Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibivugwa ku munyamakuru ufunzwe inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku mwaka

radiotv10by radiotv10
29/01/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibivugwa ku munyamakuru ufunzwe inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku mwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Umuhoza Honoré wa kimwe mu bitangazamakuru bikorera mu Rwanda, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho guha uwo arimo umwenda Sheki itazigamiwe, ndetse akabanza kwanga kwitaba uru rwego.

Uyu munyamakuru ukorera Radio Flash na Flash TV, yatawe muri yombi ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje, tariki 26 Mutarama 2024, nyuma y’uko ahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ariko akabanza kwanga kwitaba.

Uyu munyamakuru usanzwe akorera mu Ntara y’Amajyaruguru, yahamagajwe na RIB yo mu Karere ka Musanze, ariko aza gufatirwa mu Karere ka Gakenke.

Amakuru avuga ko hari umuntu yarimo umwenda w’ibihumbi 400 Frw, akaza kumusinyira Sheki, mu gihe undi na we yahise amujyana kuri RIB kuko itari izigamiwe.

Ifungwa ry’uyu munyamakuru, rwemejwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, wavuze ko ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Muhoza mu Karere ka Musanze.

Yagize ati “Ni byo yafashwe nyuma yo kwanga kwitaba Ubugenzacyaha. Arakekwaho gutanga sheki itazigamiye.”

Dr Murangira kandi agira inama abantu banga kwitaba Ubugenzacyaha, ko biba bishobora kongera ibyago byo gukurikiranwa bafunze, kuko nk’uyu munyamakuru yafatiwe mu Karere gatandukanye n’ako yahamagariwemo.

Avuga ko ibi biba bigaragaza ko umuntu ashaka gutoroka Ubugenzacyaha, ku buryo iyo afashwe, akurikiranwa afunze kugira ngo adakomeza gukwepa inzego.

Uyu munyamakuru Umuhoza Honoré atawe muri yombi nyuma y’amezi macye n’ubundi afunzwe, aho mu ntangiro za Nzeri umwaka ushize wa 2023 na bwo yari yatawe muri yombi, bwo akurikiranyweho gukwirakwiza ibiteye isoni.

Ibi byaha yakekwagaho, byabaga bishingiye ku biganiro yatambutsaga ku muyoboro wa YouTube biganisha cyane ku busambanyi, nyuma aza gufungurwa by’agateganyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Kirehe: Itorero ryakagombye kubaha urugero rwiza bararishinja amahugu

Next Post

Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano
IBYAMAMARE

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

Ishuri bamwe bateye umugongo ngo ni iry’imyuga ryakoze ibyatumye benshi bayigirira inyota

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.