Friday, October 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas

radiotv10by radiotv10
10/10/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibivugwa nyuma y’intambwe ikomeye mu guhagarika intambara ya Israel na Hamas
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko impande zombi hagati ya Israel na Hamas zemeranyijwe guhagarika intambara imaze imyaka ibiri, izi mpande zanagaragaje ko zishimiye kugera kuri uyu mwanzuro.

Ibi byagaragajwe ubwo Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yahuraga n’intumwa za Trump zirimo A Steve Witkoff na Jared Kushner bagize uruhare rukomeye mu gufasha impande zombi kugera ku masezerano yo guhagarika imirwano hagati ya Israel na Hamas.

Ibi umukuru wa Guverinoma ya Israel yabigarutseho nyuma yo kugirana inama n’abagize Guverinoma na bo  bemeje ko ayo masezerano ashyirwa mu bikorwa.

Ibi kandi ni na ko byari bimeze ku ruhande rwa Hamas aho umuyobozi wari uhagarariye ibiganiro Khalil al-Hayya yatangaje iby’aya masezerano yo guhagarika intambara muri Gaza, avuga ko ari intsinzi yo kwihangana baharaniye.

Mu ijambo Khalil al-Hayya, yagejeje ku Banya-Palestina bo muri Gaza, yagarutse ku bwitange n’agaciro byabaranze imyaka ibiri ishize batangiye kugabwaho ibitero, abashimira uburyo bakomeje kwihangana n’ubutwari mu gihe cy’ibitero by’indege, inzara ndetse no gukurwa mu byabo kwagira kubaho.

Al-Hayya yavuze ko ayo masezerano azarangiza ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bya Israheli, kandi akazemeza guhagarika burundu imirwano, gusohora ingabo za Israel muri Gaza, ndetse no gufungura imipaka ya Gaza kugira ngo ubutabazi bushoboke.

Yongeyeho ko ayo masezerano arimo n’irekurwa ry’imfungwa zirimo abantu 250 bakatiwe burundu, n’abandi 1 700 bafashwe kuva ku wa 07 Ukwakira 2023 barimo abagore n’abana.

Yashimye kandi uruhare rwa Misiri, Qatar, Turukiya na Leta Zunze Ubumwe za America mu kuba abahuza, kandi asezeranya gukomeza ibikorwa bigamije kubaka Leta ya Palestina ifite Yeruzalemu nk’Umurwa Mukuru wayo.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 14 =

Previous Post

Why African parents struggle to understand “Influencer Jobs”

Next Post

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Related Posts

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

by radiotv10
10/10/2025
0

Umuyobozi w’abatavuga rumwe na Leta muri Venezuela, Maria Corina Machado, ni we watsindiye igihembo cy’amahoro cyitiriwe Nobel aho kuba Perezida...

Muri Congo rwongeye kwambikana M23 iteguza gufata akandi gace

Amakuru aramutse i Walikare muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

by radiotv10
10/10/2025
0

Mu gace ka Kibati muri Gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruhuru, haramutse imirwano...

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

Uko utubari twatumye hahindurwa umuvinyo ukoreshwa mu misa za Kiliziya Gatulika

by radiotv10
10/10/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Kenya yafashe icyemezo cyo guhindura divayi yakoreshwaga mu gutura igitambo cy’Ukarisitiya kuri Alitari, nyuma yuko iyakoreshwaga yari...

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

Hagiye hanze amakuru atarahise amenyekana ku mbabazi Netanyahu yasabye PM wa Qatar

by radiotv10
08/10/2025
0

Imbabazi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu aherutse gusaba uwa Qatar, byamenyekanye ko yabitegetswe na Perezida Donald Trump wa America...

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

Ibiri gukorerwa impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi byatumye zitahwa n’ubwoba

by radiotv10
08/10/2025
0

Impunzi z’Abanyekongo ziri i Bujumbura mu Burundi, zatashywe n’ubwoba kubera ibikorwa byo gufata no gusaka bamwe muri bo bimaze iminsi...

IZIHERUKA

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo
MU RWANDA

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

by radiotv10
10/10/2025
0

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

10/10/2025
Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

10/10/2025
Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

Asa n’uwavanze amasaka n’amasakaramentu-Evode Uwizeyimana avuga ku byatangajwe na Tshisekedi

10/10/2025
BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

BREAKING: Trump birangiye abuze Igihembo yifuzaga ku Isi gihabwa utavuga rumwe n’ubutegetsi bw’Igihugu kimwe

10/10/2025
Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

Umuvugizi wa Perezidansi y’u Rwanda yavuze ibigaragaza ko ibyatangajwe na Tshisekedi ari urwiyerurutso

10/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Abatuye hamwe mu hibasiwe n’ibiza byishe abarenga 100 mu Rwanda ubwoba bwongeye kubataha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

‘Bishop Gafaranga’ umaze amezi atanu afunze yahamijwe ibyaha ariko afatirwa icyemezo gituma afungurwa

Eng.-Evode Uwizeyimana criticizes Tshisekedi’s “contradictory and chaotic” speeches

Urujijo ku nkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuryango wari uryamye mu gicuku

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.