Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iburasirazuba: Hagaragajwe imyitwarire y’abakoze Jenoside bafungurwa ku mbabazi ibabaza abayirokotse

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Hagaragajwe imyitwarire y’abakoze Jenoside bafungurwa ku mbabazi ibabaza abayirokotse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Ntara y’Iburasirazuba, bavuga ko bababazwa no kuba ababahemukiye basabira imbabazi muri Gereza, bagafungurwa ariko bagera mu miryango aho batuye ntibasabe imbabazi abo bahemukiye. 

Mu buhamya bwagiye butangwa mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abayikotse bagiye bagaragaza ko hari ababahemukiye ndetse bakanabicira ababo bagiye bafungwa, nyuma bagasaba imbabazi muri Gereza.

Bavuga ko ikibashengura ari ukuba abo basabiye imbabazi muri Gereza, bagera hanze ntibazisabe n’abo bahemukiye, bakumva izo mbabazi basabiye muri Gereza ziba zituzuye.

Umwe mu barokotse Jenoside, avuga ko baba bifuza gutanga imbabazi “ariko ntabwo wababarira utagusabye imbabazi. Abo duturanye na bo sindumva usaba imbabazi, kandi ari bo bishe abacu.”

Yakomeje agira ati “Barabafashe baranabafunga, nyuma ngo basabye imbabazi, baragaruka ubu baragaramye hariya ariko ntawaje kudusaba imbabazi. Ubwo imbabazi bazihawe na Leta ariko twe nta mbabazi badusabye, iyo baza kuzidusaba ariko natwe twakazibahaye.”

Ni mu gihe bamwe bakoze Jenoside bagasaba imbabazi, banagera hanze kabazisaba abo bahemukiye, bavuga ko bibafasha cyane.

Ukeye Albertine ati “Uyu munsi tubanye neza, iyo duhuye turasuhuzanya, tugakomeza ubuzima busanzwe.”

Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside mu Nteko Ishingamategeko Umutwe w’Abadepite, Nyirahirwa Veneranda agaragaza ko hakiri urugendo mu gusaba imbabazi.

Mu bushakashatsi buheruka bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), bugaragaza ko ibipimo by’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda; nko mu mwaka wa 2020 byari kuri 94,7% bivuye kuri 92,7% mu 2015 na 82% mu 2010.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

Menya umwanya Kaminuza yo mu Rwanda iriho muri 88 muri Sub-Saharan Africa

Next Post

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.