“Ni igitero cy’iterabwoba”, “ni uguhonyora amategeko mpuzamahanga”, “ni ubushotoranyi buteye impungenge”… Ni bumwe mu butumwa bukomeje gutangwa na bimwe mu Bihugu byiganjemo ibisanzwe bidahuza umurongo na Leta Zunze Ubumwe za America nyuma yuko zigiye gufatira Perezida Nicolás Maduro Moros mu Gihugu cye.
Mu rukerero rwo kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa saba n’igice z’igicuku muri Venezuela, ubwo kajugujugu zitwaye Abakomando b’umutwe wa gisirikare wihariye wa Delta Force binjiraga i Caracas, ku nyubako yarimo Maduro bakabanza kuyigota ubundi bakinjiramo, bakamufata we n’umugore we.
Nyuma y’ibi bitero, Perezida Donald Trump wa America yavuze ko Igihugu cye cyagabye ibitero bikomeye kuri Venezuela, kigafata umuyobozi w’iki Gihugu, Perezida Nicolàs Maduro n’umugore we.
Nyuma yuko Trump avuze kandi ko Maduro n’umugore we bahise bavanwa mu Gihugu cyabo, Umushinjacyaha Mukuru wa US, Pam Bondi, yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu cya Venezuela n’Umugore we bamaze kuregerwa Urukiko rwo mu mujyi wa Southern District i New York.
Pam Bondi yavuze ko aba bombi baregwa ibyaha bifitanye isano no gucuruza ibiyobyabwenge, birimo Kwinjiza muri America ikiyobyabwenge cya Cocaine, ndetse n’ibindi byaha bikomeye birimo umugambi w’iterabwoba, gutunga intwaro za machinegun n’ibindi biturika bigambiriye kugirira nabi America.
Uyu Mushinjacyaha kandi yatangaje ko mu gihe cya vuba aba bombi bazatangira kuryozwa ibyaha n’ubutabera bwa America mu nkiko zo muri iki Gihugu.
Amahanga amwe ntabyumva
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump wumvikanye avuga ko ibyakozwe n’iki Gihugu nta kindi ku Isi cyabikora, gusa abategetsi mu Bihugu binyuranye babyamaganiye kure.
Nk’Ibihugu byose byo muri America y’Amajyepfo ukuyemo Argentine kimwe n’ibyo ku Mugabane wa Asia, byamaganye ibi byakozwe na Leta Zunze Ubumwe za America.
Perezida wa Colombia, Gustavo Petro yatangaje ko ibi byakozwe na America ari “igitero ku busugire bwa America y’Epfo”, kandi ko ari ukuvogera bidakwiye kubaho.
Perezida wa Cuba, Miguel Diaz-Canel we yise iriya operasiyo, “igikorwa cy’ubugizi bwa nabi” no kurenga ku mategeko mpuzamahanga yo kubaha ubusugire bw’Igihugu.
Uyu muyobozi w’Igihugu gisanzwe kidacana uwaka na America, yavuze ko yamaganye yivuye inyuma iki gikorwa, kandi ko Igihugu cye cyifuza ko habaho igisubizo cya vuba na bwangu ku muryango mpuzamahanga.
Luiz Inácio Lula da Silva, Perezida wa Brazil na we yavuze ko kiriya gitero kuri Venezuela n’ifatwa rya Perezida w’iki Gihugu, ari ukurenga umurongo utukura.
Yavuze ko ari “igitero simusiga ku busugire bwa Venezuela, ndetse ni n’urugero rwa vuba rw’ibiteye impungenge ku muryango mpuzamahanga wose.”
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Seyed Abbas Araghchi na we yamaganye kiriya gikorwa, avuga ko ari “ukurenga ku busugire n’ubwigenge bw’Igihugu” nka Venezuela kandi ko ari uruhurirane rwo guhonyora mu buryo butaziguye amahame shingiro n’amasezerano by’Umuryango w’Abibumbye, byumwihariko ibirebana no kubuza Ibihugu gutera no kuvogera ibindi.
Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei na we wamaganye yivuye inyuma ibi byakozwe na America, yavuze ko iki Gihugu gikomeje kurangwa n’imitegekere y’ubwibone.
Yagize ati “Igiteye impungenge ni uburyo umwirasi akomeje gutegekesha ubwirasi ku bategetsi, ku Gihugu, arimo abantu bagomba guhaguruka bagahangana n’umwanzi bakabyamagana.”
Yavuze ko ubu ari uburyo bw’akajagari n’urugomo bikomeje kwimakazwa n’abanyembaraga bakomeje gupyinagaza abanyantege nke.
Sergey Lavrov, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya umucyeba ukomeye wa America, yatangaje ko iki ari igikorwa cy’ubushotoranyi ku Gihugu gifite ubwigenge, kandi giteye impungenge cyane, gikwiye kwamaganirwa kure.
RADIOTV10











