Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

radiotv10by radiotv10
04/01/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
Share on FacebookShare on Twitter

“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu Bihugu byiganjemo ibisanzwe bidahuza umurongo na Leta Zunze Ubumwe za America nyuma yuko zigiye gufatira Perezida Nicolás Maduro Moros mu Gihugu cye.

Mu rukerero rwo kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa saba n’igice z’igicuku muri Venezuela, ubwo kajugujugu zitwaye Abakomando b’umutwe wa gisirikare wihariye wa Delta Force binjiraga i Caracas, ku nyubako yarimo Maduro bakabanza kuyigota ubundi bakinjiramo, bakamufata we n’umugore we.

Nyuma y’ibi bitero, Perezida Donald Trump wa America yavuze ko Igihugu cye cyagabye ibitero bikomeye kuri Venezuela, kigafata umuyobozi w’iki Gihugu, Perezida Nicolàs Maduro n’umugore we.

Nyuma yuko Trump avuze kandi ko Maduro n’umugore we bahise bavanwa mu Gihugu cyabo, Umushinjacyaha Mukuru wa US, Pam Bondi, yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu cya Venezuela n’Umugore we bamaze kuregerwa Urukiko rwo mu mujyi wa Southern District i New York.

Pam Bondi yavuze ko aba bombi baregwa ibyaha bifitanye isano no gucuruza ibiyobyabwenge, birimo Kwinjiza muri America ikiyobyabwenge cya Cocaine, ndetse n’ibindi byaha bikomeye birimo umugambi w’iterabwoba, gutunga intwaro za machinegun n’ibindi biturika bigambiriye kugirira nabi America.

Uyu Mushinjacyaha kandi yatangaje ko mu gihe cya vuba aba bombi bazatangira kuryozwa ibyaha n’ubutabera bwa America mu nkiko zo muri iki Gihugu.

 

Amahanga amwe ntabyumva

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wumvikanye avuga ko ibyakozwe n’iki Gihugu nta kindi ku Isi cyabikora,  gusa abategetsi mu Bihugu binyuranye babyamaganiye kure.

Nk’Ibihugu byose byo muri America y’Amajyepfo ukuyemo Argentine kimwe n’ibyo ku Mugabane wa Asia, byamaganye ibi byakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America.

Perezida wa Colombia, Gustavo Petro yatangaje ko ibi byakozwe na America ari “igitero ku busugire bwa America y’Epfo”, kandi ko ari ukuvogera bidakwiye kubaho.

Perezida wa Cuba, Miguel Diaz-Canel we yise iriya operasiyo, “igikorwa cy’ubugizi bwa nabi” no kurenga ku mategeko mpuzamahanga yo kubaha ubusugire bw’Igihugu.

Uyu muyobozi w’Igihugu gisanzwe kidacana uwaka na America, yavuze ko yamaganye yivuye inyuma iki gikorwa, kandi ko Igihugu cye cyifuza ko habaho igisubizo cya vuba na bwangu ku muryango mpuzamahanga.

Luiz Inácio Lula da Silva, Perezida wa Brazil na we yavuze ko kiriya gitero kuri Venezuela n’ifatwa rya Perezida w’iki Gihugu, ari ukurenga umurongo utukura.

Yavuze ko ari “igitero simusiga ku busugire bwa Venezuela, ndetse ni n’urugero rwa vuba rw’ibiteye impungenge ku muryango mpuzamahanga wose.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Seyed Abbas Araghchi na we yamaganye kiriya gikorwa, avuga ko ari “ukurenga ku busugire n’ubwigenge bw’Igihugu” nka Venezuela kandi ko ari uruhurirane rwo guhonyora mu buryo butaziguye amahame shingiro n’amasezerano by’Umuryango w’Abibumbye, byumwihariko ibirebana no kubuza Ibihugu gutera no kuvogera ibindi.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei na we wamaganye yivuye inyuma ibi byakozwe na America, yavuze ko iki Gihugu gikomeje kurangwa n’imitegekere y’ubwibone.

Yagize ati “Igiteye impungenge ni uburyo umwirasi akomeje gutegekesha ubwirasi ku bategetsi, ku Gihugu, arimo abantu bagomba guhaguruka bagahangana n’umwanzi bakabyamagana.”

Yavuze ko ubu ari uburyo bw’akajagari n’urugomo bikomeje kwimakazwa n’abanyembaraga bakomeje gupyinagaza abanyantege nke.

Sergey Lavrov, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya umucyeba ukomeye wa America, yatangaje ko iki ari igikorwa cy’ubushotoranyi ku Gihugu gifite ubwigenge, kandi giteye impungenge cyane, gikwiye kwamaganirwa kure.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + seven =

Previous Post

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Next Post

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.