uheruka kwambara ikamba ry’umukobwa uhiga abandi mu bwiza, mu muco no mu bwenge mu babihataniye, ni we Miss w’u Rwanda wa 2022, ari na we irushanwa ryavagamo aba bakobwa riherukiraho nyuma yuko rihagaritswe.

Iri rushanwa rya Miss Rwanda ryahagaritswe kubera ibibazo byavuzwemo, byanatumye uwari uyoboye Kompanyi yariteguraga, Ishimwe Dieudonne uzwi nka Prince Kid akurikiranwa mu Nkiko akanahamywa ibyaha yari akurikiranyweho mu rubanza rwanagarutse kuri uyu Miss wavuzwe nk’umutangabuhamya ku bikorwa byashinjwaga uyu mugabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 10 =

Previous Post

M23 yongeye kwikoma MONUSCO inahishura amarorerwa yongeye gukorwa na FARDC n’abayifasha

Next Post

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Related Posts

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu muhango wabereye muri White House-Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Leta Zunze Ubumwe za America, Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, na...

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

IZIHERUKA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose
MU RWANDA

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

by radiotv10
04/12/2025
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

04/12/2025
Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amateka ariyanditse: Perezida Kagame na Tshisekedi basinye amasezerano yari atagerejwe n’Isi yose

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.