Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iburasirazuba: Hagaragajwe imyitwarire y’abakoze Jenoside bafungurwa ku mbabazi ibabaza abayirokotse

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Hagaragajwe imyitwarire y’abakoze Jenoside bafungurwa ku mbabazi ibabaza abayirokotse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Ntara y’Iburasirazuba, bavuga ko bababazwa no kuba ababahemukiye basabira imbabazi muri Gereza, bagafungurwa ariko bagera mu miryango aho batuye ntibasabe imbabazi abo bahemukiye. 

Mu buhamya bwagiye butangwa mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abayikotse bagiye bagaragaza ko hari ababahemukiye ndetse bakanabicira ababo bagiye bafungwa, nyuma bagasaba imbabazi muri Gereza.

Bavuga ko ikibashengura ari ukuba abo basabiye imbabazi muri Gereza, bagera hanze ntibazisabe n’abo bahemukiye, bakumva izo mbabazi basabiye muri Gereza ziba zituzuye.

Umwe mu barokotse Jenoside, avuga ko baba bifuza gutanga imbabazi “ariko ntabwo wababarira utagusabye imbabazi. Abo duturanye na bo sindumva usaba imbabazi, kandi ari bo bishe abacu.”

Yakomeje agira ati “Barabafashe baranabafunga, nyuma ngo basabye imbabazi, baragaruka ubu baragaramye hariya ariko ntawaje kudusaba imbabazi. Ubwo imbabazi bazihawe na Leta ariko twe nta mbabazi badusabye, iyo baza kuzidusaba ariko natwe twakazibahaye.”

Ni mu gihe bamwe bakoze Jenoside bagasaba imbabazi, banagera hanze kabazisaba abo bahemukiye, bavuga ko bibafasha cyane.

Ukeye Albertine ati “Uyu munsi tubanye neza, iyo duhuye turasuhuzanya, tugakomeza ubuzima busanzwe.”

Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside mu Nteko Ishingamategeko Umutwe w’Abadepite, Nyirahirwa Veneranda agaragaza ko hakiri urugendo mu gusaba imbabazi.

Mu bushakashatsi buheruka bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), bugaragaza ko ibipimo by’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda; nko mu mwaka wa 2020 byari kuri 94,7% bivuye kuri 92,7% mu 2015 na 82% mu 2010.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + eighteen =

Previous Post

Menya umwanya Kaminuza yo mu Rwanda iriho muri 88 muri Sub-Saharan Africa

Next Post

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Related Posts

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye
MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.