• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Iburasirazuba: Hagaragajwe imyitwarire y’abakoze Jenoside bafungurwa ku mbabazi ibabaza abayirokotse

radiotv10by radiotv10
03/07/2023
in MU RWANDA
0
Iburasirazuba: Hagaragajwe imyitwarire y’abakoze Jenoside bafungurwa ku mbabazi ibabaza abayirokotse
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Ntara y’Iburasirazuba, bavuga ko bababazwa no kuba ababahemukiye basabira imbabazi muri Gereza, bagafungurwa ariko bagera mu miryango aho batuye ntibasabe imbabazi abo bahemukiye. 

Mu buhamya bwagiye butangwa mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Abayikotse bagiye bagaragaza ko hari ababahemukiye ndetse bakanabicira ababo bagiye bafungwa, nyuma bagasaba imbabazi muri Gereza.

Bavuga ko ikibashengura ari ukuba abo basabiye imbabazi muri Gereza, bagera hanze ntibazisabe n’abo bahemukiye, bakumva izo mbabazi basabiye muri Gereza ziba zituzuye.

Umwe mu barokotse Jenoside, avuga ko baba bifuza gutanga imbabazi “ariko ntabwo wababarira utagusabye imbabazi. Abo duturanye na bo sindumva usaba imbabazi, kandi ari bo bishe abacu.”

Yakomeje agira ati “Barabafashe baranabafunga, nyuma ngo basabye imbabazi, baragaruka ubu baragaramye hariya ariko ntawaje kudusaba imbabazi. Ubwo imbabazi bazihawe na Leta ariko twe nta mbabazi badusabye, iyo baza kuzidusaba ariko natwe twakazibahaye.”

Ni mu gihe bamwe bakoze Jenoside bagasaba imbabazi, banagera hanze kabazisaba abo bahemukiye, bavuga ko bibafasha cyane.

Ukeye Albertine ati “Uyu munsi tubanye neza, iyo duhuye turasuhuzanya, tugakomeza ubuzima busanzwe.”

Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no kurwanya Jenoside mu Nteko Ishingamategeko Umutwe w’Abadepite, Nyirahirwa Veneranda agaragaza ko hakiri urugendo mu gusaba imbabazi.

Mu bushakashatsi buheruka bwakozwe na Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), bugaragaza ko ibipimo by’ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda; nko mu mwaka wa 2020 byari kuri 94,7% bivuye kuri 92,7% mu 2015 na 82% mu 2010.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Menya umwanya Kaminuza yo mu Rwanda iriho muri 88 muri Sub-Saharan Africa

Next Post

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Kwibohora29: Ubutumwa bukomeye bwa Perezida Kagame bureba buri Munyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.